Gabiro uherutse gusohora Igikwe na Criminal Love yakoze impanuka ikomeye #rwanda #RwOT

Written by

in

Ni impanuka ikomeye nk’uko abayibonye babivuga aho yabereye mu Murenge wa Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge mu muhanda umanuka Rwampara werecyeza i Gikondo.

Gabiro Guitar wari kumwe na Producer Niz Beat ndetse na Dj Theo wari uyitwaye, bose bavuyemo ari bataraga ariko imodoka barimo yangiritse bikabije ndetse n’igipangu bangotse kirangirika.

DJ Theo wari utwaye iriya modoka, ngo y yakatiye indi modoka, yari yuzuye umuhanda, ashiduka yataye umuhanda agonga igipangu cy’abandi.

Nta bikomere bikabije bagize uretse Niz Beat wagize ikibazo cyo mu gatuza.

UKWEZI.RW

Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Gabiro-uherutse-gusohora-Igikwe-na-Criminal-Love-yakoze-impanuka-ikomeye

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *