APR FC yakoze imyitozo ya nyuma, Adil aha icyizere abakunzi ba APR FC (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

APR FC yakoze imyitozo ya nyuma yitegura umukino wo kwisyura w’ijonjora rya nyuma rya CAF Champions League aho izakina na Etoil du Sahel yo muri Tunisia ku munsi w’ejo.

Ni imyitozo yabereye kuri Stade de Monastir izakira uyu mukino ku munsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 23 Ukwakira 2021 saa 15h z’i Kigali mu Rwanda.

Umutoza wa APR FC, Mohammed Adil Erradi akaba yavuze ko ikipe imeze neza kandi bafite icyizere cyo gusezerera Etoile du Sahel bakagera mu matsinda.

Yagize ati' Turiteguye neza nta kibazo, ku ruhande rwacu nta gitutu kituriho habe na gato, abakinnyi bacu bose tubafitiye icyizere kuko bose bameze neza kandi bariteguye.'

Umukino ubanza wabereye i Kigali, amakipe yombi yanganyije 1-1. APR FC ikaba isabwa gutsinda cyangwa se kunganya biri hejuru y’igitego 1 kugira ngo igere mu cyiciro cy’amatsinda ya Champions League.

Kapiteni wa APR FC, Jacques Tuyisenge yakoze imyitozo ya nyuma neza cyane

Omborenga Fitina (25), ni umwe mu bitezwe ku mukino w’ejo

Rutahizamu Nshuti Innocent

Buregeya Prince uzaba uyoboye ubusatirizi bwa APR FC

Mugunga Yves ashobora kubanza mu kibuga ku munsi w’ejo

Isimwe Anicet, nk’ibisanzwe byitezwe ko azinjira mu kibuga asimbura

Anicet ahanganiye umupira na Mugunga Yves

Itangishaka Blaise

Abatoza ba APR FC bafite icyizere

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/apr-fc-yakoze-imyitozo-ya-nyuma-adil-aha-icyizere-abakunzi-ba-apr-fc-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *