RDC: Inyeshyamba za CODECO zishe abaturage 12 mu gitero bagabye i Mambisa #rwanda #RwOT

Written by

in

Abantu 12 bishwe mu gitero cyagabwe ku wa gatanu tariki ya 31 Werurwe n'inyeshyamba za CODECO

Agace aba baturage biciwemo n'agacukurwamo amabuye y'agaciro ya Wala no mu yindi midugudu itanu yegeranye nk'uko ubuyobozi bwa Mambisa mu karere ka Djugu babitangaje

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko abasirikare bitwaje intwaro nyinshi babateye banabatwikira inzu bituma abaturage bata ingo nzabo ubu bari ku gasozi.

FARDC yagize icyo ikora kugira ngo ihige uyu mutwe witwaje intwaro no kuwukumira byimbitse kugirango barinde abaturage.

Source : https://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/umutekano/article/rdc-inyeshyamba-za-codeco-zishe-abaturage-12-mu-gitero-bagabye-i-mambisa

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *