Ubwato ni bwo buri kwifashishwa mu muhanda Nzove- Rutonde -Ruli (Amafoto) – #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu Kagari ka Rutonde, Umurenge wa Shyorongi mu Karere ka Rulindo hari hasanzwe hari agace k'umuhanda kegereye Nyabarongo cyane. Kuri ubu amazi y'uyu mugezi yaharenze bituma nta modoka cyangwa moto ibasha kuhatambuka.

Umunyamakuru wa IGIHE wagezeyo yasanze bitanashoboka ko abantu bahanyura n'amaguru kuko habaye nk'ikiyaga bisaba ko hifashishwa ubwato ahari hasanzwe ari mu muhanda w'igitaka.

Amazi yasatiriye ubutaka ku buryo n'amafi abantu bari kuyarobesha intoki.
Abandi bari kurira imisozi bashakisha uko babasha gutambuka.

Urenze aho Uruganda rwa Skol ruri na ho amazi yaciye umuhanda amazi aruzura ku buryo hari agace kasigayemo hagati kameze nk'ikirwa.

Usibye inzu zari zisanzwe ziri munsi y'umuhanda hari n'izari hejuru y'umuhanda zasigaye zinagana kubera ko amazi yazikorogoshoye ndetse zatangiye gusenyuka.

Umuhanda warengewe n’amazi ya Nyabarongo

Umuhanda wa Nzove ntabwo ari nyabagendwa

Uko abaturage bari kwambuka umugezi wa Nyabarongo mu bwato ahahoze ari mu muhanda

Ubwo amazi yatangiraga gufunga umuhanda


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/umuhanda-nzove-rutonde-wasenywe-n-amazi-y-umugezi-wa-nyabarongo

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *