Umunyamakuru washinze Kigali Protocol yateye ivi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umunyamakuru washinze Kigali Protocol, Umukundwa Josué uzwi nka Jidenah yambitse impeta umukunzi we Umwali Teta bamaze imyaka 2 bakundana.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Jidenah yavuze ko yasabye Umwali Teta kuzamubera umugore na we akabyemera.

Yabigaragaje mu mafoto meza cyane aho yashinze ivi asaba Umwali usanzwe ari CEO wa Kigali Protocol kwemera igihe basigaje ku Isi bakakimara bari kumwe.

Ibirori byo kwambika uyu mukobwa impeta byabereye i Dubai muri leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, aho bamaze iminsi basohokeye.

Byari ibyishimo bikomeye

Yashinze ivi hasi amusaba kuzamubera umugore

Yabyemeye ntakuzuyaza

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11856

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *