Amafoto 101 yaranze umuhango wo kwinjiza abofisiye 1029 mu Ngabo z'u Rwanda – #rwanda #RwOT

Written by

in

Perezida Kagame yashimiye abinjiye mu Ngabo z'u Rwanda ku murava n'ubushake bagaragaje mu myitozo banyuzemo.

Ati 'Ndagira ngo nshimire buri wese muri mwe ku bw'umurava n'ubushake mwagaragaje mu myitozo mwanyuzemo, kugera kuri uyu munsi. Ndashimira ababatoje kuba baragize uruhare rukomeye mu kubategura kugira ngo namwe muzitware neza mu nshingano mwahawe.'

Yongeyeho ati 'Ku babyeyi n'imiryango yanyu ndabashimira kuba barabashyigikiye, bagashyigikira icyemezo cyanyu cyo kwinjira muri uyu mwuga w'icyubahiro nubwo waba utoroshye. Kuba mwarawuhisemo turabishima cyane kandi bifitiye akamaro gakomeye igihugu cyacu.'

Yakomeje agaragaza ko inshingano z'umusirikare ari ukurinda igihugu n'abagituye bityo abinjiye mu Ngabo z'u Rwanda bakwiye kuzuza neza izo nshingano.

Ati 'Kuri ba Ofisiye bashya, inshingano yo kurinda u Rwanda n'Abanyarwanda, mugomba kuyuzuza uko bikwiye. Iyo nshingano muyumva neza. Ndabashimira ubushake ndetse mwagize n'ubushobozi buhamye bwo kuzuza, izo nshingano.'

Muri ibi birori abasirikare b'u Rwanda bakoze akarasisi kanogeye ababyitabiriye ndetse banandika imibare ifite igisobanuro gikomeye ku Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako.

Mu mibare banditse harimo 25 isobanura imyaka 25 rimaze ritanga amasomo, 12 bisobanura ibyiciro bimaze kunyura muri iryo shuri, 2025 nk'umwaka iki cyiciro gisojemo, 2000 bivuga umwaka icyiciro cya mbere cyasojemo amasomo mu ishuri rya gisirikare rya Gako.

Muri iyi nkuru tugiye kugaruka ku mafoto y'ingenzi yaranze iki gikorwa.

Amabendera y’ibihugu bifite abasirikare basoje mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, ageze ahabereye iki gikorwa

Imiryango y’abarangije amasomo yari yagiye kwifatanya nabo

Ababyeyi bari benshi muri ibi birori

Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako rimaze imyaka 25 ritanga amasomo yo ku rwego rw’abofisiye bato

Abasirikare bakuru bishimiye kubona abato binjira mu Ngabo z’u Rwanda

Guverineri w’Intara y’Ibirasirazuba, Rubingisa Pudence, yitabiriye iki gikorwa

Abasirikare bakuru mu Ngabo z’u Rwanda bagera ahabereye igikorwa cyo kwinjiza abasirikare bashya

Abayobozi batandukanye muri Kaminuza y’u Rwanda igirana ubufatanye n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Gako nabo bitabiriye uyu munsi

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa (ibumoso) agera ahabereye iki gikorwa

Umugaba w’Inkeragutabara, Gen Maj Alex Kagame

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Mukeka Clementine na Prof Nshuti Manasseh

Gen Maj Ruki Karusisi wayoboye Special Operations Force mu Ngabo z’u Rwanda

Ibihugu by’inshuti byari bifite abanyeshuri muri iri shuri

Abagize bande ya gisirikare basusurukije abantu

Abagize bande icuranga nabo bagaragaje ubuhanga

Ubwo abakora akarasisi binjiraga mu kibuga

Abasirikare mu karasisi bagendaga intambwe ku yindi

Mu bakoze akarasisi harimo abasirikare bafite intwaro bagaragaza ubukaka bwa RDF

Uburyo Ingabo z’u Rwanda zikoramo akarasisi bwarahindutse

Abakobwa binjiye mu ngabo z’u Rwanda ni 117

Akarasisi gakorwa mu masibo, iyi ni imwe mu masibo 10 yakoze akarasisi

Abayobozi b’akarasisi babikoraga mu Kinyarwanda

Abasirikare bashya basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza

Abarenga 1000 binjijwe mu ngabo z’u Rwanda

Aba basirikare bagaragaje ubuhanga

Abasirikare binjira mu kibuga bazanye n’ibendera ry’Igihugu mbere yo gutangira akarasisi

Perezida Kagame ubwo yageraga ahabereye iki gikorwa

Perezida Kagame yatanze ipeti rya Sous-Lieutenant ku basirikare 1029

Perezida Kagame yitegereza abasirikare uko bari mu masibo bitegura gukora akarasisi

Mbere yo gutangira akarasisi, Perezida yabanje kugenzura abasirikare

RDF yagaragaje ko ikomeje kubahiriza ihame ry’uburinganire

Perezida Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, agenzura abasirikare bitegura akarasisi

Perezida Kagame n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, bageze kuri bagize bande y’abacuranzi

Abakobwa bakoze akarasisi karyoheye ijisho

Hagaragajwe ko hari amahirwe menshi ku mwana w’umukobwa winjira mu Ngabo z’Igihugu

Abasoje amasomo yabo bishimiye kuzatanga umusanzu ku gihugu

Akarasisi karyoheje ibirori

Abakora akarasisi bagendaga batabusanya ku buryo byishimiwe cyane

Ubwo akarasisi kasohokaga mu kibuga

Abakoze akarasisi bafite imbunda nabo bigaragaje neza

Ibikoresho bigezweho ni byo abasirikare ba RDF baba bafite mu karasisi

Abasirikare 1029 ni bo barangije amasomo yabo

Ni icyiciro cya 12 gisoje amasomo

Banditse n’umubare gatandatu

Ubwo bandikaga umubare gatanu

Abasirikare banditse imibare ifite igisobanuro

Uwahize abandi muri byose ni Emmanuel Kayitare

Uwarushije abandi mu banyeshuri baturuka mu bihugu by’inshuti ni Dan Bakangambira wo muri Uganda

Uwarushije abandi mu bize imyaka ine ni Yves Ndamukunda

Uwahize abandi mu bize igihe kigufi, Jean de Dieu Iyakaremye, yashimiwe

Perezida Kagame yasabye abarangije kurangwa n’indangagaciro nzima no kwirinda ubusinzi

Umwana muto wa Perezida Paul Kagame, Brian Kagame (uri hagati) na we yinjiye mu Ngabo z’u Rwanda

Brian Kagame yishimiye kwinjira mu ngabo z’u Rwanda

Perezida Kagame yashimiye abahisemo kwinjira mu gisirikare, yemeza ko ari umwuga w’icyubahiro

kwambikana ipeti nacyo ni igikorwa kiba kinogeye ijisho

Perezida Kagame yahaye aba basirikare ipeti rya Sous Lieutenant

Aba basirikare bagaragaje ubuhanga mu kwambikana ipeti

Ubwo abakobwa bambikanaga ipeti

Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette akurikiye akarasisi k’abasirikare

Minisitiri w’Ikoranabuhanga no guhanga udushya, Ingabire Paula n’Umunyamabanga Uhoraho muri MINAFFET, Mukeka Clemantine

Ubwo bari bakurikiye impanuro za Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta na we yitabiriye

Abanyeshuri basabwe kuzuza neza inshingano yo kurinda igihugu n’Abanyarwanda

Perezida Kagame afata ifoto y’urwibutso n’abarangije amasomo yabo

Abasirikare basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza

Maj Gen Alex Kagame

Buri wese bitewe n’uko abishoboye yacinyaga akadiho

Abo basirikare bari bafite umunezero, biyemeje kuzuza inshingano

Morale y’aba basirikare ntiyari isanzwe

Ababyeyi n’imiryango nabo bari bafite akanyamuneza

Urukundo, ubumwe byagaragajwe mu kwishimira kurangiza amasomo yabo

Indirimbo zibyinitse zabyinwe nk’ikimenyetso cyo kwishimira ipeti rishya

Ababyeyi bari bakumbuye abana babo

Urukumbuzi rwari rwinshi ku babyeyi n’abana

Ibyishimo by’ikirenga ku basirikare bashya

Kubera kwizihirwa banyuzagamo bagacinya akadiho

Abo mu miryango babafashije kwizihirwa

Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, akurikiye indahiro z’abasirikare bashya

Amafoto: Kwizera Herve


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/amafoto-101-y-intoranywa-yaranze-ibirori-byo-kwinjiza-abofisiye-1029-mu-ngabo-z

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *