Rayon Sports mu nzira zo kwemeza umutoza mushya #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma yo guhagarika Lotfi, biravugwa ko Rayon Sports iri mu biganiro bya nyuma n’umutoza ukomoka muri Senegal, Serigne Saliou Dia ngo abe yaza kuyitoza.

Uyu wegukanye igikombe cy’Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 cya 2023 ari umutoza mukuru wa Senegal.

Serigne Saliou Dia w’imyaka 55 yatoje amakipe atandukanye iwabo muri Senegal aho afite ubunararibonye mu mitoreze.

Amakuru avuga ko ubu Rayon Sports ibiganiro bisa n’ibyarangiye ari we ugiye kuza gukomeza gutoza iyi kipe yambara ubururu n’umweru muri shampiyona.

Tariki ya 13 Ukwakira 2025 ni bwo Lotfi yahagaritswe ku nshingano zo gutoza iyi kipe kubera umusaruro mubi aho mu mikino 5 yatsinzemo umwe, anganya umwe atsindwa 3.

Serigne Saliou mu muryango winjira muri Rayon Sports

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12096

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *