Ibikomoka ku buhinzi n'ubworozi byinjirije u Rwanda miliyari 14,17 Frw mu minsi itanu – #rwanda #RwOT

Written by

in

U Rwanda rwohereje hanze toni 9.521 z'ibicuruzwa bikomoka ku buhinzi birimo ikawa, icyayi, imboga, imbuto, indabo ndetse n'ibikomoka ku matungo.

Ibikomoka ku matungo ni byo byinjirije u Rwanda amafaranga menshi muri icyo gihe, aho byinjije miliyoni 2,74$ kuko hoherejwe toni 5.843, cyane cyane ku masoko yo mu bihugu bya Afurika.

Icyayi cyakurikiyeho cyinjiza miliyoni 2,68$ avuye muri toni 1.823 zoherejwe hanze. Ikawa nacyo yakomeje kugira uruhare rukomeye mu kwinjiriza igihugu amadovize, aho yinjije miliyoni 2,42$ nyuma yo kohereza toni 313 ku isoko mpuzamahanga.
Muri rusange, ibikomoka ku matungo, icyayi n'ikawa byinjije u Rwanda hafi miliyoni 7,84 $.

Imboga zoherejwe mu mahanga zinjije ibihumbi 757,4$, aturutse muri toni 814 zoherejwe ku isoko mpuzamahanga. Izi mboga zageze ku masoko arimo u Bwongereza, u Buholandi, u Buhinde, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, u Bufaransa ndetse n'ibihugu bitandukanye bya Afurika.

Ibicuruzwa bitandukanye bikomoka ku buhinzi byoherejwe ku isoko mpuzamahanga bipima toni 386, mu gihe byinjije ibihumbi 647,9$. Byoherejwe ku masoko yo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu, Bangladesh ndetse n'ibihugu bya Afurika.

Ni mu gihe imbuto u Rwanda rwohereje ku isoko mpuzamahanga muri icyo cyumweru ari toni 336, zinjije ibihumbi 350,7. Zoherejwe ku isoko ryo muri Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu no mu bihugu bya Afurika.

Indabo ni zo zabanye nkeya mu byoherejwe mu mahanga muri icyo cyumweru kuko aho honyerejwe toni zirindwi gusa, zinjiza amadolari 41,162. Izi ndabo zageze ku masoko yo mu Buholandi no mu Bwongereza.

Iyi mibare igaragaza ko ibicuruzwa gakondo by'u Rwanda birimo icyayi n'ikawa ari inkingi ya mwamba mu kwinjiza amadovize, mu gihe ibindi bicuruzwa nk'ibikomoka ku matungo, imboga n'ibindi bikomoka ku buhinzi bigenda byigarurira isoko mpuzamahanga.

I bikomoka ku buhinzi n’ubworozi byinjiirije u Rwanda arenga miliyari 14,17 Frw


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibikomoka-ku-buhinzi-n-ubworozi-byinjirije-u-rwanda-miliyari-14-17-frw-mu-minsi

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *