MU MAFOTO: Uburanga bw’umunyarwandakazi Kenza… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Hari hashize imyaka 24 nta munyarwandakazi wegukana ikamba rya nyampinga mu bihugu by’imahanga, dore ko uwabiherukaga ari Sonia Rowland wabaye Miss France mu 2000.

Kuri ubu undi munyarwandakazi witwa Kenza Johanna Ameloot yabaye ‘Miss Belgique 2024’ ahize abakobwa 32 bari bahatanye muri aya marushanwa y’ubwiza ngaruka mwaka.

Kenza Ameloot wabaye w’imyaka 21 wabaye Miss Belgique 2024,abyarwa n’umunyarwandakazi Gakire Joselyne. Ubusanzwe Kenza asanzwe ari umunyamideli uri mubagezweho bakiri bato mu Bubiligi.

Kenza Ameloot ukomoka mu Rwanda yabaye nyampinga w’u Bubiligi  2024

Mu Kwakira kwa 2023 nibwo Kenza Ameloot yaherugaka mu Rwanda nk’uko yabyerekanye mu mafoto yashyize ku rubuga rwa Instagram akurikirwaho n’abantu barenga ibihumbi birindwi.

Ku ifoto aherutse kwifotoza ari mu Rwanda yagize ati: ”Ifoto nkunda ndi ahantu nkunda ndikumwe n’inseko nziza zinzengurutse

Kenza Ameloot wari usanzwe atavugwa mu myidagaduro, yabaye umunyarwandakazi wa mbere ubaye nyampinga mu Bubiligi, byumwihariko niwe mukobwa wa kane ukomoka muri Afurika  ubaye nyampinga w’iki gihugu.

Kenza w’imyaka 21 niwe munyarwandakazi wa mbere ubaye Nyampinga w’iki gihugu

Mu mafoto akurikira ihere ijisho uburanga bw’umunyarwandakazi Kenza Ameloot wabaye Nyampinga w’u Bubiligi:

Kenza Ameloot ukomoka mu Rwanda atuye mu Bubiligi ari naho yegukaniye ikamba rya Nyampinga

Kenza Ameloot asanzwe ari umunyamideli

Nyina wa Kenza ni umunyarwandakazi witwa Gakire Joselyne

Kenza ari mu banyamideli bakiri bato bagezweho mu Bubiligi

Kenza Ameloot akunze no kurya ubuzima ku mazi

Ku nshuro ya mbere Kenza Ameloot yitabiriye amarushanwa y’ubwiza yahise ayegukana

Umunyarwandakazi Kenza Ameloot waciye agahigo ko kuba Nyampinga w’u Bubiligi mu 2024

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/140073/mu-mafoto-uburanga-bwumunyarwandakazi-kenza-ameloot-wambitswe-ikamba-rya-nyampinga-wu-bubi-140073.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *