Bruce Melodie yafunze imihanda Nyabugogo ahasiga inkuru nziza (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuhanzi w’Umunyarwanda unavuga ko ari uwa mbere mu Rwanda, Bruce Melodie yagiye Nyabugongo abantu bahurura kuza kumureba bafunga imihanda bahamukura shishi itabona.

Byabaye ejo hashize ku wa Mbere tariki ya 15 Ukuboza 2025 nyuma y’uko yari avuye mu kiganiro n’itangazamakuru na The Ben cyagarukaga ku gitaramo bazakorana cya The NU-Year Groove kizaba tariki ya 1 Mutarama 2026.

Amakuru ISIMBI yamenye ni uko yagiyeyo kubera ubusabe bw’umwe mu bafana be wamusabye kuzajyayo akamarayo umwanya ko yazahava yagize igitekerezo cy’indirimbo yahakora bitewe n’ubuzima azaba yahabonye.

Ubwo yari akigerayo imodoka ye yahise yuzuraho abantu benshi, kugenda biragorana ubona buri umwe ashaka kumukoraho no ku musuhuza cyane yanavuye mu modoka akabapepera.

Aha ni naho yabonye umubyeyi wari uhetse abana arimo acuruza imigati yumva bimukoze ku mutima maze aragenda aramwegera bagirana ikiganiro, amakuru avuga ko yamuremeye.

Uko iminota yashiraga ni nako abantu bagendaga baba benshi n’imihanda itangira kwifunga kubera akavuyo k’abantu bari baje kumureba, byabaye ngombwa ko bahita bahamukura igihe yateguye kumahara kitarangiye.

Nyabugogo umuhanda wari wafunzwe kubera akavuyo

Yavuye mu modoka asuhuza abakunzi be

Yaremeye umubyeyi uzunguza imigati

Umutekano we abasore b’ibigango bawucungiraga hafi

Byari ibyishimo ku bantu bari Nyabugogo kumubona

Source : http://isimbi.rw/bruce-melodie-yafunze-imihanda-nyabugogo-ahasiga-inkuru-nziza-amafoto.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *