Mukura VS yasinyishije umukinnyi wahoze muri APR FC #rwanda #RwOT

Written by

in

Irumva Justin wahoze akinira ikipe ya APR FC yamaze gusinyira ikipe ya Mukura VS amasezerano y’imyaka 2.

Uyu mukinnyi ukina asatira anyuze ku mpande akaba yamaze kwerekanwa n’iyi kipe yo mu Magepfo y’u Rwanda.

Irumva Justin yakiniye ikipe y’Intare FC, yaje kuyivamo azamurwa muri APR FC yifujwe n’umutoza Adil Mohammed watozaga iyi kipe icyo gihe.

Gusa nta mahirwe yagize yo gukinira iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu imikino y’amarushanwa akaba yaraje kuyivamo ajya muri Marines FC.

Irumva Justin yasinyiye Mukura VS

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/mukura-vs-yasinyishije-umukinnyi-wahoze-muri-apr-fc

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *