Umuhanzi w’indirimbo z’injyana gakondo, Ruti Joël, yashyize ahishura umukobwa wamutwaye umutima witwa Ineza Lisa.
Ni nyuma y’uko mu mpera z’ukwezi gushize Ruti Joël, abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, yaciye amarenga ko ari mu munyenga w’urukundo.
Kuri iyi nshuro noneho, yasangije abamukurikira ifoto y’iyi nkumi bari kumwe anaboneraho kumwifuriza isabukuru nziza.
Yagize ati 'Isabukuru nziza mutima wanjye Gicanirambyeyi, umwiza w’Intore ndagukunda kabeho wa mfura we.'
Lisa Ineza na we yahise avuga kuri ubu butumwa bwa Joël yashyize ahajya ubutumwa bumara amasaha 24, yahise agira ati 'Urakoze ugize neza wa mfura we.'
Muri 2024 nibwo Ruti Joël yavuze ko arimo yitegura gukora ubukwe ariko nta byinshi yigeze atangaza ku Rukundo rwe kugeza atangiye guca amarenga y’urukundo.
Icyo gihe ubwo yari mu kiganiro 'BB2to6' kuri B&B FM, Ruti yahishuye ko afite umukobwa bakundana ndetse ko urukundo rwabo ruriho.
Yagize ati 'Umugore na we ni vuba […] arahari narakunze ndakundwa. Waririmba Musomandera ntihagire ugukunda? Ndakundwa nanjye, ndahendahendwa, ariko baravuga ngo iryo ni ibanga ryanjye. Gusa arahari!'
Ruti yatangiye umuziki mu 2013 ubwo yari umwe mu bagize itsinda rya Gakondo Group, mbere yo gufata icyemezo cyo gukomeza umuziki ku giti cye. Uyu muhanzi akunze kugaragaza ko afata icyitegererezo ku bahanzi bakomeye barimo Massamba Intore, Muyango, Sentore Athanase, Rujindiri, Cecile Kayirebwa na Jules Sentore.
Source : http://isimbi.rw/uburanga-bw-inkumi-yigaruriye-umutima-wa-ruti-joel-wemeye-icyaha.html
Leave a Reply