Umuhanzi Nyarwanda ukunzwe na benshi, Tom Close yavuze ko kimwe mu bintu byamushimishije ari uko yatangiye umuziki ari imikino birangira avuyemo umuhanzi ukomeye.
Dr Thomas Muyombo wamamaye nka Tom Close ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’Ikinyamakuru ISIMBI agaruka ku bintu byamugoye n’ibyamushimishije kuva 2005 yakwinjira mu muziki.
Yavuze ko kuri ubu atakwicara avuge ko hari ikintu cyamubabaje gihora kigaruka mu mutwe we kuko umuntu ahura n’ibihe bigoye byinshi bitandukanye ariko kuri we nta byari bikomeye ku buryo byari kumusigara mu mutwe.
Ati “Nta kintu kidasanzwe navuga cyangoye kuko n’ubusanzwe na kamere yanjye si ndi umuntu ukunda gutinda ku bintu bitagenda.”
Yakomeje avuga ko ikintu cyamushishije ari uko yatangiye umuziki yikinira ariko bikaza kumuviramo umugisha.
Ati “Icyanshimishije ni uko natangiye umuziki nikira birangira bikunze. Hari ukuntu umuntu atangira ari muri Studio kuko ubikunze bikarangira utangiye kugera hirya no hino mu gihugu ugakundwa.”
Ku bihe atazibagirwa mu muziki, yavuze ko ibyo atazibagirwa mu rugendo rwe rwa muzika ari ibitaraza kuko afite byinshi mu bubiko azabaha.
Tom Close urimo witegura gushyira hanze Album ye ya 10 yise Sunshine, yinjiye mu muziki muri 2005 ari mu itsinda 'Afro-Saints’ gusa ntiryaje gukundwa maze 2007 atangira gukora wenyine aho yahereye ku ndirimbo 'Mbwira Yego’ yahise ikundwa cyane akaba ari nayo yabaye inkingi mu rugendo rwe rwo kwamamara mu muziki.'
Source : http://isimbi.rw/umuziki-nawutangiye-ari-imikino-tom-close.html
Leave a Reply