Al Hilal SC turayizi nta bwoba iduteye – Kapiteni wa Rayon Sports #rwanda #RwOT

Written by

in

Kapiteni wa Rayon Sports, Nshimiyimana Emmanuel Kabange yavuze ko umukino usoza itsinda C wa Al Hilal SC ugomba gusiga bazi niba bajya muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup nta bwoba ubateye kuko bamaze kumenya iyi kipe, bakinnye kenshi.

Mu kiganiro n’itangazamakuru gitegura uyu mukino, Kabange yavuze ko uyu mukino wa Al Hilal SC nk’uko umutoza abibabwira, bamaze gushyira mu mitwe yabo ko ari umukino ukomeye kandi ufite byinshi usobanuye ku rugendo rwabo muri CECAFA Kagame Cup ya 2026.

Ati “Turiteguye nk’uko twagiye tubigaragaza mu mikino itambutse kandi mu mitwe yacu no mu ntekerezo zacu ndetse n’ibyo umutoza atubwira umunsi ku munsi, ni uko uyu mukino ufite byinshi usobanuye kuri twebwe n’urugendo rwacu muri CECAFA. Mu mitwe yacu dufite ibitekerezo ko tutagomba gutakaza uyu mukino.”

Yavuze ko ubu nta bwoba bwa Al Hilal SC bafite kuko ni ikipe bamaze gukina kenshi, bamaze kuyimenya.

Ati “Ni ikipe ya Al Hilal SC twakinnye kandi tuzi muri Shampiyona, kandi buriya ikipe iyo mukinnye rimwe kabiri gatatu bigenda biguha icyizere kuko uko urushaho kubana n’umuntu cyangwa ukina n’umuntu ugenda umwiga kurushaho. Ni ikipe nziza tuzi ko ikomeye ariko natwe turakomeye.”

Rayon Sports ikaba isabwa kunganya gusa na Al Hilal SC igahita igera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup.

Kabange yavuze ko nta bwoba bwa Al Hilal SC bafite

Source : http://isimbi.rw/al-hilal-sc-turayizi-nta-bwoba-iduteye-kapiteni-wa-rayon-sports.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *