Franco Baresi, umwe mu ba myugariro b'ibihe byose, yitabye Imana ku myaka 66 #rwanda #RwOT

Written by

in

Isi y'umupira w'amaguru yabuze umwe mu bakinnyi bayo b'ibihe byose,  Franco Baresi, wabaye kapiteni w'ikirangirire wa AC Milan ndetse n'ikipe y'igihugu y'u Butaliyani, witabye Imana afite imyaka 66.

Inkuru y'urupfu rwe yatangajwe na AC Milan kuri uyu wa Gatanu, ivuga ko yabuze umuntu wagize uruhare rukomeye mu mateka yayo. Mu butumwa bwuzuye agahinda, iyi kipe yagize iti: 'Milan iri mu marira nyuma y'itabaruka rya Franco Baresi. Urugero rwe, ubunyangamugayo bwe n'indangagaciro yasize bizahora biri mu mutima w'iyi kipe, nk'uko nimero 6 ye izahora ari ikimenyetso cy'ubudahangarwa bwe.'

Franco Baresi yavukiye mu Butaliyani ku wa 8 Gicurasi 1960. Yinjiye mu ishuri ry'abato rya AC Milan mu 1974, aza kuzamurwa mu ikipe nkuru mu 1977. Yamaze imyaka 20 yose akinira AC Milan gusa, ibintu byatumye aba umwe mu bakinnyi b'indahemuka babayeho mu mateka y'uyu mukino.

Baresi yafashije AC Milan kwegukana Champions league

Mu gihe yakiniraga AC Milan, yakinnye imikino 719, yegukana ibikombe bitandatu bya Serie A, ibikombe bitatu bya UEFA Champions League (cyahoze cyitwa European Cup), ibikombe bibiri bya Intercontinental Cup n'ibindi byinshi. Nyuma yo gusezera mu 1997, AC Milan yahise ifata icyemezo cyo kutazongera guha undi mukinnyi nimero 6 yambaraga, mu rwego rwo kumuha icyubahiro.

Yanafashije Ubutaliyani gutwara igikombe cy'Isi

Ku rwego mpuzamahanga, Baresi yakiniye u Butaliyani imikino 81. Yari mu ikipe yegukanye Igikombe cy'Isi cya 1982, anagera ku mukino wa nyuma w'Igikombe cy'Isi cya 1994 ari kapiteni. Yibukirwa cyane ku uburyo yagarutse gukina uwo mukino wa nyuma nyuma y'iminsi 25 gusa avuye kubagwa ivi, agaragaza ubutwari n'ubwitange byatumye afatwa nk'umwe muri ba myugariro beza kurusha abandi mu mateka y'umupira w'amaguru.

Nubwo AC Milan itatangaje icyateye urupfu rwe, Baresi yari amaze igihe arwaye nyuma yo kubagwa indwara y'agahore (lung nodule) mu mwaka wa 2025, akomeza kuvurwa mu mezi yakurikiyeho.

Urupfu rwa Franco Baresi rusize icyuho gikomeye muri AC Milan, mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani no ku Isi yose. Azahora yibukwa nk'umwe mu bakinnyi bahinduye uburyo bwo gukina inyuma, kubera ubuhanga, ubuyobozi n'ubwitange byatumye yandika amateka atazibagirana.

Source : https://flash.rw/2026/07/31/franco-baresi-umwe-mu-ba-myugariro-bibihe-byose-yitabye-imana-ku-myaka-66/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *