Perezida Kagame yakiriye mugenzi we Wadagni wa Bénin – #rwanda #RwOT

Written by

in

Perezida Wadagni yakiriwe kuri uyu wa 16 Nzeri 2026, mu ruzinduko rugamije gukomeza umubano n'ubufatanye hagati y'u Rwanda na Bénin.

Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo ubucuruzi n'ishoramari, ikoranabuhanga, ubuhinzi, igenamigambi ry'imijyi, kuvugurura serivisi za Leta ndetse n'umutekano.

Mu 2023, ubwo Perezida Kagame yagiriraga uruzinduko muri Bénin, impande zombi zishyira umukono ku masezerano 10 z'ubufatanye arimo amasezerano yo gukuraho gusoresha kabiri.
Uruzinduko rwa Wadagni rubaye nyuma y'amezi make atangiye kuyobora Bénin.

Uyu mugabo w'imyaka 50 yatorewe kuba Perezida ku wa 12 Mata 2026, atsinda amatora ku majwi arenga 94%. Yarahiriye kuyobora Bénin ku wa 24 Gicurasi 2026, asimbura Patrice Talon wari usoje manda ebyiri yemerewe n'Itegeko Nshinga.

Wadagni yatangiye manda y'imyaka irindwi, nyuma y'imyaka 10 yari amaze ari Minisitiri w'Imari n'Ubukungu wa Bénin.

Wadagni asanzwe aziranye n'u Rwanda no ku rwego rwa Guverinoma. Mu Nzeri 2023, ubwo yari Minisitiri w'Imari n'Ubukungu, yasuye u Rwanda nk'intumwa yihariye ya Perezida Patrice Talon, ageza kuri Perezida Kagame ubutumwa bw'uwari Perezida wa Bénin icyo gihe.

🚨AMAKURU AGEZWEHO🚨

Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Bénin, Romuald Wadagni, watangiye uruzinduko rw'akazi rw'iminsi ibiri mu Rwanda.

Perezida Wadagni yakiriwe kuri uyu wa 16 Nzeri 2026, mu ruzinduko rugamije gukomeza umubano n'ubufatanye… pic.twitter.com/vYNdHtjTAv

— IGIHE (@IGIHE) September 16, 2026

Perezida Kagame ubwo yari ategereje kwakira mugenzi we wa Bénin

U Rwanda na Bénin bifitanye umubano mwiza washimangiwe cyane na Perezida Patrice Talon wasimbuwe Wadagni

Uruzinduko rwa Perezida Wadagni ruzamara iminsi ibiri

Perezida Romuald Wadagni yakiriwe mu cyubahiro kigenerwa abakuru b’ibihugu

Perezida Kagame na Wadagni ubwo berekezaga mu cyumba cyabereyemo ibiganiro muri Village Urugwiro

Abakuru b’ibihugu byombi bahuriye mu biganiro bigamije gushimangira umubano mwiza usanzwe

Perezida Wadagni yaherukaga mu Rwanda ari Minisitiri w’Imari wa Bénin


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yakiriye-mugenzi-we-wadagni-wa-benin

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *