Mu itangazo rihuriweho ryasohowe ku mugoroba wo ku wa Kane, ibihugu umunani by'Abarabu n'ibyiganjemo abayisilamu byamaganye bikomeye iyinjira rya Minisitiri w'Umutekano w'Igihugu wa Israel, Itamar Ben-Gvir, mu Musigiti wa Al-Aqsa, aho yari aherekejwe n'amagana y'abimukira b'Abanya-Israel.
Abaminisitiri b'Ububanyi n'Amahanga ba Arabiya Sawudite, Leta Zunze Ubumwe z'Abarabu (UAE), Jordan, Misiri, Qatar, Turukiya, Pakisitan na Indonesia bavuze ko icyo gikorwa kinyuranyije n'amategeko n'imiterere bisanzwe bigenga Umusigiti Mutagatifu wa Al-Aqsa.
Mu itangazo ryabo, bagaragaje ko kwinjira kwa Ben-Gvir muri uwo musigiti bishobora gukomeza kuzamura umwuka mubi no kongera amakimbirane mu karere, bityo basaba ko ibikorwa nk'ibyo byahagarara.
Ibyo bihugu byongeye gushimangira ko Jordan ifite inshingano zo kurinda no kugenzura ahantu hatagatifu h'Abayisilamu n'Abakirisitu i Yerusalemu, ndetse byamagana ibikorwa byose bishobora guhindura amateka n'uburyo Umusigiti wa Al-Aqsa usanzwe ucungwa.
Banahamagariye impande zose kwirinda ibikorwa by'ubushotoranyi cyangwa ibyemezo bifatwa ku ruhande rumwe, bavuga ko bishobora guhungabanya umutekano n'ituze mu Burasirazuba bwo Hagati.
Byongeye gusaba ko amategeko mpuzamahanga n'ibyemezo by'Umuryango w'Abibumbye (Loni) birebana na Yerusalemu byubahirizwa.
Iri tangazo rije rikurikira igikorwa cya Itamar Ben-Gvir cyo gusura Umusigiti wa Al-Aqsa ari kumwe n'amagana y'abimukira b'Abanya-Israel, ibintu byateje kwamaganwa n'Abanyapalestina, Jordan ndetse n'ibindi bihugu byinshi byo mu karere.

Leave a Reply