Urukiko rwo muri Kenya rwahamije Zachary Obado icyaha cyo kwica Sharon Otieno #rwanda #RwOT

Written by

in

Urukiko Rukuru rwa Milimani ruherereye i Nairobi muri Kenya rwahamije uwahoze ari Guverineri w'Akarere ka Migori, Zachary Okoth Obado, icyaha cyo kwica Sharon Otieno, wari umunyeshuri wa kaminuza bivugwa ko yigeze kugirana na we umubano w'urukundo.

Mu mwanzuro wasomwe kuri uyu wa Kane, urukiko rwahamije kandi Michael Oyamo wahoze ari umufasha wa Obado, ndetse na Caspal Obiero wahoze ari umwanditsi w'Akarere ka Migori, bose bahamwa n'icyaha cy'ubwicanyi.

Umucamanza Cecilia Githua yavuze ko ubushinjacyaha bwatanze ibimenyetso bifatika byerekana uruhare rwa buri wese muri aba baregwa muri uru rupfu. Yavuze ko Obado yari afite impamvu n'umugambi wo kwivugana Sharon Otieno, bityo urukiko rukemeza ko bose bahamwa n'icyaha.

Aba bagabo bakomeje gufungwa by'agateganyo mu gihe bategereje ko urukiko rutangaza ibihano bazakatirwa.

Umwunganizi mu mategeko w'umuryango wa Sharon Otieno yavuze ko bishimiye icyemezo cyafashwe, ashimangira ko ubutabera bwakozwe nyuma y'imyaka myinshi urubanza rukurikiranwa.

Sharon Otieno, wari ufite imyaka 26, yashimuswe mbere yo kwicwa mu mwaka wa 2018. Umurambo we wabonetse mu gihuru hafi y'umujyi wa Oyugis, mu burengerazuba bwa Kenya. Raporo y'abaganga yagaragaje ko yatewe ibyuma inshuro nyinshi, ndetse icyo gihe yari atwite, umwana yari atwite na we aza gupfira mu nda.

Uru rubanza rwabaye rumwe mu zakurikiwe cyane muri Kenya kubera ubukana bw'ibyaha byaburanwaga ndetse n'uruhare rw'umunyapolitiki ukomeye warugaragaramo.

Urukiko rwo muri Kenya rwahamije Zachary Obado icyaha cyo kwica Sharon Otieno

Source : https://kasukumedia.com/urukiko-rwo-muri-kenya-rwahamije-zachary-obado-icyaha-cyo-kwica-sharon-otieno/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *