Amarangamutima ya rutahizamu w’Amavubi nyuma yo kubona ikipe nshya #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyuma y’uko asinyiye SV Waldhof Mannheim yo mu cyiciro cya gatatu mu Budage, Leroy-Jacques Mickles yishimiye gusubira gukina muri iki gihugu yavukiyemo.

Leroy-Jacques Mickles wakiniraga Zira FK muri Azerbaijan, akaba yahisemo gukomereza akazi mu cyiciro cya gatatu mu Budage.

Ibinyujije ku mbuga nkoranyambaga zayo, SV Waldhof Mannheim yahaye ikaze uyu rutahizamu w’umunyarwanda wanyuze imitima ya benshi, ivuga ko ari iby’agaciro kumusinyisha.

Leroy-Jacques Mickles akaba yavuze ko yishimiye kwerekeza muri iyi kipe aho afite amatsiko yo gukinira imbere y’abafana bayo.

Ati “Ndishimye cyane kubera iki cyemezo nafashe. Nganira n’ubuyobozi bw’iyi kipe nahise numva umushinga wabo, imikinire yabow. Ni yo mpamvu nahisemo kuza hano. Ntegereje cyane gukinira imbere y’abafana b’iyi kipe muri Carl-Benz-Stadium, kandi nzakora ibishoboka byose dufatanye n’ikipe kugira ngo tugire umwaka mwiza.”

Leroy-Jacques Mickles akaba yakiniraga Zira FK muri Azerbaijan kuva muri 2024, iyi kipe ikaba inakinamo Mutsinzi Ange Jimmy.

Si ubwa mbere agiye gukina mu Budage kuko yakiniye MSV Duisburg na Türkgücü München, yavuyeyo 2023 ajya Bulgaria na Saudi Arabia mbere yo kujya muri Azerbaijan.

Leroy-Jacques Mickles akaba yarakiniye Amavubi mu irushanwa rya FIFA Series riheruka kubera mu Rwanda rukanaritwara.

Leroy-Jacques Mickles yishimiye kwerekeza mu ikipe nshya

Source : http://isimbi.rw/amarangamutima-ya-rutahizamu-w-amavubi-nyuma-yo-kubona-ikipe-nshya.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *