Umuhanzi Nyarwanda. Ngabo Medard uzwi nka Meddy yishimiye bikomeye kuba Argentine ya Lionel Messi itaratwaye igikombe cy’Isi.
Mu ijoro ryakeye nibwo habaye umukino wa nyuma w’Igikombe cy’Isi cya 2026 aho cyegukanywe na Espagné itsinze Argentine 1-0.
Gusa nubwo Argentine yabuze igikombe, izina ryagiye rigarukwaho cyane ni Lionel Messi kapiteni wayo ushobora kuba yakinaga Igikombe cy’Isi cye cya nyuma.
Abakunzi be bavugaga ko ntacyo atabahaye mu gihe abakunzi ba Cristiano Ronaldo bamugereye mu kebo abakunzi be babagereyemo.
Muri abo harimo n’umuhanzi Nyarwanda, Meddy uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika usanzwe ukunda Cristiano Ronaldo, yashotoye cyane abakunzi ba Messi.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze yagize ati “Ntabwo ari abakunzi ba Ronaldo bishimye! Mukomeze mwibeshye. Abantu bakunda Spain. Ibi ni iki ra?”
Ubu ni ubutumwa yashyize kuri X, yanabushyize kuri Instagram buherekezwa n’andi magambo agira ati “Muhagarike ibi bya Messi Argentine, uyu mugabo yararangiye. Mureke no gukomeza kunyataka si ikosa ryanjye. “
Yanifasgushije ubutumwa bw’umunyarwenya Yagga abushyira kuri Instagram ahajya ubumara amasaha 24 aho yagiraga ati “Argentine ni urugero rwiza rwo gukora cyane, ushobora gukora cyane muri ubu buzima ariko ugapfa uri umukene.”
Source : http://isimbi.rw/meddy-yishimiye-bikomeye-itaha-amara-masa-rya-messi.html
Leave a Reply