Nanjye ubwanjye ndumva mfite amatsiko – Tracy ku gitaramo agiye gukorana n’umugabo we #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuramyi Agasaro Tracy yavuze ko na we afite amatsiko yo kuzareba ibizabera mu gitaramo cyo guhimbaza Imana ‘In Christ Now’ yitegura gukorana n’umugabo we, René Patrick.

Ni igitaramo kizabera muri Camp Kigali ku wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2026.

Ubwo baganiraga n’itangazamakuru kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Nyakanga 2026, Tracy yavuze ko na we afite amatsiko y’iki gitaramo.

Ati “Ndumva nanjye ubwanjye mfite amatsiko y’ibyo Imana igiye gukora muri uku guhimbaza.”

Agaruka ku mwihariko uzaba uri muri uku kuramya, Tracy yagize ati “tuzagira amasaha 7 tudahagarara, turamya duhimbaza Imana kuko harimo imbaraga nyinshi, iminyururu iracika.”

René Patrick yavuze ko iki atari igitaramo nk’uko abantu bakita ahubwo ari ihuriro ryo kuramya no guhimbaza Imana.

Ati “Si igitaramo nk’uko abantu babivuga ahubwo ni umugoroba udasanzwe wo kuramya Imana no gusabana nayo mu buryo bwimbitse.”

Yakomeje kandi avuga ko hari ibindi bikorwa bishamikiye muri ‘In Christ Now Worship Experience.’

Ati “Hari ibindi bikorwa birimo tuzagenda dutangaza birimo kukijyana iki gicaniro mu mashuri yisumbuye, kaminuza no mu mahuriro atandukanye.”

In Christ Now, René na Tracy bazifatanya n’abaramyi bakunzwe cyane mu Rwanda; Ben na Chance, hari Bella Kombo na Zoravo bo mu gihugu cya Tanzania, Ebuka Songs wo muri Nigeria na Kalisa Kenneth.

Tracy Agasaro na René Patrick Iradukunda bateguye iki gitaramo ngaruka mwaka, ni igitekerezo cyavutse ku cyifuzo cyo gushyiraho urubuga abantu bahuriramo bakagirana ibihe byihariye n’Imana binyuze mu kuyiramya.

Kwinjira ni ukwishyura nyuma y’uko imyanya y’ubuntu 1000 yamaze gushira. Amatike ari kugurishwa ku rubuga www.renetracy.com cyangwa kode ya *550*2*2*111#. Amatike ni 10,000 Frw na 25,000 Frw.

René Patrick na Tracy bagiye gukora igitaramo cy’amateka

Source : http://isimbi.rw/nanjye-ubwanjye-ndumva-mfite-amatsiko-tracy-ku-gitaramo-agiye-gukorana-n.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *