11 Amavubi ashobora kubanzamo imbere ya Libya #rwanda #RwOT

Written by

in

Uyu munsi ikipe y’igihugu Amavubi iratangira urugendo rwo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika cya 2025 aho ihera kuri Libya.

Amavubi ari mu itsinda D na Nigeria, Benin na Libya ari bukine na yo uyu munsi.

Ni umukino uri bubere muri Libya saa 18h00′ kuri Stade du 11 Juin kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024.

Ku kigero cya 95% ni uko umutoza Frank Spittler abakinnyi ari bubanze mu kibuga ari ababanjemo mu mukino uheruka, gusa nka Kwizera Jojea ashobora kwinjiramo mu gice cya kabiri.

Abakinnyi 11 ashobora kubanzamo: Ntwari Fiacre, Omborenga Fitina, Niyomugabo Claude, Mutsinzi Ange Jimmy, Manzi Thierry, Mugisha Bonheur Casemiro, Bizimana Djihad, Muhire Kevin, Mugisha Gilbert, Samuel Gueulette na Nshuti Innocent

Amavubi arakina na Libya

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/11-amavubi-ashobora-kubanzamo-imbere-ya-libya

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *