Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Albert Bourla uyobora Pfizer – #rwanda #RwOT

Written by

in

Amakuru dukesha Village Urugwiro avuga ko ibiganiro bya Perezida Kagame na Albert Bourla byabaye kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024.

Ku ruhande rw'u Rwanda ibi biganiro byanitabiriwe na Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana ndetse n'Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, Dr. Doris Uwicyeza Picard.

Baganiriye kuri gahunda y'amasezerano yatangijwe n'uru ruganda izwi nka 'An Accord for a Healthier World'. Igamije kugeza kuri bose kandi mu buryo bungana serivisi z'ubuvuzi.

Today at Urugwiro Village, President Kagame received Dr @AlbertBourla, Chairman and CEO of Pfizer Inc @pfizer, and his delegation. They discussed partnership on 'An Accord for a Healthier World' meant for equitable access to high-quality, safe and effective healthcare solutions. pic.twitter.com/qHsRy73wLI

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) September 12, 2024

Banyuze muri iyi gahunda Pfizer ifite intego yo gufasha abantu miliyari 1,2 bo mu bihugu 45 bikennye kubona inkingo n'imiti ikora.

Mu 2022 U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere cyatangiye kubyaza umusaruro aya masezerano rwashyizeho umukono arwemerera guhabwa imiti y'Uruganda rwa Pfizer ku mafaranga nk'ayo ku kiranguzo, rwatangiye gukoresha uwa Paxlovid uvura COVID-19.

Perezida Kagame yakiriye Albert Bourla uyobora Pfizer

Ku ruhande rw'u Rwanda ibi biganiro byanitabiriwe na Minisitiri w'Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana ndetse n'Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Imiyoborere, Dr. Doris Uwicyeza Picard


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/perezida-kagame-yagiranye-ibiganiro-na-albert-bourla-uyobora-pfizer

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *