Ubukwe bw’abantu bane nk’ubwa Cristiano bwo nzabukora – Rocky Kimomo #rwanda #RwOT

Written by

in

Rocky Kimomo, wamamaye cyane mu gusobanura filime, yatangaje ko nubwo kugeza ubu agikomeye ku mwanzuro wo kutazashaka umugore, ubwukwe bw’abantu bacye cyane nk’ubwakozwe na Cristiano Ronaldo bushobora gutuma yemera bukaba guhindura icyemezo cye cya 'Nta gikwe’.

Rocky yavuze ko ubukwe bw’abantu bake cyane, nk’ubwo Cristiano Ronaldo n’umukunzi we Georgina Rodríguez bahisemo, ari bwo bwamushimisha kurusha ibirori binini bitwara amafaranga menshi.

Mu gihe benshi bari bategereje ko Cristiano Ronaldo na Georgina Rodríguez bazakora ubukwe buhambaye bwitabirwa n’ibyamamare byo ku Isi, aba bombi bahisemo gukora ibitandukanye n’ibyari byitezwe.

Basezeranye ku wa 11 Kanama 2026 mu rugo rwabo ruherereye i Cascais muri Portugal, mu muhango muto wabereye mu cyumba cy’uruganiriro rw’umuryango wabo, aho bari kumwe n’abana babo gusa.

Ibi ni byo Rocky Kimomo avuga ko na we ashyigikira, kuko adashimishwa n’ubukwe butwara amafaranga menshi. Yasobanuye ko bidakwiye ko umuntu amara imyaka myinshi akorera amafaranga, hanyuma akayakoresha hafi yose mu ijoro rimwe ry’ubukwe.

'Ni gute amafaranga ukoreye cyangwa utanakoreye mu myaka itanu uyarya mu ijoro rimwe? Nanjye ni byo mbona nk’aho ari ukwangiza amafaranga rwose. Ku buryo njyewe ndamutse mbukoze, nabikora nk’ubwa Cristiano watumiye abantu bane na mama we atarimo.' Ubwo yaganiraga na Igihe .

Rocky yanongeyeho ko yakwemera ubukwe buto, aho abageni n’abavandimwe ba hafi ari bo bonyine baba bahari, kurusha ibirori binini bishobora gutwara umutungo munini.
Ati “Nta gikwe rero cyo ku giti cyanjye ndacyayitsimbarayeho kuko ari amahitamo y’umuntu, ariko mba numva rimwe na rimwe hari igihe ntabushyigikira. Gusa ariko wanareba na ba Jay-Z na Beyoncé, Mr Beast, ukumva bakoze ubukwe bw’abantu batatu bane, cyakora nk’ubwo bukwe bwo nabwemera nkabukora.'

Kugeza ubu, Rocky Kimomo avuga ko agikomeye ku cyemezo cyo kutazashaka umugore, gusa ntahakana ko ubukwe bw’abantu bake kandi budasanzwe nk’ubwa Cristiano Ronaldo bushobora gutuma yisubiraho.

Rocky yavuze ko akoze ubukwe yakora nk’ubwa Cristiano Ronaldo bw’abantu mbarwa

Source : http://isimbi.rw/ubukwe-bw-abantu-bane-nk-ubwa-cristiano-bwo-nzabukora-rocky-kimomo-13727.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *