Dosiye ya perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice uregwa gutanga Sheki itazigamiye, yagejejwe mu Bushinjacyaha.
Ni amakuru yemejwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), aho dosiye ye yagejejwe mu Bushinjacyaha ejo hashize tariki ya 18 Kanama 2026.
Iperereza rikaba rigikomeje ku cyaha akurikiranyweho n’ibifitanye isano nabyo.
Shema Fabrice akaba yaratawe muri yombi Ku wa 11 Kanama 2026 aho afungiwe kuri Sitasiyo ya Kicukiro.
Yinjiye muri FERWAFA nyuma y’imyaka 6 yamaze ari Umuyobozi wa AS Kigali aho yatorewe kuyobora FERWAFA tariki 30 Kanama 2026.
Shema Fabrice asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Africa Medical Supplier, gicuruza ibikoresho by’ubuvuzi mu Rwanda.
Source : http://isimbi.rw/perezida-wa-ferwafa-dosiye-ye-yagejejwe-mu-bushinjacyaja.html
Leave a Reply