Rufonsina yakorewe ibirori bya ‘Baby Shower’ #rwanda #RwOT

Written by

in

Rufonsina umaze kwandika izina muri Sinema Nyarwanda, yakorewe ibirori byo kwitegura umwana ‘Baby Shower’ w’ubuheta yitegura kwibaruka.

Ni ibirori byabaye mu mpera z’icyumweru gishize aho inshuti ze zamukoreye ibirori byo kwitegura umwana we wa kabiri.

Mu bitabiriye ibi birori harimo n’amazina azwi nk’umunyamakurukazi akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo.

Rufonsina wanditse izina muri filime zitandukanye zirimo na filime y’Uruhererekane y’Umuturanyi ari nayo yitwamo Rufonsina, yari asanzwe afite umwana w’imyaka 10.

Mu Kwakira 2024 nibwo umugabo we babyaranye uyu mwana, bakaba bamaranye imyaka 12 yamwambitse impeta ya fiancailles, muri Nyakanga 2025 nibwo yahishuye ko yenda kwibaruka.

Rufonsina yakorewe ibirori byo kwitegura umwana we w’ubuheta

Anita Pendo ari mu baje kumushyigikira

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12030

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *