Nyuma yo gutandukana n’umunyarwandakazi, Sarpong wakiniye Rayon yateye ivi (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Rutahizamu w’umunya-Ghana wakiniye Rayon Sports, Michael Sarpong yatereye ivi inkumi yibera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Sarpong yagaragaje ko yambitse impeta Tierra Wright ndetse akemera kuzamubera umugore. Ni ibirori byitabiriwe n’inshuti n’abavandimwe.

Yagize ati “amasengesho y’ibihe byose, ibyishimo, kudahinduka n’urukundo byangeje kuri ibi bihe na we. Ndashima impano y’urukundo, ubwiza bw’umwunganizi n’urugendo tugiye kugendana. Muri wowe ntabwo nabonye urukundo gusa, ahubwo umwunganizi, inshuti ndetse n’urugo rw’iteka ryose ku mutima wanjye.”

Tierra na we yagize ati “ndacyasakuza kubera umukunzi wanjye, ku bagore beza b’inshuti zanjye niba umugabo atari mwiza kuri wowe, mureke umugabo wa nyawe ntatuma umuhiga.”

Michael Sarpong wakiniye Rayon Sports hagati ya 2018 na 2020 ateye ivi nyuma y’uko muri 2020 yari yakoreye ibirori by’isabukuru umukobwa w’umunyarwandakazi, Djazilla ariko bakaza gutandukana.

Ibyishimo byari byose

Byitabiriwe n’inshuti n’abavandimwe

Byari ibirori byiza cyane

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article12001

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *