Polisi yemeje itabwa muri yombi ry’abahanzi Ariel Wayz na Bobo #rwanda #RwOT

Written by

in

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abahanzi babiri Ariel Wayz na Bobo batawe muri yombi kubera kurenza amasaha yo gutaha bari mu kabari.

Ibi byemejwe n’umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga ubwo yaganiraga na The New Times.

Ku wa Kabiri tariki ya 9 Nzeri 2025 ni bwo batawe muri yombi bahita bajya kubafunga.

Ati “Yego barafunzwe.”

Aba bahanzi bakaba bafatiwe hamwe n’inshuti za bo bari mu kabari barengeje amasaha yo gutaha yashyizweho na leta.

Nyuma yo kubata muri yombi baje kubapima ibiyobyabwenge, ibipimo byerekana ko bakoreshaga n’ibiyobyabwenge.

Kuri ubu aba bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera.

Ariel Wayz na Bobo batawe muri yombi

Source : http://isimbi.rw/spip.php?article11836

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *