Ibiro bishya by'Akarere ka Karongi ntibizubakwa uyu mwaka – #rwanda #RwOT

Written by

in

Mu 2022 ni bwo ubuyobozi bw'aka Karere bwatangaje ko bugiye kubaka ibiro bishya by'Akarere ariko uyu mushinga uza guhagarara, kabone nubwo inyigo yari yararangije gukorwa ndetse n'ikibanza cyarateguwe.

Mu kiganiro na IGIHE, Umuyobozi w'Akarere ka Karongi, Muzungu Gelard, yavuze ko impamvu umushinga wo kubaka ibiro bishya by'Akarere ka Karongi wahagaze ari uko aka karere kari katarabona ingengo y'imari.

Ati 'Ni uyu munsi ntabwo ingengo y'imari iraboneka. Twabanje gushyira imbaraga mu gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y'abaturage. Twagize ibibazo by'ibiza ntabwo twakubaka ibiro bishya by'Akarere tutabanje kubakira abaturage cyane ko abakozi b'Akarere bafite aho bakorera'.

Inyigo yari yateganyije ko ibiro bishya by'Akarere ka Karongi bizuzura bitwaye arenga miliyari 2,5Frw.

Mu byo ibiro bishya by'Akarere ka Karongi byitezweho harimo no kongera ubwiza bw'Umujyi, aho ubuyobozi bw'aka karere bwari bwatangaje ko Karongi nk'Akarere k'ubukerarugendo gakwiye gutangira serivisi ahantu hasobanutse.

Ibiro by’Akarere ka Karongi benshi bavuga ko bitakijyanye n’igihe

Ikibanza kizubakamo ibiro bishya by’Akarere ka Karongi

Uko ibiro bishya by’Akarere ka Karongi bizaba bimeze


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/ibiro-bishya-by-akarere-ka-karongi-ntibizubakwa-uyu-mwaka

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *