Rotary Club n'urubyiruko rw'abagiraneza bari gukusanya miliyoni 57 Frw yo kwita ku barwayi ba kanseri – #rwanda #RwOT

Written by

in

Iki gikorwa cyiswe 'Festival of Sports Rotary Edition' cyabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 21 Kamena 2025, cyitabirwa n'abarimo Ambasaderi w'u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zanna, n'abandi.

Igitekerezo cy'iki gikorwa cyatangijwe na Dunia Heis ubarizwa muri Rotary Club Kigali Virunga, ariko ashyigikirwa n'urubyiruko rutandukanye rufite umutima wo gufasha abarwayi ba kanseri.

Hari gukusanywa miliyoni 57 Frw yo kugura imodoka izajya ivana abarwayi aho bacumbikirwa mu Murenge wa Kinyinya, bakagezwa ku Bitaro bya Kanombe, aho bafashirizwa n'abaganga, ikanabatahana.

Ni Imodoka izaba ikoresha amashanyarazi, mu rwego rwo kurushaho kugabanya amafaranga agenda mu ngendo z'aba barwayi, ahubwo ajye mu bindi nk'uko byagarutsweho na Perezida ucyuye igihe wa Rotary Club Kigali Virunga, Duniah Jacqueline.

Ati 'Twahisemo kugura imodoka ngo abarwayi babone uko bagera ku bitaro, noneho amafaranga twashyiraga mu kubategera, adufashe kongera umubare w'abo dufasha uyu munsi kuko abakeneye ubufasha ni benshi cyane.'

'Ntabwo tuzagarukira ku modoka gusa kuko uyu munsi hari abarwayi barenga 100 bakeneye ko tubacumbikira ariko aho dufite hakira abari hagati ya 27 na 30. Inyubako na yo ikeneye kwagurwa.'

Umwe mu rubyiruko rwagize uruhare mu gutegura 'Festival of Sports Rotary Edition', yavuze ko ari igikorwa kizahoraho mu rwego rwo gushaka inkunga yo gufasha abababaye.

Ati 'Uyu munsi twakoze iki gikorwa kirimo na siporo, ariko nanone turifuza ko tuzajya tugikora kenshi kugira ngo tuzamure umubare w'ubushobozi twafashisha abababaye cyane cyane abarwaye kanseri badafite amikoro.'

Imibare y'Ikigo gikusanya imibare kuri kanseri ku Isi, Globocan igaragaza ko mu Rwanda abantu 7000 basangwamo kanseri buri mwaka, igahitana abarenga 50%.

Urubyiruko rwashimishije benshi mu bikorwa byateguwe byo gushaka imodoka izajya igeza abarwayi ba kanseri aho bivuriza

Urubyiruko rwasusurukije abari muri iki gikorwa binyuze mu mbyino gakondo

Bamwe mu bakina Cricket bari bitabiriye

Umwe mu bari bahagarariye Rotary Club Kigali Virunga, Masterjerb Birungi Paul, yashimye umuhate w’urubyiruko mu gutegura ibikorwa byo gufasha

Urubyiruko rwateguye iki gikorwa rubifashijwemo na Rotary Club Kigali Virunga

Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Alison Thorpe, yagaragaje ko yishimiye iki gikorwa

Ambasaderi wa Nigeria mu Rwanda, Ibrahim Zanna, yitabira kenshi ibikorwa bya Rotary Club

Iki gikorwa cyabereye kuri International School of Kigali

Ababikira bita ku barwayi ba kanseri

Habayeho umwanya wo gutombora ibihembo bitandukanye

Umulisa Joselyne ari gutanga ubuhamya bwe

Umwe mu bafashijwe n’ababikira kwivuza kanseri

Fitnesspoint yitabiriye igaragaza ibikorwa byayo

Umulisa Joselyne yatanze ubuhamya bwe agaragaza ko kurokoka kwe kwamuhishuriye ko agomba kubera abandi uw’umumaro

Umulisa Joselyne yakiriwe muri Rotary Club Kigali Virunga

Onyekachi Ugwu ni umwe mu rubyiruko rwagize uruhare runini mu itegurwa ry’iki gikorwa

Rotary Club Kigali Virunga ifasha ababikira kwita ku barwayi ba kanseri

Ababishoboye bacinyaga akadiho

Uwatye inkunga iki gikorwa yagize uruhare mu gufasha abarwayi ba kanseri

Abaterankunga aboneyeho kwamamaza ibikorwa byabo

Umukino wa Pickle Ball washyizwe mu izifashishwa muri iki gikorwa

Hari hateguwe uburyo abana bishimana n’ababyeyi

Amakipe y’umupira w’amaguru yari yiteguye guhangana

Umukino wa Fencing urushaho gukundwa n’uruyiruko

Uwihoreye Tufaha yafashije ababyifuza kwiga gukina Fencing

Bamwe bahisemo gukina umukino wa Tennis

Ababikira basanzwe bita ku barwayo ba kanseri bari batumiwe muri uyu muhango

Uwihoreye Tufaha usanzwe yigisha Fencing yarimo afasha urubyiruko

Umukino wa Fencing na wo wari wateguwe

Urubyiruko rwigishijwe gukina umukino wa Cricket

Umukino wa Cricket na wo wari wateguwe ku bawifuza

Hari abahisemo gukina umupira w’amaguru

Bamwe mu rubyiruko bidagadura binyuze mu mukino wa Basketball

Wari umunsi w’ibyishimo kuri benshi bawitabiriye

Umukino wa Basketball ni umwe mu yakiniwe muri iki gikorwa

Abaterankunga batandukanye bagize uruharee mu ishyirwa mu bikorwa rya Festival of Sports Rotary Edition

Ni igikorwa urubyiruko rwatanze imbaraga zose ngo kibeho

Umwe mu bari abayobozi ba gahunda za ‘Festival of Sports Rotary Edition’

Urubyiruko rwateguye iki gikorwa rwiganjemo abanyeshuri

Urubyiruko rwagaragaje ko rufite umutima wo gufasha

Abanyamuryango ba zimwe muri Rotary Club ziri mu Mujyi wa Kigali bifatanyije n’abandi mu gukusanya amafaranga yo kugura imodoka igenewe abarwayi

Rotary Club yifatanyije n’urubyiruko gutgura iki gikorwa

Amafoto: Isaac Munyemana


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rotary-club-n-urubyiruko-rw-abagiraneza-bari-gukusanya-miliyoni-57-frw-yo-kwita

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *