Rotary Club Kigali Virunga yabonye umuyobozi mushya yiyemeza kongera umubare w'abanyamuryango – #rwanda #RwOT

Written by

in

Uyu muyobozi yahawe izi nshingano mu muhango wabereye muri Kigali Serena Hotel.

Rotary International ni Umuryango Mpuzamahanga utari uwa Leta ukora ibikorwa by'ubugiraneza birimo gufasha abatishoboye, gushyigikira serivisi ziteza imbere imibereho myiza y'abaturage nk'amazi meza, kurwanya indwara z'ibyorezo no gutanga umusanzu mu bikorwa bigamije guteza imbere abaturage.

Perezida ucyuye igihe, Dunia Jacqueline, yashimye abanyamuryango bawo ku rugendo bakoranye mu gihe cy'umwaka, asaba mugenzi we yahaye inkoni kuzakomereza muri iyo nzira nziza yo guharanira impinduka.

Perezida mushya wa Rotary Club Kigali Virunga, Peter Malinga, yashimye abanyamuryango bamugiriye icyizere cyo kubabera umuyobozi, n'abo bazafatanya kuyobora muri uyu mwaka bashyizwe mu nshingano.

Yashimangiye ko kuri manda ye azibanda ku ngingo eshatu z'ingenzi zirimo kubakira urubyiruko ubushobozi, ibikorwa byita ku mibereho myiza y'abaturage no kuzamura umubare w'abanyamuryango.

Ati 'Nzibanda ku nkingi eshatu z'ingenzi zirimo kubakira urubyiruko ubushobozi, ikintu gikomeye nabonye ku buyobozi bw'uwambanjirije, ndashaka kugendera rero muri uwo murongo. Turashaka kubona urubyiruko rukura rukavamo abayobozi beza b'ejo hazaza.'

'Ikindi nzubakiraho ni ibijyanye no gufasha sosiyete kwishakamo ibisubizo. Ikindi ni iterambere rya Club yacu. Ubu dufite abanyamuryango 87 ariko hari amahirwe menshi ko twakaguka kandi icyo kizabaho.'

Yakomeje agaragaza ko binyuze mu kongera umubare w'abanyamuryango, bazakomeza kugendana n'umuco wo kubaka club idaheza kandi isenyera umugozi umwe.

Uwashinze Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, Prof Balinda yahembwe nk'uwakoze ibikorwa byiza bigamije guteza imbere uburezi. Uyu muyobozi yashimangiye ko yatangije kaminuza agamije gufasha Abanyarwanda n'Abanyafurika kubona uburezi bufite ireme.

Umushoramari Mbundu Faustin yashimye ibikorwa bya Rotary mu Rwanda n'uburyo bifasha mu iterambere ry'imibereho myiza y'abaturage, yemeza ko na we azakomeza kuyishyigikira mu bikorwa byayo.

Yasabye kandi buri wese ufite uburyo, gufasha mu guteza imbere uburezi mu rwego rwo kubaka igihugu gifite ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Guverineri w'Akarere ka 9150 u Rwanda rubarizwamo, Sussane Eleasoe Behle Zoung-Kanyi, yashimye ibikorwa bya Rotary y'u Rwanda na Rotary Club Kigali Virunga mu guteza imbere imibereho myiza y'abaturage.

Yabasabye kandi gukomeza kurangwa n'indangagaciro nziza ziranga abanyamuryango ba Rotary zirimo gushyira hamwe mu guharanira iterambere.

Rotary Club Kigali Virunga yashimye abafatanyabikorwa bayo barimo NCBA Bank yatanze miliyoni 10 Frw, Prime Insurance yatanze miliyoni 3 Frw, IGIHE, Old Mutual n'abandi batandukanye.

Peter Malinga yagizwe Umuyobozi wa Rotary Club Kigali Virunga

Rugera Jeannette na we yari mu bitabiriye

Rugege Andrew yitabiri iki gikorwa

Peter Malinga wagizwe umuyobozi wa Rotary Club Kigali Virunga, yavuze ko yifuza kongera abanyamuryango

Hashimwe uruhare rwa buri wese mu bikorwa bitandukanye bya Rotary Club Kigali Virunga

Guverineri w'Akarere ka 9150 u Rwanda rubarizwamo, Sussane Eleasoe Behle Zoung-Kanyi, yasabye gukomeza umurongo w’ibikorwa byiza

Abafatanyabikorwa bashimiwe ku ruhare rwabo

Umushoramari Mbundu Faustin yashimye ibikorwa bya Rotary mu Rwanda

Peter Malinga yambitswe umudali uranga abayobozi muri Rotary

Ubwo Peter Malinga yahabwaga ubuyobozi

Guverineri w’Akarere ka 9150, Rotary y’u Rwanda ibarizwamo yashimiwe

Prof Balinda Rwigamba watangije ULK yagaragaje ko yari afite intumbero zo gufasha abanyafurika kubona ubumenyi

Perezida ucyuye igihe, Dunia Jacqueline, yasabye umusimbuye gukomeza guharanira impinduka nziza kuri sosiyete

Akanyamuneza kari kose ku bitabiriye iki gikorwa

Ni igikorwa cyitabiriwe n’abantu batandukanye

Abafatanyabikorwa batandukanye bashyigikiye Rotary Club Kigali Virunga

NCBA Bank Rwanda yatanze inkunga muri iki gikorwa

Uwayoboye ibirori byo kwimika umuyobozi mushya wa Rotary Club Kigali Virunga

Habayeho umwanya wo gukata Cake

Amafoto: Munyemana Isaac


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rotary-club-kigali-virunga-yabonye-umuyobozi-mushya-yiyemeza-kongera-umubare-w

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *