'Rwanda Polytechnic' yatanze impamyabushobozi ku barenga 4500 (Amafoto) – #rwanda #RwOT

Written by

in

Yabigarutseho mu muhango wo gutanga impamyabushobozi kuri aba banyeshuri wabereye muri BK Arena. Byari ku nshuro ya munani iri shuri rishyira ku isoko ry'umurimo abaryizemo.

Rwanda Polytechnic ifite amashami umunani arimo IPRC Gishari College, IPRC Huye, IPRC Karongi, IPRC Kigali, IPRC Tumba, IPRC Musanze na IPRC Ngoma.

Minisitiri w'Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashimangiye ko amashuri ya tekinike, imyuga n'ubumenyingiro agira uruhare rukomeye mu iterambere ry'Igihugu kandi ko Rwanda Polytechnic iri kugira uruhare rugaragara.

Ati 'Kimwe mu by'ingenzi dushyize imbere muri NST2 ni uguteza imbere uburezi bw'ubumenyingiro buzadufasha kwihutisha iterambere ryacu rituganisha kuba igihugu gifite ubukungu bwubakiye ku bumenyi.'

Yakomeje ati 'Kugira ngo tuzabigereho biradusaba gukomeza kuzamura urwego rw'ubumenyi ariko dufite n'inganda nyinshi cyane zizadufasha kugira ngo tubone akazi.'

Yashimangiye ko guteza imbere imyuga na tekinike ari inkingi ikomeye izafasha igihugu guteza imbere ubukungu bwacyo.

Minisitiri w'Intebe Dr. Ngirente kandi yongeye kwibutsa ko amasomo y'imyuga tekenike n'ubumenyingiro atagenewe abahungu gusa, ahamagarira n'abakobwa gukomeza gutinyuka bakayagana kuko byagaragaye ko atanga umusaruro mu bukungu bw'igihugu.

Yashimye uko abanyeshuri bo muri Rwanda Polytechnic babashije gukora imodoka y'amasiganwa 'cross car' bwa mbere muri Afurika mu mpera z'umwaka ushize.

Ubuyobozi bwa RP butangaza ko mu igenzura bakoze ku banyeshuri barangije amasomo mu mu 2024, basanze 70% bafite icyo bakora.

Barimo 59% bahise babona akazi, mu gihe 11% bakomeje amasomo mu byiciro byisumbuye cyangwa bakaba bari mu kwimenyereza umwuga.

Muri aba kandi harimo 18% bihangiye imirimo ku buryo bashobora kwinjiza nibura ibihumbi 400 Frw ku kwezi.

Umuyobozi Mukuru w'Ishuri Rikuru ry'Imyuga n'Ubumenyingiro (RP), Dr. Sylvie Mucyo, yagaragaje ko aba banyeshuri barangije amasomo, bafite ubushobozi n'ubumenyi mu kugira uruhare mu gushaka ibisubizo no guhanga udushya tuganisha ku iterambere.

Yabasabye gukomeza kurangwa n'imyitwarire myiza, indangagaciro nziza ndetse guharanira kugira uruhare mu iterambere ry'Igihugu muri rusange.

Umunyeshuri wavuze ahagarariye abandi, Sandrine Uwase Habimana, yashimye ko u Rwanda rushyize imbere ubukungu bushingiye ku bumenyi, rukaba igihugu kiri kwihuta mu iterambere kandi ntawe usigaye inyuma.

Umuyobozi Mukuru wa Irembo, Israel Bimpe, yasangije abarangije amashuri, urugendo rwe rwumuganishije ku kuyobora icyo kigo abasaba kudacika intege.

Minisitiri w'Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko uburezi ari yo nkingi izatuma u Rwanda rugera ku iterambere rwifuza.

Yasabye abanyeshuri barangije amasomo yabo gukomeza guharanira kuba imbere no kugira uruhare rugaragara mu gushaka ibisubizo ku bibazo sosiyete igihura na byo.

Abarangije amasomo basabwe gukomeza kurangwa n’indangagaciro nzima

Minisitiri w’Uburezi, Nsengimana Joseph, yavuze ko uburezi ari yo nkingi izatuma u Rwanda rugera ku iterambere rwifuza

Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yavuze ko amashuri ya tekinike atejwe imbere bigira ingaruka nziza ku bukungu bw’igihugu

Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, yasabye abarangije amasomo kugira uruhare mu iterambere

Abarenga 4500 bize imyuga na tekinike bahawe impamyabushobozi

Ubwo Juno Kizigenza yaririmbaga zimwe mu ndirimbo ze zikunzwe n’abatari bake

Umuyobozi Mukuru wa Irembo, Israel Bimpe, yasangije abarangije amashuri ibyo bakwiye kwitondera

Ibyishimo byabarenze bitera hejuru

Umuyobozi Mukuru wa Irembo, Israel Bimpe, yasangije abarangije amashuri, urugendo rwe rwumuganishije ku kuyobora icyo kigo abasaba kudacika intege

Umuhanzi Juno Kizigenza yataramiye abitabiriye ibi birori

Ababyeyi bari bagiye gushyigikira abana babo

Abanyeshuri barangije amasomo barenga 3560

Abanyeshuri bishimira intambwe bateye

Hari abafataga amafoto y’urwibutso

Abanyeshuri bishimiye kwerekeza ku isoko ry’umurimo

Abakobwa bahamagariwe kwitabira ku bwinshi amashuri y’imyuga na tekinike

Abanyeshuri bagaragaje ko biteguye gutanga umusanzu wabo

Amashuri ya tekinike yagaragajwe nk’inkingi ikomeye mu iterambere ry’igihugu

Abanyeshuri bishimiye gusoza amasomo

Umuyobozi Mukuru w'Ishuri Rikuru ry'Imyuga n'Ubumenyingiro (RP), Dr. Sylvie Mucyo, yerekanye ko abarangije umwaka ushize babonye akazi ku kigero cya 70%

Umuyobozi Mukuru wa RP, Mucyo Sylvie, yasabye abarangije gukomeza kurangwa n’indangagaciro nzima

Ubwo abanyeshuri banyuranye bageraga kuri BK Arena ahabereye ibirori byo guhabwa impamyabushobozi

Abanyeshuri baje bagaragiwe n’ababyeyi babo

Abarangije amasomo yabo bifurije ishya n’ihirwe ku isoko ry’umurimo

Ibyishimo byari byose kuri aba banyeshuri

Amafoto: Kwizera Herve


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/rwanda-polytechnic-yatanze-impamyabushobozi-ku-barenga-4500-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *