Leta y'u Rwanda iteganya kugabanya 80% by'amafaranga ashorwa mu gukodeshereza ibigo byayo – #rwanda #RwOT

Written by

in

Umuyobozi w'Ikigo cy'Igihugu gishinzwe Imyubakire (RHA), Rukaburandekwe Alphonse, yasobanuriye New Times ko ibi bizagerwaho binyuze mu mushinga mugari wo kubakira ibigo bya Leta inyubako ku butaka bwa hegitari icyenda buherereye mu Murenge wa Kimihurura.

Rukaburandekwe yatangaje ko Ikigo cy'Imisoro n'Amahoro (RRA), Ibiro by'Umuvunyi, Ibiro by'Umugenzuzi Mukuru w'Imari ya Leta (OAG), Ikigo cy'Igihugu cy'Indangamuntu (NIDA) ndetse n'amashami y'Umuryango w'Abibumbye na za Ambasade ari byo bizubakirwa inyubako muri uyu mushinga.

Yagize ati 'Kugira ngo dukemure icyuho cy'amafaranga giterwa n'ikiguzi cyo hejuru cy'ubukode, Leta iteganya kubaka inyubako zayo zizakoreramo ibigo nka RRA, OAG, Ibiro by'Umuvunyi NIDA, inzego za Loni na za Ambasade.'

Nk'uko yakomeje abisobanura, hakomeje ibiganiro n'ibigo bya Leta, byerekeye ku gushaka ba rwiyemezamirimo n'abashoramari bifuza kugira uruhare muri uyu mushinga, ahamya ko uzarangirana n'umwaka wa 2029.

RHA igaragaza ko ubukode bw'inyubako bukoreramo ibigo bya Leta bwishyurwa miliyari 12 z'amafaranga y'u Rwanda buri mwaka. Mu gihe uyu mushinga wazaba wararangiye, biteganyijwe ko 80% (miliyari 9,6 Frw) by'amafaranga azagabanywaho, azajya ashyirwa mu yindi mishinga y'ingenzi.

RRA iri mu bigo biteganyirizwa kuva mu bukode

NIDA na yo izubakirwa inyubako yayo

Ibiro by’Umuvunyi na byo biri mu mushinga wo kubakirwa inyubako

Ibiro by’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta biteganyirizwa kuva mu bukode mu 2029

Rukaburandekwe yasobanuye ko uyu mushinga nurangira, miliyari 9,6 Frw zajyaga mu bukode zizajya zifashishwa mu yindi mishinga y’ingenzi


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/leta-y-u-rwanda-iteganya-kugabanya-80-by-amafaranga-ashorwa-mu-gukodeshereza

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *