Mu mafoto arenga 100: Ibyaranze ibirori byo gusoza umwaka byakiriwe na Perezida Kagame – #rwanda #RwOT

Written by

in

Hari mu birori byo gusoza umwaka wa 2024 byabereye muri Kigali Convention Centre, aho Umukuru w'Igihugu yagarutse ku bihe by'ingenzi u Rwanda rwanyuzemo birimo ibyiza n'ibibi, ashimangira ko ibyiza bikwiriye kwishimirwa, ibitaragenze neza bigakurwamo amasomo.

Yagaragaje ko mu byaranze uyu mwaka harimo kwibuka amateka mabi yaranze u Rwanda, icyakora agashimangira ko nubwo ari mabi, ariko u Rwanda rwibuka kandi rwiyubaka, anagaruka ku myaka 30 rumaze rwibohoye.

Ati “Muri uyu mwaka habayemo kwibuka abacu ku nshuro ya 30. Habaho kwibuka twiyubaka n'amateka yo kwibohora, ku nshuro ya 30.”

Yanashimiye abagize uruhare mu gikorwa cy'amatora, anagaruka ku cyorezo cya Marburg giherutse kugaragara mu Rwanda, avuga ko ubu cyamaze gutsindwa kandi ko u Rwanda rwifatanyije n'imiryango yabuze ababo.

Umukuru w'Igihugu yashimiye abaganga n'abandi bose bagize uruhare mu kurengera ubuzima muri ibyo bihe bikomeye, rimwe na rimwe bakabikora bashyize ubuzima bwabo mu kaga.

Yavuze ko ibyagezweho n'u Rwanda bikwiriye kwishimirwa, kuko na byo ari ingenzi mu buzima, icyakora atanga n'umuburo, avuga ko kwishima bitavuze kurangara.

Ati “Nitujya twishima, tujye dusigarana kwa kwirinda, kuri buri muntu no kuri twese. Ntawe tuzemerera ko yaduhungabanyiriza umutekano, n'umunsi n'umwe.”

Ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024 byabereye muri Kigali Convention Centre kuri uyu wa 30 Ukuboza

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda kuzagira umwaka mwiza wa 2025

Aho ibirori byabereye hari hateguwe mu buryo bunogeye ijisho

Abafashaga abatumirwa kubona icyo bakeneye bari bahari ku bwinshi

Minisitiri mushya wa Siporo, Nelly Mukazayire aramukanya na bamwe mu bari bitabiriye ibi birori

Uyu mugoroba wasigaye mu mitima y’abari bitabiriye ubutumire bose

Umunyamakuru wa Radio O, Gato Félicien unakora ibyegeranyo bigaruka ku buzima bw'ibyamamare, abinyujije mu cyo yise 'Secret Memory” na we yari yitabiriye ibi birori

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarakh Muganga na we yifatanyije n’Abanyarwanda mu birori byo gusoza umwaka wa 2024

Abantu binjiraga muri Kigali Convention Centre bamwenyura

Umuhanzi The Ben ukunzwe na benshi mu Rwanda no hanze yarwo, yari yitabiriye ibi birori ari kumwe n’umugore we, Uwicyeza Pamella

Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo, Ingabire Paula ari mu bitabiriye ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024

Abantu bari bishimiye ibyo bagezeho mu 2025 bitegura kwinjira mu mwaka wa 2025

Akanyamuneza kari kose ku bantu bari muri ibi birori

Munyakazi Sadate uzwi muri siporo no mu ishoramari mu Rwanda ni umwe mu bari bitabiriye ubu butumire

Eugene Anangwe uherutse guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda, ni umwe mu bari bitabiriye ubutumire bwa Perezida Kagame n’Umuryango we

Abantu bari bizihiwe no kuba muri ibi birori

Perezida Kagame yishimiye umuziki yasanze muri Convention Centre avuga ko ari umuziki mwiza w’igitangaza

Umuziki mwiza ni wo waherekezaga ibi birori bisoza umwaka wa 2024

Wari umugoroba w’ibyishimo bisendereye

Ibi birori byaranzwe n’ibyishimo ndetse no gusangira ku babyitabiriye

Ivan Cyomoro, Ange Kagame n’Umugabo we Ndengeyingoma Bertrand, bari baje kwifatanya n’Abanyarwanda mu birori bisoza umwaka wa 2024

Abantu birekuye barizihirwa mu kwishimira ibyagezweho mu 2024 no kwiha icyerekezo cya 2025

Perezida Kagame yavuze ku bihe by'ingenzi u Rwanda rwanyuzemo birimo ibyiza n'ibibi, ashimangira ko ibyiza bikwiriye kwishimirwa, ibitaragenze neza bigakurwamo amasomo

Perezida Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, bifatanyije n’Abanyarwanda mu kwishimira ibyagezweho mu 2024

Bishimiye byimazeyo gukorwa mu ntoki na Perezida wa Repubulika

Perezida Paul Kagame na Madamu bakiranywe urugwiro rwinshi n’abari babategerereje muri Kigali Convention Centre

Perezida Kagame yijeje Abanyarwanda umutekano iminsi yose avuga ko ushaka kuwuhungabanya wese atazabyemererwa na rimwe

Perezida Kagame yifurije Abanyarwanda umwaka mushya muhire wa 2025 abifuriza kuzawugiramo ibyiza byose

Perezida Kagame yavuze ko igihugu cy’u Rwanda kigizwe n’Umuryango umwe rusange w’Abanyarwanda

Wabaye umugoroba wo gukabya inzozi kuri benshi baba bifuza gukorwa mu ntoki n’Umukuru w’Igihugu

Umunyamakuru wa Siporo, Rugaju Reagan yatahanye ifoto y’urwibutso ari kumwe n’Umukuru w’Igihugu

Mu bikorwa by’ingenzi byaranze umwaka wa 2024 nk’uko byagarutsweho na Perezida Paul Kagame, harimo Kwibuka imyaka 30 yo Kwibohora, Kwibuka ku nshuro ya 30 Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ndetse n’igikorwa cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame basangiye n’abitabiriye ibirori bisoza umwaka wa 2024

Ibi birori byitabiriwe n’abo mu nzego z’abikorera, imiryango itegamiye kuri leta inshuti z'u Rwanda n'abandi baturage muri rusange

Abantu bari benshi muri Kigali Convention Centre

Ijambo rya Perezida Kagame ryanejeje cyane abari bitabiriye ubutumire bwe

Nubwo Perezida Kagame yasabye abantu kwishima, yatanze n'umuburo, avuga ko kwishima bitavuze kurangara

Wari umugoroba w’ibyishimo kuri Nel Ngabo n’abari muri ibi birori bisoza umwaka wa 2024

Nel Ngabo yataramiye abari bateraniye muri Kigali Convention Centre

Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi basusurukije abari bateraniye muri Kigali Convention Centre

Wari umugoroba wo gususuruka binyuze mu bikorwa bitandukanye birimo indirimbo, gusangira no kuganira

Perezida Kagame yasabye abari bitabiriye ubutumire kwishima bagasabana batitaye ku masaha, icyakora abihanangiriza kutaza kuva mu birori bajya gukora amakosa mu mihanda

Ange Kagame yari yaje kwifatanya n’abandi Banyarwanda muri ibi birori byo gusoza umwaka

Perezida Kagame yijeje ko byanze bikunze ibintu bigomba kurushaho kugenda neza mu mwaka wa 2025

Umunezero wari mwinshi muri ibi birori byo gusoza umwaka wa 2024

Abitabiriye ubutumire bari bakeye ku maso

Bakurikiye ubutumwa bari bagenewe na Perezida wa Repubulika batuje

Madame Jeannette Kagame n’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, bifatanyije n’abandi Banyarwanda mu mbyino gakondo

Madame Jeannette Kagame n’Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo, baryohewe n’umushayayo nyarwanda

Buri wese yashakaga gufata ifoto y’urwibutso

Ibi birori byitabiriwe n’abayobozi bakuru mu nzego z’igihugu ndetse n’ab’Imiryango Mpuzamahanga

Perezida Kagame yashimye umuziki mwiza yasanze muri Kigali Convention Centre

Umunyamabanga Mukuru wa OIF, Louise Mushikiwabo yari yitabiriye ubutumire bwa Perezida Kagame n’Umuryango we

Wari umugoroba wo kwishimira ibyiza byagezweho mu 2024 no guha umurongo ibitaragenze neza

Abantu bari bahuje urugwiro muri uyu mugoroba wo ku wa 30 Ukuboza 2024

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na we yari yitabiriye ubu butumire

Madamu Jeannette Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda kwishimira ibyagezweho mu 2024

Wari umugoroba wuje umunezero kuri buri muntu witabiriye ubutumire

Umuyobozi wungirije wa RBA, Sandrine Isheja yari Umusangiza w’Ijambo muri ibi birori

Perezida Kagame yongeye gushimira Abanyarwanda uruhare runini bagize mu matora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yabaye muri Nyakanga 2024

Perezida Kagame yavuze ko inzira ari imwe, ari yo yo gukora ibyiza nk’uko byakozwe mu 2024

Perezida Kagame yavuze ko afite imiryango myinshi ahereye ku muryango we w’umwihariko mu rugo, Umuryango wa FPR-Inkotanyi, Inzego z’Umutekano zitandukanye, Guverinoma ndetse n’Umuryango w’Abanyarwanda muri rusange

Perezida Kagame yashimye byihariye abo mu nzego z’ubuvuzi barimo abaforomo, abaganga n’abandi ku kazi gakomeye bakoze mu 2024

Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kujya bishima bakimarayo mu gihe habonetse uwo mwanya

Perezida Kagame yihanganishije imiryango yabuze abayo bitewe na Virusi ya Marburg yagaragaye mu Rwanda mu mezi ya nyuma ya 2024, ashimira abo mu nzego z’ubuvuzi bakoranye ubwitange mu kuyihashya bikagerwaho

Perezida Kagame yazirikanye abatanze ubuzima bwabo kugira ngo ubw’abandi bukomeze muri 2024 arabashimira

Perezida Kagame yashimye umwuka mwiza yasanganye abantu ubwo yinjiraga muri Kigali Convention Centre

Amafoto: Village Urugwiro


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/mu-mafoto-arenga-100-ibyaranze-ibirori-byo-gusoza-umwaka-byakiriwe-na-perezida

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *