Gen Maj Ruvusha yatangiye inshingano nk'ukuriye ibikorwa by'inzego z'umutekano z'u Rwanda muri Mozambique – #rwanda #RwOT

Written by

in

Kuri uyu wa Gatandatu nibwo iryo hererekanyabubasha ryabayeho mu Mujyi wa Mocimboa Dá Praia mu Ntara ya Cabo Delgado.

Mu bari bitabiriye hari Itsinda ry'Abahuzabikorwa b'Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri muri Mozambique, Abayobozi ba Polisi, Abashinzwe ibikorwa by'iperereza n'abandi basirikare.

Gen Maj Ruvusha yageze muri Mozambique ku wa 20 Kanama, yerekwa ibice byose Inzego z'Umutekano z'u Rwanda zifite mu nshingano birimo Mocimboa da Praia, Chinda, Palma, Afungi, Pundanhar, Macomia, Ancuabe na Pemba.

Gen Maj Emmy Ruvusha yigeze kuba Umuyobozi wa Diviziyo ya mbere mu Ngabo z'u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali no mu Ntara y'Iburasirazuba.

Inkuru bifitanye isano: Kajugujugu ku rugamba, gusimbuza abasirikare, abagiye kuyobora Ingabo: Isura nshya i Cabo Delgado

Gen Maj Alex Kagame ahererekanya ububasha na Gen Maj Emmy Ruvusha

Abayobozi batandukanye b’inzego z’umutekano z’u Rwanda bafashe ifoto y’urwibutso


Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gen-maj-ruvusha-yatangiye-inshingano-nk-ukuriye-ibikorwa-by-inzego-z-umutekano

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *