Savio yerekeje i Burayi, yaba yasezeye ruhago burundu? #rwanda #RwOT

Written by

in

Nshuti Dominique Savio wakiniye amakipe yose akomeye mu Rwanda, yamaze kwerekeza i Burayi aho agiye gukomereza ubuzima.

Uyu mukinnyi uheruka gutandukana na Police FC amakuru avuga ko yajyanye na mugenzi we bakinanye muri Police FC, Mugenzi Bienvenue.

Aba bombi amakuru akaba aberekeza mu gihugu cy’Ubudage aho bagiye gukomereza ubuzima, bivugwa ko ibyo bagiyemo bitandukanye na ruhago bamenyekanyemo.

Nshuti Dominique Savio wakiniye Isonga, Rayon Sports, AS Kigali, APR FC na Police FC amakuru avuga ko asize akoze ubukwe na Tracy bamaze imyaka myinshi bakundana.

Savio yerekeje i Burayi

Mugenzi Bienvenue na we yajyanye na Savio

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/savio-yerekeje-i-burayi-yaba-yasezeye-ruhago-burundu

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *