MU MAFOTO 100: Twinjirane mu mugoroba w’Intsi… – #rwanda #RwOT

Written by

in

Ku munsi w’ejo ku wa Mbere tariki ya 15 Nyakanga 2024 ni bwo mu Rwanda habaye amatora y’Umukuru w’Igihugu akomatanyije n’ay’Abadepite. Ni nyuma y’uko abanyarwanda batuye mu mahanga batoye ku wa 14 Nyakanga 2024.

Mu ijoro ry’ukumunsi w’ejo n’ubundi Komisiyo y'Igihugu y'Amatora, NEC yatangaje iby’ibanze byavuye mu matora y'Umukuru w'Igihugu, bikaba byagaragaje ko Perezida  Kagame yatsinze amatora ku majwi 99.15%, mu gihe abo bari bahanganye, Dr Habineza Frank yagize amajwi 0.53% naho Mpayimana Phillippe agira amajwi 0.32%.

Ubwo hatangazwaga iby’ibanze byavuye mu matora y'Umukuru w'Igihugu ,Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bari ku Intare Arena i Rusororo, ahasanzwe hari icyicaro gikuru cy'uyu muryango.

Nyuma yo gutsinda amatora, Perezida Kagame yashimiye abo mu muryango we baba bari kumwe igihe cyose ndetse anashimira Abanyarwanda muri rusange.

Muri ibi birori byo kwishimira intsinzi hari hari abantu batandukanye barimo n’abazwi mu bisata bitandukanye cyane cyane abiganjemo abahanzi.

Perezida Kagame yashimiye abo mu muryango we avuga ko bamubera akabando ndetse, anashimira Abanyarwanda muri rusange 

Byari ibyishimo ku muryango wa Perezida Kagame 

Perezida Kagame na Madamu bishimira intsinzi 

Ubwo Perezida Kagame n’abo mu muryango we barebaga ibyavuye mu matora 

Madamu Jeannette Kagame abyinana n’abandi ba nyamuryango ba FPR-Inkotanyi bishimira intsinzi 

Abarimo Ruti Joel bacinya akadiho

Byari ibyishimo ku bari bitabiriye umugoroba w’intsinzi 

Munyakazi Sadate wayoboye Rayon Sports ni umwe mu bari bitabiriye uyu mugoroba w’intsinzi

Source : https://inyarwanda.com/inkuru/145003/mu-mafoto-100-twinjirane-mu-mugoroba-wintsinzi-perezida-kagame-yashimiyemo-abarimo-umuryan-145003.html

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *