Rivers Hoopers yegukanye umwanya wa 3 muri BAL mu mukino warebwe na Perezida Kagame #rwanda #RwOT

Written by

in

Ikipe ya Rivers Hoopers yo muri Nigeria yaraye yegukanye umwanya wa 3 muri BAL 2024, ni nyuma yo gutsinda Cape Town Tigers yo muri Afurika y’Epfo amanota 80-57, ni umukino warebwe na Perezida wa Kagame.

Ibifashijwemo n’abarimo Devine Eke na William Perry, Rivers yegukanye agace ka mbere ku manota 25-8. Byakomeje kugeza no mu gace ka kabiri aho yagatsinze amanota 18-11. Bagiye kuruhuka ari 43-29.

Ubwo amakipe yari agiye mu karuhuko umuhanzi Ariel Wayz yasusurukije abari muri Kigali Arena bari bitabiriye iyi mikino mu ndirimbo ze nka Agasinye, Shayo na Deeper.

Agace ka gatatu Rivers yagatsinze amanota 20-9 ni mu gihe agace ka nyuma yagatsinzwe 19-17 gusa yegukanye umwanya wa 3 ku manota 80-57.

Umukino wa nyuma urahuza Petro de Luanda yo muri Angola na Al Ahly yo muri Libya uyu munsi ku wa Gatandatu tariki ya 1 Kamena 2024 muri Kigali Arena.

Rivers yegukanye umwanya wa 3 itsinze Cape Town Tigers

Perezida Kagame yakurikiye uyu mukino

Ariek Wayz yasusurukije abari muri Kigali Arena

Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rivers-hoopers-yegukanye-umwanya-wa-3-muri-bal-mu-mukino-warebwe-na-perezida-kagame

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *