Miss Nimwiza Meghan yavutse bushya (AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Nyampinga w’u Rwanda 2019, Nimwiza Meghan yavutse bushya muri Kristu ubwo yabatizwaga mu mazi menshi.

Ni umuhango wabaye ku mugoroba w’ejo hashize ku wa Kabiri tariki ya 28 Gicurasi 2024 mu Itorero rya Christian Life Assembly.

Akaba yari yaherekejwe n’abavandimwe, inshuti zirimo na Nyampinga w’u Rwanda 2018, Iradukunda Liliane.

Iradukunda Liliane wasimbuwe na Meghan ku ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda, yagaragaje ko atewe ishema n’iyi ntambwe ateye.

Mu butumwa yanyujije kuri Instagram yagize ati “Itangiriro rishya. Ndishimye kandi ntewe ishema na we Meghan wanjye.”

Kuva 2020 Nimwiza Meghan yari umuvugizi wa Miss Rwanda, inshingano yaje kuvaho muri 2022 ubwo yasezeraga, hari mbere y’uko rihagarikwa.

Miss Nimwiza Meghan yabatijwe

Byari ibyishimo bikomeye kuri Nimwiza Meghan

Yari yaherekejwe n’abarimo Iradukunda Liliane

Nimwiza Meghan yegukanye ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda 2019

Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/miss-nimwiza-meghan-yavutse-bushya-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *