Inkuru nziza, Leta yumvise ubusabe bw’Abanyarwanda yongera amasaha utubari n’ibindi bikorwa bizajya bifungirwaho bivuye ku gufunga Saa saba – YEGOB #rwanda #RwOT

Written by

in

Inkuru nziza, Leta yumvise ubusabe bw'Abanyarwanda yongera amasaha utubari n'ibindi bikorwa bizajya bifungirwaho bivuye ku gufunga Saa saba

Mu minsi yashize Leta yashyizeho itegeko ko ibikorwa byose by'imyidagaduro, utubari, amahoteli n'ibindi bigomba kujya bifungwa bitarenze Saa saba z'ijoro.

Gusa kuri ubu Leta yatangaje ko mu gihe cy'iminsi mikuru yo mu mpera z'uyu mwaka wa 2023, abakora ubucuruzi bw'utubari, amahoteli, utubyiniro ndetse na Resitora bongerewe amasaha yo gutanga serivisi.

Nkuko byatangajwe na RDB, ibi bikorwa bizajya bikora amasaha 24 kuri 24 muri iki gihe cy'iminsi mikuru.

Source : https://yegob.rw/inkuru-nziza-leta-yumvise-ubusabe-bwabanyarwanda-yongera-amasaha-utubari-nibindi-bikorwa-bizajya-bifungirwaho-bivuye-ku-gufunga-saa-saba/

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *