Diane wamenyekanye muri City Maid yasezeranye imbere y’amategeko(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Bahavu Jeannette wamenyekanye muri filime y’uruhererekane ya City Maid nka Diane, yaraye asezeranye imbere y’amategeko na Ndayikingurukiye Fleury ‘Legend’.

Uyu mukobwa watangiye gukina filime ye bwite yise Impaga, ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane tariki ya 17 Ukuboza 2020 yasezeranye imbere y’amategeko na Ndayikengurikiye Fleury usanzwe ukora akazi ko gufata no gutunganya amashusho, akaba ari nawe ufata amashusho y’Impanga Series.

Bakaba basezeranye kubana akaramata nyuma y’imyaka irenga 3 bakundana.

Byari biteganyijwe ko nyuma y’umuhango wo gusezerana imbere y’amategeko ku wa Cyumweru tariki ya 20 Ukuboza 2020 ari bwo ubukwe bwari kuzaba ariko mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Coronavirus, Leta yahagaritse imihango yose y’ububwe.

Bakaba bagomba gutegereza ngo iyi mihango ifungurwe babone gukomeza gahunda zabo ndetse ari nabwo bazabana nk’umugore n’umugabo.

Bahavu Jeannette abinyujije ku rukuta rwe rwa Instagram yashyizeho amafoto arimo asezerana iherekezwa n’amagambo agira ati“nzahora nshima! Ndagukunda mwami wanjye.”

Mu ibirori byahuriranye n’isabukuru ya Bahavu Jeannette, ku wa Gatanu tariki ya 17 Nyakanga 2020, Legend nibwo yasabye Bahavu ko yazamubera umugore, ni ibirori byabereye Scheba Hotel mu Kiyovu.

Bahavu Jeannette yarahiriye kubana akaramata na Ndayikengurikiye Fleury

Fleury yarahiriye kuba umugabo wa Bahavu Jeannette

Nyuma yo gusezerana bahawe icyemezo cy’uko bamaze kuba umugore n’umugabo

Fleury ni uko yari yambaye mu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko

Bahavu Jeannette yari yishimye

Source : http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/diane-wamenyekanye-muri-city-maid-yasezeranye-imbere-y-amategeko-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *