Ku myaka 53, umutoza wa Gicumbi FC yasezeranye n’umufasha we bamaranye imyaka 11(AMAFOTO) #rwanda #RwOT

Written by

in

Umutoza w’ikipe ya Gicumbi FC, Munyankindi Jean Paul yasezeranye imbere y’amategeko n’umugore we, Ndakuze Iris Usrla bari bamaze imyaka 11 babana.

Ku munsi w’ejo hashize ku wa Kane, nibwo Munyakindi Jean Paul w’imyaka 53 yasezeranye na Ndakuze Iris Usrla imbere y’amategeko , ni umuhango wabereye mu Murenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro.

Munyankindi Jean Paul yagizwe umutoza wa Gicumbi FC muri Werurwe 2020, akaba yaratoje umukino umwe gusa kuko shampiyona yahise ihagarara kubera COVID-19.

Uyu mukino yatoje ni uwo yanganyijemo na Rayon Sports 1-1 kuri Stade Regional i Nyamirambo tariki ya 14 Werurwe 2020, ari na wo munsi shampiyona yahagarikiweho.

Munyankindi kandi yatoje amakipe atandukanye nka APR FC, Volcanique, Police FC, Mukura Victory Sports, Espoir FC na Etincelles FC.

Ndakuze Iris Usrla yarahiriye ko mu bibi no byiza azabana na Munyankindi

Munyankindi na we yarahirye kubana akaramata na Ndakuze

Bahawe icyemezo cy’uko basezeranye imbere y’amategeko

Akanyamuneza kari kose

Bari baherekejwe n’imiryango

Source : http://isimbi.rw/siporo/ku-myaka-53-umutoza-wa-gicumbi-fc-yasezeranye-n-umufasha-we-bamaranye-imyaka-11-amafoto

Comments

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *