Tag: Ubuzima

  • Rulindo : Umwana wafatiwe n’uburwayi budasobanutse ku ishuri yitabye Imana bitunguranye #rwanda #RwOT

    Uyu mukobwa witwa Niyomufasha Marie, yitabye Imana kuri uyu wa Mbere tariki 15 Mutarama 2024 ku isaaha ya saa saba z’amanywa.

    Amakuru avuga ko yafashwe akubita umunwa ku ntebe, agahita ajyanwa kwa muganga igitaraganya kuko yari yaguye muri Coma, ariko agejewe ku Ivuriro ahita yitaba Imana.

    Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanya ku Bitaro bya Kacyiru ngo ukorerwe isuzuma mbere yo gushyingurwa.

    Ni amakuru yemejwe n’Umuyobozi wa G.S Binaga, Murebwayire Alphonsine wavuze ko ari inshuro ya mbere bari babonye nyakwigendera afatwa n’ubwo burwayi.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-rwanda/article/Rulindo-Umwana-wafatiwe-n-uburwayi-budasobanutse-ku-ishuri-yitabye-Imana-bitunguranye

  • Rwanda : Nyuma y’icyumweru kimwe umuntu wa kabiri yishwe n’impanuka n’urukuta rwaguye #rwanda #RwOT

    Iyi mpanuka y’urukuta rw’inzu yariho yubakwa, yabereye mu Kagari ka Kanazi mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke.

    Amakuru aturuka muri aka gace, avuga ko uru rukuta rwagwiriye abantu bane bari mu bikorwa byo kubaka ahagiye kujya sitasiyo y’ibikomoka kuri Peteroli.

    Ubwo iyi mpanuka yari imaze kuba, abaturage benshi bahuruye baza gutabara, aho bageragezaga gukura amatafari n’ibitaka byari byagwiriye abantu.

    Iyi mpanuka ibaye nyuma y’icyumweru kimwe, mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo habereye indi nkayo y’umukingo wagwiriye nabwo abantu bane, umwe akahasiga ubuzima.

    Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo ku wa Mbere w’icyumweru gishize tariki 08 Mutarama 2024.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-rwanda/article/Rwanda-Nyuma-y-icyumweru-kimwe-umuntu-wa-kabiri-yishwe-n-impanuka-n-urukuta-rwaguye

  • Amakuru mashya ku bakinnyi 7 b’ikipe ya Rambura WFC bakubiswe n’inkuba bakaba bari barembeye mu bitaro – AMAFOTO – YEGOB #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Mutarama 2024 nibwo bamwe mu bakinnyi b'ikipe ya Rambura WFC bari mu bitaro bya Byumba muri mu karere ka Gicumbi nyuma y'uko bakubiswe n'inkuba ubwo bari mu mukino wabahuzaga na Inyemera WFC.

    Nta n'umwe witabye Imana, gusa harimo abakomeretse bahise bajyanwa kwitabwaho kwa muganga.

    Abakinnyi bose bari bagize ikibazo ku mukino wahuje Inyemera WFC na Rambura WFC bakajya mu bitaro kubera gukubitwa n'inkuba, bamaze gusezererwa nyuma yo koroherwa.

     

    Source : https://yegob.rw/amakuru-mashya-ku-bakinnyi-7-bikipe-ya-rambura-wfc-bakubiswe-ninkuba-bakaba-bari-barembeye-mu-bitaro-amafoto/

  • Gicumbi : Umwana muto yishwe n’inkuba ari kumwe n’ababyeyi be #rwanda #RwOT

    Uyu mwana witwa Iradukunda yakubiwe n’inkuba ubwo yari kumwe n’ababyeyi be mu murima bari gusarura ibishyimbo, mu Mudugudu wa Rubyiro mu Kagari ka Gitega.

    Ibi byago byabaye nyuma y’imvura nke yari imaze guhita mu gace kari mo isambu bari bamaze gusaruramo iriya myaka.

    Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi w’Agateganyo, Uwera Parfaite ; avuga ko abaturage bakwiye kuzirikana mu bihe by’imvura abantu baba bagomba kwirinda kugama munsi y’ibiti cyangwa gukora ibindi bintu byashyira ubuzima bwabo mu kaga.

    Yagize 'Turihanganisha abagize ibyago, abaturage bamenye ko igihe imvura iri kugwa bagomba kugama, amatungo yabo bakayacyura, bakirinda kwegera amadirishya n’inzugi, ndetse bagacomokora ibyuma bikoreshwa n’amashanyarazi kuko byatuma inkuba zikubita ubuzima bwabo bukajya mu kaga.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-rwanda/article/Gicumbi-Umwana-muto-yishwe-n-inkuba-ari-kumwe-n-ababyeyi-be

  • Japan : Umubare w’abahitanywe n’umutingito wazamutse ugera kuri 48 #rwanda #RwOT

    Kugeza kuri uyu wa Kabiri, ubuyobozi mu bice byabayemo iyi mitingito bakomeje kuburira ababituyemo, kuguma kure y’inzu zabo kuko hari ikikango ko hashobora kongera kuba indi mitingito ikomeye.

    Iyi mitingito yibasiye Intara ya Ishikawa, yatangiriye ku wabanje kuba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere wari ufite igipimo cya 7,6.

    Kugeza ubu hemejwe ko abantu 48 bamaze kwitaba Imana mu Ntara ya Ishikawa, ndetse ibikorwa byinshi bikaba byangiritse mu mijyi nka Wajima na Suzu.

    Nanone kandi habarwa abantu 14 bakomeretse bikabije, mu gihe inzu zasenywe n’iyi mitingito yo zitaramenyekana, ariko zikaba ari nyinshi.
    Gusa ibitangazamakuru byo mu Buyapani, biravuga ko inzu zibarirwa muri Magana zasenyutse kubera iyi mitingito.

    Kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri w’Intebe w’Intebe w’u Buyapani, Fumio Kishida yatangaje ko Igisirikare cy’iki Gihugu cyohereje abasirikare 1 000 mu bice byashegeshwe n’iyi mitingito, mu rwego rwo gutanga ubufasha mu butabazi.

    Yagize ati 'Gutabara ubuzima bw’abantu, ni byo dushyize imbere kandi turi kugenda dusiganwa n’igihe. Birashoboka ko hari abantu bakiri munsi y’inkuta zabawiriye.'

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/article/Japan-Umubare-w-abahitanywe-n-umutingito-wazamutse-ugera-kuri-48

  • RIP: Abantu bane bapfuye mu ijoro rya BONANE bari kuyizihiza mu Rwanda – YEGOB #rwanda #RwOT

    Polisi y'Igihugu yatangaje ko mu ijoro ry'ubunani, tariki ya 31 Ukuboza 2023 rishyira tariki 1 mu 2024 hapfuye abantu bane, barimo babiri baguye mu mpanuka n'abandi bishwe n'urugomo.

    Polisi ivuga ko impanuka z'imodoka zabereye mu Karere ka Nyagatare na Musanze zahitanye ubuzima bw'abantu babiri, abandi babiri bicwa n'urugomo bakorewe mu ijoro ryo ku itariki ya 1 Mutarama 2024.

    Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, yatangaje ko impanuka yabereye mu Karere ka Nyagatare yahitanye umuntu umwe undi arakomereka .

    Ati 'Umuntu wagonzwe n'imodoka mu Karere ka Nyagatare ari mu kigero cy'imyaka 40, abantu basanze yapfuye ariko imodoka yamugonze ntabwo iramenyekana harimo gukorwa iperereza kuko yahise ikomeza iragenda ariko irimo gushakishwa'.

    ACP Rutikanga yabwiye KigaliToday ko impanuka yabereye mu Karere ka Musanze yaturutse ku mushoferi wagonze abantu babiri umwe ahasiga ubuzima undi arakomereka bikomeye.

    Aba bantu bagonzwe n'imodoka mu Karere ka Musanze biturutse kuri umwe muri bo wari uryamye mu muhanda, mugenzi we ajya kumukuramo ntibyamushobokera imodoka ibagonga bose.

    Ati 'Uwari uryamye mu muhanda yapfuye uwageragezaga kumukuramo we arakomereka bikomeye ariko umushoferi we nubwo yari yagerageje gutoroka, yaje gufatwa'.

    Undi muntu wapfuye ni umugore wo mu Karere ka Kirehe mu Murenge wa Gahara wahohotewe n'umugabo we amuziza ko yari ahamagawe kuri telefone, umugabo aramufuhira ahita atangira kumuniga birangira ashizemo umwuka.

    No mu Karere ka Rwamagana hagaragaye urugomo hagati y'abantu basangiraga aho batonganye umwe afata inkoni akubita mugenzi we mu mutwe arataha ageze mu rugo bimuviramo urupfu.

    Uwakubise mugenzi we yahise atabwa muri yombi, umurambo na wo ujyanwa gusuzumwa ngo harebwe niba yazize uko gukubitwa iyo nkoni.

    Usibye abaguye mu mpanuka, hari abandi batandatu batawe muri yombi bazira ubujura, hari uwafashwe yiba ibishyimbo by'umukecuru muri Muhanga, mu Mujyi wa Kigali hari abandi bane batawe muri yombi bazira kwambura telefone abantu bavaga gusenga n'undi umwe wafatiwe mu bujura.

    ACP Rutikanga avuga ko impanuka n'urugomo byabaye byaturutse ku businzi.

    Source : https://yegob.rw/rip-abantu-bane-bapfuye-mu-ijoro-rya-bonane-bari-kuyizihiza-mu-rwanda/

  • Hatangajwe umubare w’Abanyarwanda batabashije kwambuka muri 2024 kubera urugomo n’impanuka #rwanda #RwOT

    Abo bantu bane barimo babiri bazize impanuka zabereye mu Turere twa Nyagatare na Musanze, mu gihe abandi babiri bazize urugomo.

    Byemewe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface, wavuze ko impanuka yabereye mu Karere ka Musanze yatewe n’umuntu wari uryamye mu muhanda, ubwo imodoka yazaga undi akajya kumukuramo, igahita ibagonga bombi, umwe ahita ahasiga ubuzima.

    Ati 'Uwari uryamye mu muhanda yapfuye uwageragezaga kumukuramo we arakomereka bikomeye ariko umushoferi we nubwo yari yagerageje gutoroka, yaje gufatwa.'

    Ni mu gihe undi wazize impanuka we yasanzwe mu Karere ka Nyagatare yamaze gushiramo umwuka ariko bigaragara ko yazize impanuka, mu gihe ikinyabiziga cyamwivuganye kikiri gushakishwa.

    Nanone kandi mu Murenge wa Gahara mu Karere ka Kirehe, habaye urupfu rw’umugore wishwe n’umugabo we biturutse ku kuba yaramufuhiye nyuma yo kumva ari kuvugana n’abandi kuri telefone, akamuniga kugeza ashizemo umwuka.

    Ni mu gihe mu Karere ka Rwamagana hari undi na we wazize urugomo, ubwo yakubitwaga inkoni mu mutwe n’uwo basangiraga, ariko ageze mu rugo ahita yitaba Imana.

    Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko uretse aba bazize impanuka n’urugomo, yanataye muri yombi abantu batandatu batawe muri yombi kubera ubujura, barimo bane bafatiwe mu Mujyi wa Kigali bakekwaho kwambura telefone abantu, ndetse n’undi umwe wo mu Karere ka Muhanga wafashwe yiba ibishyimbo by’umuturage.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Mu-rwanda/article/Hatangajwe-umubare-w-Abanyarwanda-batabashije-kwambuka-muri-2024-kubera-urugomo-n-impanuka

  • Umuti wo kwikinisha mu gihe gito ukaba utandukanye niyi ngeso #rwanda #RwOT

    Muri rusange ,Umuti wo kwikinisha ushobora kugora benshi kubera ko iki gikorwa kibata benshi , bityo gutandukana nacyo bikagorana .

    Kwikinisha ni ingeso imaze kuyogoza benshi , cyane cyane abakiri bato ,ibi bigaterwa nuko amashusho y'urukozasoni yandagaye hirya no hino kuri internet no kuyageraho bikaba nta kindi bisaba ,waba uri umuto cyangwa umukuru ufite internet urayabona ku buntu .

    Hari uburyo uburyo ushobora kwivura ingaruka zo kwikinisha ukoresheje imirire , ariko hari n'uburyo ushobora kwivura iyi ngeso bisabye ko ukoresha imirire ahubwo ugahindura imwe mu myitwarire yawe igusunikira muri ibi bikorwa byo kwikinisha .

    Muri yi nkuru twaguteguriye uburyo wakoresha ukivura ingeso yo kwikinisha , ku buryo bworoshye kandi mu gihe gito ukaba watandukanye nayo .

    Ni ryari kwikinisha biba ikibazo ?

    Muri rusange kwikinisha si igikorwa kibi ahubwo kiba kibi bitewe n'ingaruka kigusigira , ahanini kwikinisha bigenda bikurura umuntu , ku buryo atangira kubikora inshuro nyinshi , mu cyumweru cyangwa se ku munsi .

     

    Iyo kwikinisha watangiye kubikora kenshi bitangira gutera ibibazo bitamdukanye ku mubiri birimo

    • Guhorana umunaniro
    • Kuzinukwa abo muhuje igitsina
    • Kugabanuka ku budahangarwa bw'umubiri ,ugatangira kwibasirwa n'uburwayi butandukanye
    • Guhubuka
    • Kwibagirwa bya hato na hato
    • Gutanga umusaruro muke ku kazi
    • nibindi …

    Iy byageze kuri uru rwego ,nibwo bitangira kwitwa uburwayi ,bukeneye kuvugwa kandi iki gihe biba byarakugizeho ingaruka zigaragara .

     

    Ese ni kangahe umuntu yakwikinisha mu cyumweru ntibimutere ibibazo?

    Hari inkuru nyinshi zivuga ngo kwikinisha byibuze 2 mu cyumweru , nta ngaruka bishobora kugutera ariko sibyo .

     

    Ubushakashatsi buheruka buvuga ko buri mubiri wa muntu ugira umwihariko , bityo umuntu niwe ukwiye kwimenya akamenya inshuro zitamutera ikibazo kubera ko buri wese agira inshuro umubiri ushobora kwihanganira bitandukanye nundi .

     

    Ushaka kumenya byinshi kanda ahakurikira

    Umuti wo kwikinisha (Intambwe 5 wakoresha )

    Hari uburyo butandukanye wakoresha ugatandukana n'ingeso yo kwikinisha burimo

     

    1.Kumenya impamvu igusunikira kwikinisha

    Burya usanga buri wese agira ikintu kimusunikira kwikinisha , ugasanga ni mu gihe wigunze , mu gihe ubabaye , mu gihe wumva ufite ibibazo , mu gihe unaniwe cyane .cyangwa kureba amashusho y'urukozasoni.

     

    Iyo umaze kumenya impamvu iyo mpamvu , uba ushobora no kuyirinda cyangwa ugakora ibishoboka byosengo ugabanye uko wahura nizo mpamvu .

     

    2.Kugira gahunda y'umunsi wose ku buryo utabona umwanya wo gupfusha ubusa

    Abantu benshi bikinisha kubera ko babonye umwanay wo kwitekrezaho no gushaka ibintu bibaha ibyishimo .

    Gupangira umunsi wose bifasha ko uhugiza ibitekerezo byawe kandi iyo bihuze n'umubiri ntushobora gukenera bya bikorwa .

     

    Ni byiza gushaka ubundi buryo buguha umunezero n'ibyishimo bidasabye ko wikinisha kuko byo bikwangiza ,

     

    3.Gukora imyitozo ngororamubiri

    Gukora sipor cyangwa gukora yoga no gushaka ibindi bihugiza , bikanakoresha umubiri nabyo byagufasha kwivura no guhangana niyi ngeso .

     

    Gukora siporo kandi bigabanya stress , bigatuma umubiri uruhuka , ibi nabyo bikaba byagufasha kwirinda iki gikorwa kuko stress ishobora gukururira benshi mu kwikinisha .

     

    4.Kwirinda kureba amashusho y'urukozasoni

    Amashusho y'urukozasoni arimo za porno ni mabi , kuyareba bikangura umubiri wawe , biagtuma wifuza kwikinisha .

     

    Uko uyareba agenda arushaho kukubata no kugusunikira ku gukora icyo gikorwa cyo kwinisha , ni byiza ko uyihunza ku buryo bwose bushoboka .

     

    5.Gushaka inshuti wizeye mukabiganiraho cg ukaka ubufasha bwa muganga

    Burya baravuga ngo ujya gukira indwara arabanza akayirata , gushaka umuntu wiseye mukaganira kuri ubu burwayi ni ingenzi kandi byagufasha gukira .

     

    Cyane cyane wakwegera nka muganga , ukamuganiriza ku kibazo ufite cyo kwikinisha kenshi hanyuma akaba yakugira inama .

     

    Dusoza :  Zirikana ko gutandukana n'ingeso yo kwikinisha ari urugendo , ushobora gutangira iyi nzira nyuma ukananirwa , wicika intege , ongera utangire , bizarangira utsinze urwo rugamba

     

    SRC: UbuzimaInfo

    The post Umuti wo kwikinisha mu gihe gito ukaba utandukanye niyi ngeso appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/umuti-wo-kwikinisha-mu-gihe-gito-ukaba-utandukanye-niyi-ngeso/

  • Gutera akabariro utwite : Ese ni byiza ? ni izihe positions nziza? ni izihe ngaruka biteza ku mugore ? #rwanda #RwOT

    Muri rusange gutera akabariro mu gihe utwite , ntabwo bibujijwe keretse mu gihe muganga w'indwara z'abagore yabikubujije , muri iyi nkuru turavuga ku ngaruka zo gutera akabariro , tuvuge kubyo ubushakashatsi bubivugaho ndetse na positions nziza zo gutera akabariro.

    Burya uko umwana ari mu nda akura , ninako inda ikura , ibyo bikaba bishobora gutuma uburyo bwo gutera akabariro buhinduka cyangwa se hakabaho kwigengesera ku buryo muteramo akabariro , bityo gutera akabariro mu gihe utwite bisaba kwitonda no kubigiraho ubumenyi .

    Ese gutera akabariro mu gihe utwite ntibishobora kwangiza umwana uri mu nda ?

    Muri rusange gutera akabariro mu gihe utwite , ntabwo bibujijwe keretse mu gihe muganga w'indwara z'abagore yabikubujije , muri iyi nkuru turavuga ku ngaruka zo gutera akabariro , tuvuge kubyo ubushakashatsi bubivugaho ndetse na positions nziza zo gutera akabariro.

    Burya uko umwana ari mu nda akura , ninako inda ikura , ibyo bikaba bishobora gutuma uburyo bwo gutera akabariro buhinduka cyangwa se hakabaho kwigengesera ku buryo muteramo akabariro , bityo gutera akabariro mu gihe utwite bisaba kwitonda no kubigiraho ubumenyi .

    Ese gutera akabariro mu gihe utwite ntibishobora kwangiza umwana uri mu nda ?

     

    Burya gutera akabariro ntibishobora kwangiza umwana uri mu nda , umwana aba arinzwe n'imikaya ya nyababyeyi , amazi yo mu nda azwi nka amniotic fluid , ndetse n'ururenda rufunga ku nkondo y'umura .

     

    Abantu bamwe bakeka ko gutera akabariro ku bantu bamwe bishobora kugira ingaruka mbi ku mwana , bikaba bishobora gutera ibibazo byo kuba inda yavamo cyangwa ukabyara umwana utarageza igihe , ariko ibyo sibyo , keretse inda yawe hari ibibazo ifite turaza gusesengura neza .

     

    Ese gutera akabariro mu gihe utwite bishobora gutuma ibise biza ?

    Ubushakashatsi bugaragaza ko nta sano bifitanye , kuba watera akabariro mu gihe utwite no kuba wazana ibise bitewe no gutera ako kabariro.

     

    Ariko mu gihe inda igejeje igihe cyo kuvuka , gutera akabariro bishobora gutuma wumva ibisa n'ibise aho uribwa mu nda byoroheje , ari nabyo bizwi nka false contractions , ibi bise ntabwo aribyo bituma umwana avuka .

     

    Ubushakashatsi bwemeza ko nta ngaruka gutera akabariro mu gihe utwite byaguteza nko kuba wabyara igihe kitageze , kuba wakuramo inda nibindi … .

     

    Ni izihe positions nziza wateramo akabariro ?

    Mu gihe utwite , uba ugomba kwirinda positions zo gutera akabariro zituma uryama ku nda y'umubyeyi cyangwa se positions zose zatuma ushyira pressure ku nda y'umubyeyi.

     

    Gutera akabariro umubyeyi agaramye si byiza kubera ko , iyo position ituma inyama zo mu nda ndetse n'imitsi minini itwara amaraso itsikamirwa cyangwa umwana akaba yashyira pressure kuri ibyo bityo , bityo iyo position si nziza .

     

    Ni byiza ko mu gihe utera akbariro , mukoresha positions zituma umubyyi yisanzura muri icyo gikorwa nko kureka umubyeyi akajya hejuru y'umugabo ,  , kuba umubyeyi yaryamira urubavu mugatera akabariro aryamiye urubavu cyangwa se umubyeyi akicara nko kukagunguzi k'igitanda .

     

    Ni ryari umugore utwite abujijwe gutera akabariro ?

    Hari igihe muganga abuza umugore utwite kuba yatera akabariro nko mu gihe

    • Inkondo y'umura y'umubyeyi idafite imbaraga , iki gihe gutera akabariro bishobora gutuma ukuramo inda ibi babyita cervical incompetency .
    • Mu gihe utwite impanga nabwo si byiza ko utera akabariro ariko mu gihe inda ari nkuru
    • Placenta previa , iki gihe ingobyi y'umwana iba iryamye ku mwinjiriro w;inkondo y'umura nabwo si byiza ko watera akabariro
    • Kuba warigeze kugira ibyago byo kugira ibise inda ari nto
    • mu gihe uri kuzana amaraso mu gitsina kandi utazi impamvu yabyo
    • Kuba isuha yamenetse kuko bishobora gutera infegisiyo ku mwana no ku mubyeyi .

    Ariko mu gihe cyose umubyeyi atera akabariro , agomba gutekereza ku ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina , aho ari na byiza burya gukoresha agakingirizo .

     

    Ni izihe ngaruka nziza zo gutera akabariro mu gihe utwite ?

    Burya hari ibyiza byinshi byo gutera akabariro mu gihe utwite birimo

    • Gutuma urangiza neza : Burya iyo umugore utwite amaraso menshi atembera mu myanya y'ibanga ariyongera , ibyo bikaba byanatuma icyo gikorwa cyo gutera akabariro kigenda neza .
    • Gutuma umugore atiyongera ibiro ku buryo bukabije : ibi bigaterwa nuko gutera akabariro bituma umubiri utwika ama calories menshi .
    • Gutuma umugore n'umugabo urukundo rwiyongera : Gutera akabariro bituma umugore n'umugabo barushaho gukundana no kuryoherwa n'urukundo .
    • Kuzamura ubudahangarwa bw'umubiri  : Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2014 bwagaragaje ko gutera akabariro bituma umubiri wongera ibyitwa IgA , aba bakaba ari abasirikari b'umubiri bafasha mu guhangana n'indwara zifata mu buhumekero nk'ibicurane .
    • Kongera ibyishimo : kurangiza ku mugore utwite , bituma anezerwa ndetse n'umwana atwite akanezerwa , ibyo bigaterwa nuko kurangiza bituma umusemburo wa endorphins uvuburwa mu mubiri .

    Ese natera akabariro hashize igihe kingana gute mbyaye ?

    Burya buri mubyeyi umaze kubyara aba akeneye igihe cyo kugira ngo umubiri wisubize , umubiri wongere kwiyubaka neza .si byiza ko ahita yihutira gutera akabariro byibuze atarageza ku minsi 45 amaze kubyara .

     

    Gutera akabariro , nta ngaruka mbi bitera ku mugore utwite , ariko aba agomba kwigengesera mu gihe atera akabariro , akirinda gukoresha positions zose yiboneye kubera ko hari izishobora kugira ingaruka mbi ku mwana uri mu nda .

    src:Ubuzimainfo

    The post Gutera akabariro utwite : Ese ni byiza ? ni izihe positions nziza? ni izihe ngaruka biteza ku mugore ? appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/gutera-akabariro-utwite-ese-ni-byiza-ni-izihe-positions-nziza-ni-izihe-ngaruka-biteza-ku-mugore/

  • Ese ururenda ruva mu gitsina rushobora ku kwereka ko wasamye? #rwanda #RwOT

    Yego ,iyo umugore cyangwa umukobwa ari mu bihe by'uburumbuke ,ururenda ruva mu gitsina rurahinduka ,rukaba rwinshi ,rukoroha Kandi rugasa nurunyerera ,iyo rero igihe cy'uburumbuke kirangiye rwa rurenda rurumira Kandi rugakomera

     

    Iyo rero umugore/umukobwa yahise asama ari muri cya gihe cy'uburumbuke ururenda rugumaho niyo rwagabanuka ariko rukaba rukigaragara. Iyo rero usa naho wegereje iminsi y'imihango y'ukwezi Kandi warasamye rwa rurenda rurahinduka rukagira ibara rya Pink cg Brown ,ibi bikaba byakwereka ko wasamye.

     

    Ariko imibiri y'abakobwa cyangwa abagore iratandukanye ,hari abadashobora kubona ibimenyetso nk'ibi .

    Ni gute wasuzuma ibara n'imterere y'ururenda rwawe ?

    Hari uburyo butandukanye wasuzuma imiterere n'ibara ry'ururenda ruva mu gitsina aribwo.

    • Gukoresha urutoki ukarujomba mu gitsina ubundi ukareba imiterere n'ibara ry'ururenda rwaje kuri rwa rutoki.
    • Kwitegereza ikariso wambaye ,abagore/abakobwa mu makariso yabo hashobora ugaragara ururenda bityo narwo warwitegereza.
    • Gkoresha papier de toilette cg toilet paper ubundi ukihabagura mu gitsina ,hanyuma ukitegereza ururenda rwajeho.

    Yego ,iyo umugore cyangwa umukobwa ari mu bihe by'uburumbuke ,ururenda ruva mu gitsina rurahinduka ,rukaba rwinshi ,rukoroha Kandi rugasa nurunyerera ,iyo rero igihe cy'uburumbuke kirangiye rwa rurenda rurumira Kandi rugakomera

    Iyo rero umugore/umukobwa yahise asama ari muri cya gihe cy'uburumbuke ururenda rugumaho niyo rwagabanuka ariko rukaba rukigaragara. Iyo rero usa naho wegereje iminsi y'imihango y'ukwezi Kandi warasamye rwa rurenda rurahinduka rukagira ibara rya Pink cg Brown ,ibi bikaba byakwereka ko wasamye.

    Ariko imibiri y'abakobwa cyangwa abagore iratandukanye ,hari abadashobora kubona ibimenyetso nk'ibi .

    Ni gute wasuzuma ibara n'imterere y'ururenda rwawe ?

    Hari uburyo butandukanye wasuzuma imiterere n'ibara ry'ururenda ruva mu gitsina aribwo.

    • Gukoresha urutoki ukarujomba mu gitsina ubundi ukareba imiterere n'ibara ry'ururenda rwaje kuri rwa rutoki.
    • Kwitegereza ikariso wambaye ,abagore/abakobwa mu makariso yabo hashobora ugaragara ururenda bityo narwo warwitegereza.
    • Gkoresha papier de toilette cg toilet paper ubundi ukihabagura mu gitsina ,hanyuma ukitegereza ururenda rwajeho.

    Muri rusange ururenda rushobora kuagaragaraza ibintu byinshi ku mubiri w'umugore ndetse birimo n'uburwayi.

    Src: Ubuzimainfo

    The post Ese ururenda ruva mu gitsina rushobora ku kwereka ko wasamye? appeared first on The Custom Reports.

    Source : https://thecustomreports.com/ese-ururenda-ruva-mu-gitsina-rushobora-ku-kwereka-ko-wasamye/