Tag: Trending

  • Biyemeje guhangana n’abarwanya u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    Muri abo 750, buri murenge wagiye utanga 50, abarangije amasomo ku rwego rw’umurenge bagatoranywamo batatu bagiye bahiga abandi, bakajya guhabwa ikizamini ku rwego rw’akarere, aho kuri iki cyumweru tariki 12 Nzeri 2021, muri bo 10 bahize abandi bashyikirijwe ibihembo binyuranye.

    Nyuma yo guhabwa ibikoresho binyuranye birimo na Telefone zigezweho (Smart phones), bahigiye guhangana n’ibitero by’abarwanya igihugu binyuzwa ku mbuga nkoranyambaga, bifashishije izo telefone bahembwe.

    Babiri ba mbere mu bahize abandi bahawe na Laptop
    Babiri ba mbere mu bahize abandi bahawe na Laptop

    Imaniradukunda Juvenal wahawe igihembo cy’uwabonye umwanya wa mbere, yagize ati “Kuba uwa mbere mbikesha ko umuryango wampoze ku mutuma kuva kera, niga nshyizeho umwete mu gihe cy’ibizamini Imana iramfasha ntsinda neza. Turabibona ku mbuga nkoranyambaga abakomeje gusebya igihugu cyabo bagituka, telefoni baziduhaye nta rundi rwitwazo tugiye kujya tubavuguruza tutabatutse nk’uko bo babikora, ahubwo tubeshyuza amakuru mabi bavuga ku Rwanda, tubaha amakuru y’ukuri”.

    Mugenzi we witwa Niyitegeka Florent ati “Dushingiye ko turi urubyiruko rwahawe inyigisho kuri FPR-Inkotanyi, tuzaharanira kubwira bose ko u Rwanda rugeze heza tubabwire ko baharanira kurugana bagakurikira inyigisho umuryango uduha. Twiyemeje guhangana na bamwe bakomeje kugaba ibitero ku mbuga nkoranyambaga barwanya igihugu”.

    Umuhango wo gusoza ayo mahugurwa ku rwego rw
    Umuhango wo gusoza ayo mahugurwa ku rwego rw’Akarere ka Musanze witabiriwe n’abayobozi banyuranye

    Arongera ati “Ubu twize byinshi, ubumenyi ku mbuga nkoranyambaga bwiyongereye, turakomeza kwandika tunyomoza abatuka igihugu tudahangana nabo, ahubwo tubabwira ukuri tubereka aho u Rwanda rugeze. Urugero uvuga ngo u Rwanda ni abicanyi, uhita umwereka ko u Rwanda ahubwo rusigasira Abanyarwanda, abarwaye rukabavura rukabarengera, ukabereka inzira nziza u Rwanda runyuramo rufasha abaturarwanda, telefoni zabonetse nta rwitwazo”.

    Niragire Sylvie ati “Icyo ncyuye muri aya masomo ni indangagaciro z’Ubunyarwanda, FPR-Inkotanyi itwigishije byinshi tutari tuzi bishobora kutubera imfashanyigisho mu kwigisha imibanire myiza y’abantu, kandi bimfashije kwiremamo icyizere. Ntabwo nzihanganira umuntu wese utifuriza u Rwanda amahoro, aho ngiye kuba umukangurambaga mpindura abafite imyumvire yo hasi”.

    Ku munsi wo gusoza ayo mahugurwa hatanzwe ibiganiro binyuranye
    Ku munsi wo gusoza ayo mahugurwa hatanzwe ibiganiro binyuranye

    Nuwumuremyi Jeannine, Chairperson w’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, yibukije urubyiruko rwahuguwe ko rugomba kuba umusemburo wa bagenzi babo, baharanira icyiza kandi bamagana ibibi.

    Ati “Uru rubyiruko turarusaba kujya kuba umusemburo w’aho batuye, barwanya ingeso mbi zikomeje kugaragara mu rubyiruko zo kunywa ibiyobyabwenge, hari imbuga nkoranyambaga zisigaye zarabaye nk’icyorezo ku rubyiruko, ibyo byose babihuguriwe muri iri rerero, bizabafasha kwamagana ikibi baharanira ibyiza banabikangurire bagenzi babo. Umuryango wa FPR-Inkotanyi ukomeze utere imbere uhereye mu bakiri bato, maze iterambere rikomeze ryiyongere”.

    Arongera ati “Abahize abandi twabahaye smart Phone zo kubafasha mu ikoranabuhanga, nk’uko twabivuze ikoranabuhanga riragenda ritera imbere, ibyo twita Imbuga nkoranyambaga ni byinshi. Izi telefoni tubahaye ntabwo ari izo guhamagara gusa, ni ukugira ngo bamenye aho igihugu kigeze bashobore no kuvuga ibyo cyagezeho isi yose ibimenye, n’ibyo batuvuga badusebya babinyomoze”.

    Ni amasomo yateguwe mu rwego rwo kongera ubukangurambaga mu rubyiruko, no kurujijurira kumenya amahame n’indangagaciro ziranga Umuryango, nk’uko Muhire Jean de Dieu, Umuyobozi wa Komisiyo y’imiyoborere myiza mu muryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Musanze, yabitangarije Kigali Today.

    Ati “Twateguye aya masomo mu rwego rwo kongera ubukangurambaga bwimbitse mu rubyiruko, kuko iyo urebye neza imibare ishyirwa ahagaragara n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare, igaragaza ko dufite urubyiruko rugera kuri 70%. Igihugu rero kugira ngo kigire iterambere rirambye nk’umuryango watsinze amatora wa FPR-Inkotanyi, dufite Manifesto y’ibikorwa tweretse indi mitwe ya Politike y’ibyo tuzageraho, hari ibyo twemereye abaturage tugomba kubagezaho”.

    Arongera ati “Iyo Manifesto tuyigezemo hagati, ubu turi mu isuzuma ngo tumenye aho ibikorwa twemereye abaturage, imitwe ya Politike n’Abanyarwanda muri rusange bigeze bishyirwa mu ngiro. Ni muri urwo rwego mu gukora ubukangurambaga twashyizeho ishuri ry’irerero kugira ngo urubyiryuko turutume kudufasha kwihutisha bya bikorwa, izi ndangagaciro tubaha rero tubatoza ni uz’umuryango wa FPR-Inkotanyi, iyo bazimakaje, iterambere ry’abaturage ririhuta”.

    Abanyamuryango bose bitabiriye ayo mahugurwa, haba ku rwego rw’umurenge, haba n’abahize abandi bazamurwa mu rwego rw’akarere, bagiye bahabwa icyemezo (Certificat) cy’uko bakurikiye neza amasomo.

    Bishimiye uburyo amahugurwa yagenze
    Bishimiye uburyo amahugurwa yagenze

    Muri 45 batoranyijwe bajya ku rwego rw’akarere, hatsinze 39, aho 10 ba mbere banahawe smart phone, bahabwa amagare, mu gihe babiri ba mbere bahize abandi batsindiye ku manota 18,5/20, ari bo Maniradukunda Juvenal na Nizeyimana Fidèle, kuri ibyo bihembo bongereweho Laptop.

    Nyirarugero Dancille, Umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi, akaba na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru yasabye urubyiruko rwahuguwe kujya guhindura abandi batanga urugero rwiza.

    Ati “Ni mujye iwanyu muhereye ku rubyiruko bagenzi banyu bose mubahindure, babe abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi, ntabwo ari ukuvuga mu magambo gusa, ahubwo imyitwarire yanyu, uko muzaba mwitwaye hariya mu mirenge mu tugari mu midugudu, ni byo bizabamenyekanisha ko muri abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi. Si ngombwa ko muvuga amagambo menshi, ibikorwa n’imyifatire ni byo bishobora gutuma umuntu agukurikira, hari urubyiruko rwinshi rwishora mu biyobyabwenge, mufite misiyo ikomeye, ni mwe muzaruhindura”.


    source : https://ift.tt/3lg7MFL

  • VIDEO : Hahishuwe ko Jay Polly yari agiye gushinga Radio, kubaka inzu nziza ifite na Piscine,… #rwanda #RwOT

    Ni umuhango wabaye ku wa Gatandatu tariki 11 Nzeri 2021 wabimburiwe no gushyira indabo ku mva aho yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo.

    Nyuma yo gushyira indabo ku mva, abo mu muryango ndetse n’inshuti ba nyakwigendera bagiye mu rugo aho yari atuye i Kibagabaga batanga ibiganiro byagarutse ku byo bari bazi kuri uriya muhanzi wari ufite abakunzi benshi mu Rwanda no hanze yarwo.

    Umunyamakuru Ndahiro Valens Papy wavuze ko yabaye inshuti y’akadosohoka na nyakwigendera, yavuze ko bamenyanye kuva muri 2012 ubwo uyu munyamakuru yakoreraga City Radio.

    Ngo kuva icyo gihe babaye inshuti zisangira akabizi n’agahiye ku buryo hari igihe yabonaga igihumbi 'akambwira ngo ko ngize iki kihumbi, reka nguhemo aya kugira ngo dusangire.'

    Iteka yakundaga kumugira inama yo kubaka ubucuti, ati 'Yajyaga ambwira ngo mu buzima ujye wirinda gutakaza inshuti ahubwo uharanire ko nibura bwakwira wungutse inshuti ariko na yo uyigeho.'

    Uyu munyamakuru yagarutse ku mishinga ikomeye Jay Polly yari afite irimo gufungura radio.

    Ati 'hari byinshi yari afite ariko koko umugabo apfana imishinga. Hari icyo mwibukiraho kikankomeza, yaravugaga ati 'tujye tubaho nk’abariho aka kanya bashobora gupfa’ ni na byo byabaye.'

    Eric X-Dirhor na we wabaye inshuti na Jay Polly, yavuze ko ubwo yafungurwaga mu myaka ishize, yaje akamuganiriza akamubwira imishinga ikomeye afite irimo kubaka inzu nziza ifite na Piscine ngo kuko abana be bakunda koga.

    Ati 'ariko ntekereza ko nubundi ibyo asize bishobora kuzatuma nubundi bigerwaho.'

    UBUHAMYA MU MASHUSHO

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/VIDEO-Hahishuwe-ko-Jay-Polly-yari-agiye-gushinga-Radio-kubaka-inzu-nziza-ifite-na-Piscine

  • Rubavu: Basabwe kugura amatiyo barabikora, amazi aje bayahabwa umunsi umwe – #rwanda #RwOT

    Aba baturage bari bamaze igihe kirekire basaba ko bagezwaho amazi nk’abandi ariko baza kubwirwa na WASAC ko kuyabaha bitoroshye kuko amatiyo yayabagezaho ari mato kandi byasaba ingengo y’imari itaboneka mu gihe gito.

    Nyuma yo kubwirwa ko bihenze, aba baturage bishatsemo ibisubizo bakusanya amafaranga yo kugura ibikoresho ndetse biragurwa nyuma batungurwa n’uko amazi yaje ijoro rimwe.

    Uhagarariye aba baturage mu kiganiro yagiranye na Radio1, yavuze ko bakoze iyo bwabaga bakusanya amafaranga kugira ngo bahabwe amazi kuko hari haciye igihe. Buri rugo rwishyuye 18 500Frw ngo hakorwe imiyoboro.

    Yagize ati “Kubera umubabaro twari dufite twarababwiye ngo badukorere ibikenewe twishyire hamwe turebe ko twabikemura, babidushyiriremo tubone amazi.”

    “Aho tugiriye igitekerezo cyo kugura amatiyo turikusanya buri wese atanga 18 500Frw, kongeraho na 5000 Frw byo kugira ngo amazi agere mu rugo rwawe. Turayatanga batuzanira amatiyo.”

    Yakomeje avuga ko amazi bayahawe ijoro rimwe none hashize igihe batarongera kuyabona.

    Ati “Iryo joro amazi yaraje nyuma yaryo ubu hashize amezi atatu nta n’igitonyanga turongera kubona.”

    Nyuma yo kumara igihe nta mazi bafite, ikibazo cyabo bakigejeje ku nzego zitandukanye no ku mukozi ushinzwe gukwirakwiza amazi ku rwego rw’igihugu muri WASAC, basaba ko byibuze nabo basaranganwa amazi niyo atajya aza buri gihe ariko bakayabona.

    Umwe ati “Twahamagaye ushinzwe gutanga amazi ku rwego rw’Igihugu aratwiba ngo azaza aharebe turamwibutsa ntibyagira icyo bitanga, twongeye aratubwira ngo ari kumwe n’umuyobozi wa WASAC Rubavu aramuduha ahita atubwira ngo ejo muzabona amazi turarindira turaheba.”

    “Icyifuzo cyacu cya mbere niba habayeho isaranganya ry’amazi natwe batwibuke, niyo bayaduha iminsi ibiri gusa mu cyumweru yadufasha tukamenya ukuntu tubika amazi icyumweru cyose.”

    Ku ruhande rw’Umuyobozi wa WASAC ishami rya Rubavu, Murindabigwi Gilbert, avuga ko iki kibazo atari akizi.

    Yavuze ko aka gace kagiye gusurwa, ikibazo cyako kigasuzumwa kuko hatagoye kugezwa amazi.

    Yagize ati “Mbimenye rwose nabikurikirana ntabwo natinda kujyayo, icyo twababwira tugiye kohereza umutekinisiye ajye kureba uko bimeze n’icya korwa ngo bikorwe. Nitumara kubona ibikenewe turakora ibishoboka tuyabagezeho.”

    Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego y’uko mu 2024 abaturage bazaba bafite amazi meza ku kigero cya 100%.

    Abaturage barasaba guhabwa amazi nyuma yo gusabwa kwigurira amatiyo bakabikora

    source : https://ift.tt/3EkAZIr

  • Myugariro Jerome Boateng yaciwe akayabo kubera gukubita no kuruma umukunzi we #rwanda #RwOT

    Urukiko rwo mu Budage rwategetse ko uyu myugariro w'Umudage watwaye igikombe cy'isi 2014 yishyura uyu Sherin Senler kariya kayabo nk'amande nyuma yo guhamwa n'ibyaha.

    Uyu Sherin Senler yagiye kurega avuga ko uyu wahoze ari umukunzi we yamukubise ndetse aramuruma ubwo bari bajyanye mu biruhuko mu birwa bya karayibe mu myaka 3 ishize.

    Sherin Senler wabyaranye na Jerome Boateng abakobwa 2 b'impanga yagerageje gushaka uko yakumvikana na Boateng batagiye mu nkiko biranga.

    Kuwa 4 w'iki cyumweru nibwo uyu mugore yabwiye urukiko ko Boateng yamukanze ijisho akoresheje igikombe cye,amuruma umutwe ndetse amukurura imisatsi amutura hasimaso.Yavuze ko yamukubise igipfunsi mu mugongo ndetse bimunanira guhumeka.

    Boateng yahakanye ibyo aregwa byose na Senler ahubwo avuga ko ariwe wahohotewe n'uyu mugore mu buhamya bwe bwamaze amasaha 2.

    Boateng yabwiye urukiko ko madamu Senler yaje guhinduka umurakare cyane atangira kumutuka no kumubwira amagambo mabi akanamukubita aho yaje no gukomereka ku kibero.

    Boateng yahamwe n'ibyaha byo gukomeretsa umubiri w'undi mu buryo buteje akaga muri iyi mirwano yabaye 2018 ubwo aba bombi bari basohokanye mu birwa bya Turks na Caicos muri Caribbean.

    Aya mande yategetswe n'umucamanza Kai Dingerdissen niyo menshi cyane ategetswe n'urukiko rw'akarere rwa Munich.

    Boateng w'imyaka 33, aheruka gusinyira Lyon lmu cyumweru gishize,avuye muri Bayern Munich, yakiniye imyaka isaga 10 akayitwaramo Bundesliga icyenda na UEFA Champions League ebyiri.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/myugariro-jerome-boateng-yaciwe-akayabo-kubera-gukubita-no-kuruma-umukunzi-we

  • Indege yakoze imyigaragambyo ku kibuga Old Trafford yamagana Cristiano Ronaldo #rwanda #RwOT

    Itsinda ry'abagore Level Up rivuga ko babikoze kugira ngo bibutse abantu ibijyanye n'ibyo uyu mukinnyi ashinjwa byo gusambanya ku ngufu.

    Kathryn Mayorga avuga ko yafashwe ku ngufu n'uyu mukinnyi mri hoteri ya Las Vegas mu 2009.

    Mu 2019, abacamanza ba Amerika bavuze ko Ronaldo,uhakana ibi birego, adashobora kujyanwa mu butabera.

    Indege ifite icyapa “#Believe Kathryn Mayorga” (ni ukuvuga ngo “Izera Kathryn Mayorga”) yagurutse hejuru y'ikibuga Old Trafford umukino United yakinaga na Newcastle United utangiye.

    Uyu mukinnyi w'umunya Portugal yinjije ibitego bibiri muri uyu mukino we rwa mbere akiniye Manchester United nyuma y'imyaka 12 ayivuyemo, aho aba ba Reds batsinze Newcastle United 4-1.

    Madamu Mayorga bivugwa ko yaba yarumvikanye na Ronaldo ko barangiza ikibazo atarinze kumurega muri 2010, nyuma yo kumuha amadorari 375.000 y'abanyamerika kugira ngo acececke.

    Ababuranira Ronaldo bavuga ko uko kumvikana “kuterekana na gato ko yemera icyaha”.

    Bavuga ko uyu mukinnyi yemeye gutanga aya mafaranga akurikije inama yahawe “ko yahagarika ibi birego biteye isoni kugira ngo izina rye ritanduzwa kubera amateka ye yakoze mu buryo bugoye,n'ubushobozi bwe”.

    Muri 2018,Madamu Mayorga yashatse gusubira gutandira urubanza, aho umugore umuburanira yavuze ko yatewe imbaraga n'ubukangurambaga bwiswe #MeToo (nanjye) ryo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

    Polisi ya Las Vegas yakoze iperereza kuri ibi birego ivuga ko “nta bimenyetso nyabyo bihari”, ko rero idashobora gutegeka ko Ronaldo agezwa mu butabera.

    Umucamanza w'akarere yavuze ko madamu Mayorga yamenyesheje ko yafashwe ku ngufu muri 2009, ariko akaba yaranze kuvuga aho byabereye cyangwa kuvuga uwabimukoreye, “byatumye polisi idashobora gukora iperereza ryimbitse”.

    Ronaldo ntahakana ko yabonanye n'uyu mugore, ariko ko babonanye babyumvikanye igihe yari hafi yo kuva muri Manchester United ajya muri Real Madrid.

    Muri 2018, yanditse kuri Twitter ati: “Sinemera na gato ibyo nshinjwa. Icyaha cyo gufata ku ngufu ni icyaha cy'agahomamunwa kitajyanye n'icyo ndicyo n'ukwizera kwanjye”.

    Ishyirahamwe Level Up rivuga ko rishaka “gusenya iuku gusingizwa” k'uyu mukinnyi uri kuvugwa birenze urugero ko yagarutse muri Manchester United.

    Umwe mu bariyoboye Janey Starling avuga ko bashatse gutanga “ubutumwa ku bakunzi b'umupira w'amaguru ko ibirego byo gufata ku ngufu ntawe ushobora kubihagarikira mu kibuga”.

    BBC

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/indege-yakoze-imyigaragambyo-ku-kibuga-old-trafford-yamagana-cristiano-ronaldo

  • Petr Cech yahishuye impamvu Romelu Lukaku yananiwe kwitwara neza muri Chelsea imugura bwa mbere #rwanda #RwOT

    Lukaku yavuye muri Chelsea yerekeza muri Everton ku myaka 21 muri 2014 ahita atangira kwereka isi yose ko ari umukinnyi ukomeye kugeza ubwo amakipe nka Manchester United amuguze akayabo yitwara neza kuri ubu yagarutse muri Chelsea kuri miliyoni 98 z'amapawundi.

    Lukaku wakinnye muri Chelsea kuva 2011 kugeza 2014,yaraye atsinze ibitego 2 muri 3-0 Chelsea yatsinze Aston Villa ndetse anatsindira ibitego 2 bya mbere ku kibuga cya Stamford Bridge kuko mu mikino 15 yahakiniye mbere atashoboye kuhabonera igitego.

    Nyuma yo kwitwara neza,Petr Cech,umunyabigwi wa Chelsea yavuze impamvu uyu Mubiligi w'imyaka 28 yagowe no kwitwara neza muri Chelsea akiyigeramo ku myaka 18.

    Yagize ati 'Iyo utangiye gukina muri shampiyona nkuru nk'iy'Ububiligi ku myaka 16 ukanatsinda ibitego, biba bigaragaza ko ari umukinnyi ufite impano n'imbaraga.

    Ubwo yazaga muri Chelsea,yagize ibyago kuko yahasanze Didier Drogba wari mu bihe byiza cyane ndetse afite imbaraga.Icyo gihe Didier Drogba yatsindaga ibitego kandi tuzi kumukoresha.

    Romalu akigera muri Chelsea ntabwo yari afite ubuhanga nk'ubwo afite ubu kuko muri Anderlecht yibandaga cyane mu kwiruka.Yafataga umupira agahigika buri wese kubera umuvuduko,imbaraga no kumenya gutsinda.Kuri ubu muri Chelsea,dukoresha nimero 9 mu kuyobora umukino kandi aha biragoye kurusha mu Bubiligi.

    Aracyakeneye igihe cyo kumenyera,umwuga we wamaze kujya mu nzira nziza kuko aho yaciye hose yitwaye neza.Mu myaka ishize yazamuye urwego kandi urabibona iyo muvugana ko aba ashaka kurushaho gutera imbere.

    Uyu munyezamu yavuze ko Romelu Lukaku yiteguye kuba umukinnyi ngenderwaho mu ikipe ya Chelsea ishaka igikombe cya shampiyona uyu mwaka ku bibi n'ibyiza.

    Source : https://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/petr-cech-yahishuye-impamvu-romelu-lukaku-yananiwe-kwitwara-neza-muri-chelsea

  • Abacuruza amakariso yongera ibibuno mu mujyi wa Kigali bari kurira ayo kwarika #rwanda #RwOT

    Mu mujyi wa Kigali haravugwa inkuru y' abacuruzi b'imyenda baranguye amakariso yongera ibibuno by'abakobwa bararira ayo kwarika ngo kuko batakibona abakiliya nk'uko byahoze mbere .

    Mu minsi yashize, aya makariso yaciye ibintu kubera uburyo yari agezweho, aho abakobwa bayarimbaga imbere y'imyenda ubundi abo banyuzeho bose bakamurangarira.

    Icyo gihe ngo n'abagurara iyo myenda y'imbere mu Mujyi wa Kigali bari benshi kuko umukobwa utarayambaraga yumvaga yaracikanywe.

    Abacuruza imyenda by'umwihariko abacuruza iy'imbere y'abakobwa, baranguye ariya makariso ku bwinshi bazi ko bazakomeza kuvomamo agatubutse ntibibuke aka wa mugani ugira uti 'ntagahora gahanze.'

    Ubu bararira ayo kwarika kuko nta mukiliya ukiza abaza ayo makariso ku buryo ubu bari mu gihombo gikomeye.

    Uwitwa Gasaro Clementine ucururiza muri Quartier Matheus avuga ko mbere ikariso imwe yo muri ubwo bwoko yayigurishaga 10 000 Frw kandi ku munsi agacuruza izirenga 10 ariko ubu ngo amezi abaye atatu nta n'uyimubaza.

    Mugenzi we witwa Mukagaju Rose avuga ko nk'iyo amahirwe abasekeye bajya kubona bakabona nk'umukobwa ugiye gukora ubukwe araje ababajije iyo kariso.

    Ati 'Nk'ubu njye abantu baza kuzingurira n'ababa bagiye kurongorwa kuko bazambarira muri za kanzu.'

    Icyabiteye kirakekwa

    Hari abibaza icyatumye abakobwa b'i Kigali bahagarika iby'ariya makariso gusa bamwe mu bakurikirana iby'imyifatire y'abakobwa akavuga ko biterwa no kuba bamaze gusobanukirwa n'ibanga ryo kuba bagira ikibuno bagikoreye.

    Ngo ubu abakobwa bayobotse inzu z'imyitozo ngororamubiri [Gym] bakihata imyitozo ituma ikibuno kiyongera kandi ngo n'ibindi bice bikagira imiterere iboneye ku buryo ikimero cy'umukobwa cyose kiba kinogeye ijisho.

    Uyu utifuje ko atangazwa amazina, avuga ko abakobwa basobanutse b'i Kigali banifite ku mufuka buri wese aba afite umutoza umusanga mu rugo akamukoresha iyo myitozo.

    Source : https://impanuro.rw/2021/09/11/abacuruza-amakariso-yongera-ibibuno-mu-mujyi-wa-kigali-bari-kurira-ayo-kwarika/

  • Uwashyingiwe ahabwa iminsi ibiri, umugabo wabyaye agahabwa ine: Imiterere y’ibiruhuko bihabwa abakozi ba Leta – #rwanda #RwOT

    By’umwihariko Leta y’u Rwanda ishishikariza abayobozi bo mu nzego z’imirimo ya Leta kujya baha abakozi ibiruhuko kubera ko iyo umukozi akoze ataruhutse bigira ingaruka ku musaruro mu kazi.

    Ibiruhuko umukozi wa Leta yemererwa mu kazi biteganywa n’ingingo ya 17 ya sitati nshya y’Itegeko rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba Leta. Iyo ngingo iteganya ko umukozi yemerewe ibiruhuko birimo icy’umwaka, icy’ingoboka, icyo kubyara, icy’uburwayi, ikiruhuko rusange n’uruhushya umukozi asaba mu kazi.

    Ku bijyanye n’ikiruhuko cy’umwaka gifatwa aho abakozi b’urwego bakora gahunda y’uko bazafata ibiruhuko hanyuma ikemezwa n’ubuyobozi bw’urwego bakorera.

    Iyo gahunda igomba kwemezwa bitarenze itariki ya 31 Nyakanga ya buri mwaka w’ingengo y’imari.

    Ikiruhuko cy’umwaka itegeko riteganya ko kitarenza iminsi 30, umukozi wa Leta wagifashe akaba yemerewe kuba yakigabanyamo inshuro zitarenze eshatu gusa.

    Nubwo amategeko agena ibi ariko birashoboka ko umukozi wa Leta yasaba ikiruhuko ntahite agihabwa kubera impamvu z’akazi. Iyo kiruhuko kigijweyo umukozi aba ashobora kugifata bitarenze itariki ya 31 Ukuboza y’umwaka w’ingengo y’imari ukurikiyeho.

    Hari kandi ikiruhuko cy’ingoboka, aho umukozi ahabwa ikiruhuko kubera ibyiza cyangwa ibyago yagize mu kazi kikaba kimwemerera kuba atakarimo mu buryo buteganywa n’amategeko.

    Umukozi wa Leta washyingiwe imbere y’amategeko ahabwa ikiruhuko cy’iminsi ibiri, umukozi wa Leta w’umugabo ahabwa ikiruhuko cy’iminsi ine iyo umugore we yabyaye.

    Iyo umugore yagize ingorane zishingiye ku kubyara umugabo ahabwa indi minsi itanu yiyongera ku yo yari yahawe.

    Umukozi wa Leta wapfushije uwo bashyingiranwe ahabwa ikiruhuko cy’iminsi irindwi, iyo umugore asize umwana utarageza ku mezi atatu umugabo ahabwa ikiruhuko cy’ukwezi kumwe kwiyongera ku minsi igenerwa umukozi wa Leta wapfushije uwo bashakanye.

    Umukozi wa Leta wapfushije umwana cyangwa uwo abereye umubyeyi ataramubyaye ahabwa ikiruhuko cy’iminsi itanu, umukozi wa Leta wapfushije se,
    nyina, sebukwe cyangwa nyirabukwe ahabwa ikiruhuko cy’iminsi ine.

    Amategeko agena kandi ko umukozi wa Leta wapfushije umuvandimwe bavukana ahabwa ikiruhuko cy’iminsi ine, uwapfushije sekuru cyangwa nyirakuru agahabwa ikiruhuko cy’ingoboka cy’iminsi itatu.

    Umukozi wa Leta wimuriwe aharenze ibilometetro 30 avuye aho asanzwe akorera ahabwa ikiruhuko cy’ingoboka cy’iminsi itatu kugira ngo abe yabashije kugera aho yimuriwe.

    Ikigenerwa umugore wapfushije umwana

    Sitati nshya ivuga no ku mukozi wa Leta w’umugore wapfushije umwana aho ivuga ko umukozi wa Leta wabyaye umwana upfuye kuva ku cyumweru cya 20 cyo gusama ahabwa ikiruhuko kingana n’ibyumweru umunani, bibarwa uhereye igihe umwana yapfiriye gusa uwabyaye umwana agapfa nyuma yo kuvuka ahabwa ikiruhuko cyo kubyara kingana n’iminsi yari isigaye ku kiruhuko cyo kubyara.

    Hari ikiruhuko kandi kigenerwa umugore igihe inda yavuyemo cyangwa igihe umwana yavutse igihe cyo kuvuka kitaragagera.

    Itegeko riteganya ko umugore wari utwite inda ikavamo mbere y’ibyumweru 20 byo gusama ahabwa ikiruhuko cy’uburwayi giteganyijwe n’itegeko naho umukozi wa Leta w’umugore ubyaye umwana igihe cyo kubyara kitaragera agahabwa ikiruhuko kingana n’iminsi yari isigaye kugira ngo umwana avukire igihe gisanzwe cy’amezi icyenda.

    Umukozi wa Leta ashobora guhabwa n’ikiruhuko cy’inyongera. Iki ni ikiruhuko cyiyongera ku cyo kubyara igihe habayeho ingorane zishingiye ku kubyara ariko ntikigomba kurenza ukwezi kumwe.

    Mu biruhuko umukozi wa Leta aba yemerewe hari ubwo habaho impurirane y’ibiruhuko igihe umukozi ari mu kiruhuko akaba yagira uburenganzira ku kindi kiruhuko yemererwa n’itegeko, icyo gihe ikiruhuko kimwe gisubikwa kikazakomeza nyuma y’ikindi.

    Ku bijyanye n’uburwayi, itegeko rigena ko ikiruhuko kigufi cy’uburwayi kidashobora kurenza igihe cy’ukwezi kumwe naho ikiruhuko kirekire cy’uburwayi ntikirenze amezi atandatu ndetse kigatangwa gusa n’umuyobozi w’urwego umukozi akorera ashingiye ku mwanzuro w’akanama k’abaganga batatu bemewe na Leta.

    Sosiyete Sivile yo mu Rwanda iherutse kugaragaza ko yifuza ko habaho impinduka muri politiki y’umurimo, zirimo n’uko umugabo wabyaye ahabwa iminsi y’ikiruhuko ingana n’iy’umugore we, ikava ku minsi ine ikagera ku byumweru bibiri.

    Imiryango igize sosiyete sivile igaragaza ko kuba abagabo babyaye bahabwa umwanya muto w’ikiruhuko bituma batagira igihe gihagije cyo kwita ku bagore babo n’umwana uba wavutse, bikarushaho kuba bibi igihe uku kwibaruka gukurikiwe n’uburwayi bw’umugore cyangwa umwana.

    Leta y’u Rwanda ishishikariza abayobozi bo mu nzego z’imirimo ya Leta kujya baha abakozi ibiruhuko nk’uko amategeko abiteganya

    source : https://ift.tt/3C0LMW3

  • Ole yasubije abibaza uzajya atera penaliti za Man U hagati ya Cristiano na Bruno #rwanda #RwOT

    Kuva Cristiano Ronaldo yasinyira Manchester United abantu batangiye kwibaza uzajya utera penaliti z’iyi kipe hagati ye na Bruno Fernandes wari usanganywe izi nshingano, umutoza Ole Gunnar Solskjaer yavuze ko nta kibazo bizateza kuko ari we uzagena ugena uzitera.

    Cristiano Ronaldo yavuye muri Manchester United (2009) ari we usanzwe atera penaliti z’iyi kipe, yagiye muri Real Madrid naho aba nimero ya mbere mu gutera penaliti, no muri Juventus biba uko.

    Aje muri Manchester United hahise hibazwa niba uyu rutahizamu azambura izi nshingano Fernandes uzisangwanywe.

    Ole Gunnar Solskjaer, umutoza wa Manchester United yavuze ko nta kibazo bizateza kuko yaganiriye n’aba bakinnyi bombi

    Ati 'nari mbizi ko icyo kizaza. Naganiriye n’abo bakinnyi babiri. Twabonye abakinnyi babiri nizera cyane ko batera penaliti, ni ibintu byiza.'

    'Bazabimenya bitewe n’ibiganiro twagiranye, n’ikiganiro tuzajya tugirana imbere y’imikino uburyo tuzagikemura. Ninjye uzajya ugena ikiba. Uko ari babiri bazakomeza bakore ibyo basabwe gukora basabwe gutera penaliti.' Ole Gunnar Solskjaer

    Yasoje agira ati 'mfite Cristiano, Bruno na Marcus(…) ibi nabiganiriyeho nabo, bazi aho mpagaze. Bazi ko ari njye uhitamo utera penaliti mu gihe tuyibonye. Nta kibazo bizateza turi hano ngo dushakira intsinzi hamwe.'

    Nyuma yo gusinyira ikipe ya Manchester United, nta gihindutse uyu munsi Cristiano Ronaldo araza kuba ayikinira umukino we wa mbere, ni umukino wa shampiyona iyi kipe uyu munsi iribusuremo Newcastle United.

    Cristiano na Fernandes bose bakomoka muri Portugal, Ole yavuze ko ari we uzajya agena utera penaliti

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/ole-yasubije-abibaza-uzajya-utera-penaliti-za-man-u-hagati-ya-cristiano-na-bruno

  • Uganda yatumiye u Rwanda ngo baganire ruyisubiza ko 'nta biganiro bikenewe ubu' #rwanda #RwOT

    Ikinyamakuru The East African, gitangaza ko iriya baruwa yanditswe na Gen Jeje Odongo tariki 30 Kanama 2021 akayoherereza Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta yatumiraga u Rwanda ngo baganire mu nama.

    Ngo iyo nama yari igamije gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano ibihugu byombi byagiranye muri 2019 i Luanda muri Angola yagiye anakurikirwa n’ibiganiro binyuranye birimo n’ibyahuje abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, Uganda, DRC na Angola.

    Iki kinyamakuru gitangaza ko Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo yatangaje ko u Rwanda rutiteguye kuganira na Uganda muri iyi minsi.

    Yagize ati 'Nta nama ubu iteganyijwe ariko u Rwanda ruhora rwiteguye gukurikira inzira y’ibiganiro ku bibazo byagaragajwe, icyakora ibibazo biracyakomeza kubera ko Uganda igikomeje gushimuta, gufunga, kwica urubozo no kwirukana Abanyarwanda.'

    Muri iki cyumweru turi gusoza, Uganda yashyikirije u Rwanda imirambo y’Abanyarwanda babiri biciwe muri Uganda ndetse inirukana bamwe mu banyarwanda babagayo ndets inarekura abandi bari bafungiyeyo mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

    Yolande Makolo yakomeje avuga ko ibintu bizagenda neza mu gihe Uganda izaba yahagaritse biriya bikorwa ndetse no gutera inkunga imitwe ya Politiki n’iyitwaje intwaro ihungabanya u Rwanda.

    Perezida Paul Kagame mu kiganiro aherutse kugirana n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA, yagarutse ku mubano w’ibi bihugu byombi ukomeje kuzamba, aboneraho kongera gusaba abanyarwanda kutajya muri kiriya gihugu kuko bajyayo bakagirirwa nabi.

    Icyakora yavuze ko nubwo agira Abanyarwanda iyi ama ariko ari 'ugushoberwa' kuko bamwe mu bajyayo basanzwe bafite abo mu miryango yabo muri kiriya gihugu kubera amateka y’ibi bihugu.

    Perezida Yoweru Kaguta Museveni wa Uganda na we uherutse kuganira na France 24 yabajijwe ku kibazo cyo gufunga imipaka avuga ko we atigeze afunga imipaka ahubwo ko byakozwe n’u Rwanda.

    Museveni kandi yanabajijwe ku byatangajwe ko u Rwanda rwifashishije ikoranabuhanga rihanitse rya Pegasus mu kuneka bamwe mu bayobozi bakuru muri Uganda, Museveni asubiza avuga ko kuri we ntacyo kumuneka kuko ibanga rye riba mu mutwe we.

    Tariki 21 Gashyantare 2020, Abakuru b’Ibihugu bya Uganda n’u Rwanda ndetse n’aba Angola na DR.Congo, bahuriye i Gatuna mu biganiro byafatiwemo imyanzuro yasabaga Uganda gusuzuma ibirego yashinjwaga n’u Rwanda ndetse no kubihagarika.

    Icyo gihe Uganda yari yahawe iminsi 30 yashira hakaba isuzumwa ryagombaga gukorwa na Komisiyo ihuriweho yashyizweho gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’i Luanda.

    Nyuma y’Iminsi 15 Abakuru b’Ibihugu bagombaga guhurira i Gatuna aho byari byitezwe ko hazafatwa indi myanzuro ikomeye irimo no kuba hafungurwa imipaka gusa ibi byose byaje kubangamirwa n’iyaduka ry’icyorezo cya COVID-19 cyaje kigahita gihagarika ibikorwa byose byo guhura ndetse no guhagarika imigenderanire y’ibihugu.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/mu-rwanda/3/article/Uganda-yatumiye-u-Rwanda-ngo-baganire-ruyisubiza-ko-nta-biganiro-bikenewe-ubu