Tag: Trending

  • Ubuyobozi bwasibishije ifoto ya Jay Polly yari yashushanyijwe ku muhanda…Umva impamvu #rwanda #RwOT

    Ni igishushanyo cyari cyatumye Jay Polly yitirirwa uriya muhanda aho cyagaragariraga buri wese wabaga ahanyuze kabone nubwo yaba atekeregereye cyane.

    Abari kuhanyura ubu, bari gusanga iki gishushanyo kitagirahari nyuma y’uko Umuyobozi w’Umudugudu w’Umushumbamwiza ndetse n’Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kanombe batanze itegeko ryo kugisiba aho cyari kiri hagasigwa irangi ry’umukara.

    Uwisize Aime uyobora uriya Mudugudu, yatangaje ko kiriya cyapa batazi uko cyageze hariya nyamara ubusanzwe ibyapa byose bijya ahantu habonwa na buri wese, bibanza gusabirwa uburengaznira.

    Yagize ati 'Ubundi icyapa cyose cyagenewe kujya ahantu runaka bagisabira uburenganzira Umujyi wa Kigai ariko noneho iyo bagiye gushyiraho kiriya cyapa baraza natwe bakatubwira nk’umuyobozi w’Umudugudu nanjye nkamenya ngo iki cyapa kiri aha, ni icya runaka,…'

    Uyu muyobozi kandi avuga ko na ba nyiri inzu yari yashyizweho kiriya gishushanyo bahakanye ko batigeze babisabirwa uburenganzira. Ati 'Nta n’uwo bari bazi ko ari ifoto ya Jay Polly bari bushyireho.'

    Umunyabugeni Rwigema Abdul wari washushanyije iriya foto, yavuze ko na we yashenguwe no gusibirwa igihangano kuko yagikoze kimugoye kandi ko yumvaga kimuvuye ku mutima.

    Atangaza ko nibura iyo amenyeshwa mbere y’uko gisibwa ariko ko yatunguwe no kwakira abantu benshi bamuhamagaraga bamubwira ko cya gishushanyo kitagihari.

    UKWEZI.RW

    Source : http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/Ubuyobozi-bwasibishije-ifoto-ya-Jay-Polly-yari-yashushanyijwe-ku-muhanda-Umva-impamvu

  • Rusesabagina Paul, abaye intandaro y'ihagarikwa ry'ibiganiro byari guhuza u Rwanda n'Ububiligi #rwanda #RwOT

    U Rwanda rwanze kwitabira inama yagombaga guhuza ba Minisitiri b'Ububanyi n'amahanga, uw'Ububiligi n'uw'u Rwanda I New York. Ni nyuma y'amagambo Minisitiri w'Intebe wungirije akaba na Minisitiri w'Ububanyi n'amahanga w'Ububiligi, Sophie Wilmes yatangaje, anenga imikirize y'urubanza rwa Rusesabagina, avuga ko atahawe ubutabera. U Rwanda rukavuga ko aka ari agasuzuguro.

    Mu itangazo Minisitiri Sophie yashyize ku karubanda, yavuze ko yamenye iby'isomwa ry'urubanza rwa Rusesabagina Paul I Kigali. Avuga ko nubwo hari ibyo igihugu cye cyakomeje gusaba ku iburanishwa ry'uru rubanza, ngo bigaragara ko Rusesabagina Paul ataburanishijwe mu buryo bunyuze mu mucyo kandi butabera, by'umwihariko ku birebana n'uburenganzira bwe bwo kwiregura n'ubwunganizi mu mategeko. Avuga kandi ko n'uburengenzira bwe bwo kuba umwere mbere yo gucibwa urubanza butubahirijwe n'ibindi.

    Nyuma y'ibyatangajwe n'uyu Minisitiri w'Ububiligi, Minisiteri y'Ububanyi n'amahanga y'u Rwanda yatangaje ko ibi ari agasuzuguro, ko kandi ngo byagiye binagaragara kenshi kuva urubanza rutangira, nubwo inzego z'Ububiligi hari byinshi zakoze mu gufasha iz'u Rwanda kubona amakuru mu bijyanye n'iperereza n'ubugenzacyaha ku makuru yari akenewe kuri Rusesabagina Paul ufite ubwenegihugu bw'Ububiligi.

    Ku bw'iyi mpamvu, Minisiteri y'Ububanyi n'Amahanga y'u Rwanda yahise itangaza ko ibiganiro byari kuzahuza ba Minisitiri bombi b'Ububanyi n' amahanga I New York ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitakibaye.

    Kuri uyu wa Mbere Tariki 20 Nzeri 2021, nibwo urukiko rukuru, Urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n'ibyambukiranya imbibe rwakatiye Rusesabagina Paul imyaka 25 y'igifungo nyuma yo guhamwa n'ibyaha bitandukanye bifitanye isano n'ibikorwa by'iterabwoba yari akurikiranyweho.

    Soma hano inkuru ivuga ku rubanza:Rusesabagina Paul wivugiye mu rukiko ko ari impfubyi ya Loni/UN yakatiwe imyaka 25 y'igifungo

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    Source : https://www.intyoza.com/rusesabagina-paul-abaye-intandaro-yihagarikwa-ryibiganiro-byari-guhuza-u-rwanda-nububiligi/

  • Umunyamakuru Jado Castar yatawe muri yombi #rwanda #RwOT

    Umunyamakuru w’imikino akaba n’umuyobozi wa kabiri wungirije w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda(FRVB), Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar yatawe muri yombi akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano.

    Ibi bibaye nyuma y’uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abagore ya Volleyball isezerewe mu irushanwa ry’igikombe cya Afurika cyaberaga mu Rwanda kubera gukinisha abakinnyi bane bakomoka muri Brazil aho bivugwa babonye ubwenegihugu mu buryo butari bwo.

    Byatumye irushanwa rihagarara iminsi hafi itatu, aho u Rwanda rwavugaga ko rurengana, federasiyo mpuzanahanga y’umukino wa Volleyball (FIVB) itegeka rikomeza u Rwanda rutarimo n’aba bakinnyi bagahanwa ndetse n’abayobozi ba FRVB batarimo, ariko u Rwanda narwo ruvuga ritakomeza rutarimo bityo nirutemererwa gukina ridakomeza, gusa byaje kurangira rikomeje.

    Jado Castar bivugwa ko ari we wari mu nshingano zo gukurikirana ibyangombwa byo kugira ngo Aline Siqueira, Apolinario Caroline Taiana, Mariana Da Silva na Moreira Bianca Gomes baze gukinira u Rwanda.

    Ku Cyumweru nibwo haje inkuru y’uko uyu mugabo ari kumwe n’ahandi bayobozi ba feserasiyo bitabye RIB, umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yemeje ko ejo hashize ku wa Mbere bamutaye muri yombi aho arimo akorwaho iperereza ku cyaha cyo gukoresha impapuro mpimbano.

    Ati “Ni byo yatawe muri yombi. Ari gukorwaho iperereza, akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano mu gushyira mu bikorwa inshingano ze.”

    Iperereza rikaba rigikomeje ndetse n’abandi bayobozi bo muri FRVB barimo kurikorwaho ngo barebe niba hari undi ubifitemo uruhare, ni mu gihe na perezida w’iri shyirahamwe, Me Ngarambe Raphaël na we yatumuijweho arabazwa ariko arataha.

    Jado Castar yatawe muri yombi

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umunyamakuru-jado-castar-yatawe-muri-yombi-6514

  • “Isomo niba utararifashe bazongera bakwereke!… – #rwanda #RwOT

    Urukundo rwa Safi na Knowless, rufite amateka yihariye ukurikije uko rwavuzwe. Aba bombi mu gihe cyabo bagiranye ibihe byiza, abenshi bishimira Couple yabo ariko biza kurangira ibaye amateka, umutima wa Knowless wegukanywa na producer Clement.

    Ibi byose tugiye kugarukaho, byahishuwe na Zizou Al Pacino wabahurije mu ndirimbo “Vuba vuba”, maze ibyo baririmbye basubizanya bikaza kuba impamo. Iyi ndirimbo yakozwe mu gihe urukundo rwabo rwatutumbaga, ariko bikaza kurangira Producer Clement ariwe wegukanye umutima wa Knowless; bigahura neza n'ibyo baririmbye basubizanya ngo byatumye iyi ndirimbo yibwa igitaraganya ikiri muri Studio.

    Mu kiganiro Zizou Al Pacino yagiranye n'ikiganiro “Sunday night” cya Isango Star kuri iki cyumweru tariki 19 Nzeri 2021, yabajijwe byinshi kuri iyi ndirimbo aboneraho no gshishura uko yibwe.

    Abanyamakuru baganiraga na Zizou, bakurikije uko Safi na Knowless basubizanyije muri iyi ndirimbo, bamubajije niba Safi yaba yari abizi ko Knowless azagaragara muri iyi ndirimbo maze asubiza agira ati” Safi yabanje kuririmba nyine Knowless n’ubundi twarakoranaga bya buri munsi, byansabye ko aza muri studio nyine yumva indirimbo arandika, kuko urumva igitero cya Safi nicyo cyabanzirizaga “.

    Aha yavuze ko All Stars ubundi umuhanzi yumva ibyo abandi bakoze, ku buryo uko abahanzi bagenda bakurikirana ari nako uburyohe bugenda burushaho kuba bwinshi. Ashimangira ko umuhanzi wumvise ibyo abandi bakoze arushaho kunoza ibyo ari buririmbe agendeye ku by'abandi, ari nako byagenze muri iyi ndirimbo “Vuba vuba ” yakozwe muri za 2016.

    Zizou ubwo yabigarukagaho muri” Sunday night”.

    Yakomeje agira ati” Hari ikintu kiba bigahura nyine n’uko wenda hari ibintu bihari, urumva icyo gihe inkuru y’urukundo ya Safi na Knowless byari bigitutumba cyane”. Yasobanuye ko we ubusanzwe igitekerezo yifuzaga kugaragaza muri iyi ndirimbo, cyari ukuvuga ko umukobwa ukunda ari ukugira vuba ukamukura mu nzira kuko haba hari abandi bantu baba barekereje, ku buryo bashobora kumugutwara.

    Aha yashimangiye ko byahise bihura n’inkuru ya Clement waje kwegukana umutima wa Knowless, bikarangira Safi bamukuyemo. Zizou ageze aha yagize ati”Habayeho histoire ya Clement na Safi kuko Clement, Knowless yari yabaye umugore we cyangwa se wenda nka fiyanse muri icyo gihe, so biba ngombwa ko byumvikana ko nyine yari arimo ara mudisinga [umubwira ]”.

    Cyakora hari aho yashimangiye ko Knowless wari ugiye mu ndirimbo ye bwa mbere, yari abizi ko Safi arimo. Yabajijwe niba Knowless yarumvize ibyo Safi yaririmbye hanyuma akaza akubita atababarira, ntiyemeranwa n’uwabazaga ashingira ko Knowless yagendeye ku gitekerezo yahawe cy’umuntu ukundana n’umukobwa akazarira, bikaba byarangira bamumutwaye nk’uko twigeze kubigarukaho.

    Safi na Knowless

    Gusubizanya kwa Knowless na Safi muri iyi ndirimbo “Vuba vuba” , yabajijwe niba hari umusanzu byatanze mw’imenyekana ryayo avuga ko atigeze ashyiramo Knowless na na Safi mu gushaka ko iyi ndirimbo yakwamamara, kuko yari amaze kugira nyinshi zikunzwe ku buryo imvugo ye yashimangiye ko urwo rwego rwo gushakishiriza inzira muri buriya buryo yari yararurenze.

    Cyakora yongeye gushimangira ko icyo gihe abanyamakuru yabakoreye inkuru, ahita anahishura ko kubera uko Safi na Knowless basubizanyije muri iyi ndirimbo byatumye bayiba ikiri muri studio. Yabisobanuye agira ati” Urumva kubera nyine icyo kintu cya Safi na Knowless, byatumye bajya no kuyiba muri Studio indirimbo nshiduka iri hanze, so biba ngombwa ko nyisohora ntanabiteguye ndayisohora nyine!”.

    Mu kumenya ko bayibye ngo yagiye kubona abona abantu bari kuyimusangiza kuri Twitter ngo hari nka sa 3:00 z’ijoro. Yicuye ayikinnye, yumva niyo ahita afata umwanzuro wo kuyishyira hanze. Muri iyi ndirimbo, Safi hari aho aririmba agira ati” Nta mpuhwe abatagiri bangiriraga nabaga nikundiye umwana bakabimpora” .

    Hari aho akomeza agira ati” Uyu aziye igihe icyo aricyo cyose nzakimuha ameze neza murabibona njye ndi fresh nawe iko safi bwangu vuba vuba”. Knowless ahita aza amwikiriza aririmba agira ati” Wari umwana ntuzi aho biva n'aho bigana isomo niba utararifashe bazongera bakwereke, isomo niba utararifashe uzongera ubabare turiya turiya ushyire umwana mu mago, turiya turiya nutagira vuba uramubura”.

    Muri 2012 nibwo Butera Knowelss yeruye, akemeza ko amaze igihe mu rukundo na Producer Clement, maze uko yasubirikanyije na Safi muri “Vuba vuba” birangira bibaye impamo amushyira mu mago Safi bamukuramo.

    REBA HANO INDIRIMBO VUBA VUBA WUMVE UKO BASUBIZANYA

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/109687/isomo-niba-utararifashe-bazongera-bakwereke-dj-zizou-yasobanuye-uko-ibyo-safi-na-knowless–109687.html

  • BREAKING NEWS: Irushanwa ry'Igikombe cy'Africa cy'Abagore cya #Volleyball cyaberaga mu Rwanda rirahagaritswe. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Irushanwa ry'Igikombe cy'Africa cy'Abagore cya #Volleyball cyaberaga hano mu Rwanda rirahagaritswe, ndetse Amakipe yose agomba guhita asubira iwayo.

    Amakuru avuga ko impamvu yatumye iri rushanwa rihagarikwa ari uko hagiye hakinishwa abakinnyi b'abanyamahanga.Bivugwa ko u Rwanda rwakinishije Abanya-Brazil Bane ku mukino bahuyemo, kandi abo bakinnyi bari barakiniye ikindi gihugu (Brazil).

    Source : https://yegob.rw/breaking-news-irushanwa-ryigikombe-cyafrica-cyabagore-cya-volleyball-cyaberaga-mu-rwanda-rirahagaritswe/

  • Nicki Minaj kuri Twitter atangaje ibirego kubyerekeye ingaruka zinkingo ya covid #RwOT #Rwanda

    Nicki Minaj tweeted an unverified story about a cousin’s friend in Trinidad, saying the unidentified individual “became impotent” and “his testicles became swollen” after receiving a COVID-19 vaccine.


    Read more on : https://www.ctvnews.ca/health/coronavirus/nicki-minaj-s-tweet-shares-unfounded-claims-about-vaccine-side-effects-1.5586241

  • Rihanna n'umukunzi we batamajwe n'imyambarire yabo idasanzwe – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umuhanzikazi Rihanna, umwe mubayoboye umuziki muri Amerika arikumwe n'umukunzi we Asap Rocky umuraperi kabuhariwe, bitabiriye ibirori by'imideli byizihizwa buri mwaka byitwa Met Gala. Bitunguranye, aba bombi baje bambaye imyenda itangaje imeze nk'amashuka, bituma banengwa ko bambaye nabi kandi bitabiriye ibirori by'imideli.

    Kuva aba bombi banyura ku itapi itukura y'ibirori Met Gala 2021, byatumye abantu benshi ku mbuga nkoranyambaga banenga imyambarire ya Rihanna na Asap Rocky aho bamwe bavugaga ko bambaye amashuka bararamo babihindura urwenya, naho abandi bibaza impamvu bakwambara gutyo kandi ari abakire babasha kugura imyenda myiza yose bifuza.

    Source : https://yegob.rw/rihanna-numukunzi-we-batamajwe-nimyambarire-yabo-idasanzwe/

  • Video: Umu mama ukoresha imvugo zigezweho (slang) asekeje umunyamakuru – YEGOB #rwanda #RwOT

    Muri iki gihe hari imvugo zigweho(slangs) ndetse zikùnze gukoreshwa n'urubyiruko cyane cyane.Biragoye kumva umuntu ukuze uzikoresha,ariko hari umumama ukomeje gutangaza benshi ku mbugankoranyambaga bitewe nuburyo akoreshamo bene izi mvugo.

    Uyu mumama ugaragara kuri dream TV, yasekeje umunyamakuru bitewe nuburyo avuga nkumuntu ukiri muto.Imyambarire ye nayo iratangaje ,aho yambara ikote ryingofero nipantalo.Mu mvugo akoresha harimo: wa kintu we, gongaho, ntushona se bro nizindi..

     

    Source : https://yegob.rw/video-umu-mama-ukoresha-imvugo-zigezweho-slang-asekeje-umunyamakuru/

  • Ubuhamya bubabaje bw'umugore warashwe inshuro 17 n'inshoreke y'umugabo we #rwanda #RwOT

    Umugore witwa Nicole Jones yasangije ubuhamya bubabaje abakurikirana urubuga rwa 'Hashtagourstories' rusanzwe rusangiza inkuru zitandukanye zabantu badasanzwe batsinze ingorane ruri kuri Instagram . Mu gice , bise 'Shot 17 Times,' Jones yasobanuye uburyo umubano we n'umukunzi we wahindutse nabi igihe yamenyaga ko abona undi mugore hafi umwaka umwe mu mibanire yabo. Uyu mukobwa ukiri muto avuga ko bitatinze mbere yuko undi mugore aba 'inzozi nzima ze.'

    Jones yavuze ko uyu mugore wakundaga guhamagara telefone akamwereka iwe igihe icyo ari cyo cyose ari kumwe n'umukunzi we igihe kinini basangira . Jones yemera ko umugabo we yahoraga abakinisha, ababeshya bombi kuburyo bungana ati 'yagaburiraga buri mugore ibinyoma bimwe.' Nyuma yo kwihanganira ikinamico igihe gito, umwe mu bahanga ku bujyanye n'ubuzima yaje kubasura agerageza kubagira inama yuko batandukana bagahagarika umubano wabo.

    Nyuma ngo yo kwitabira ibirori by'imyambarire, yaterefonye nu mujinya mwinshi ya nshoreke nyuma yo ku menya ko uyu yirirwanye n' umugabo be bishimana ijoro ryose. Gusa mbere yo kuva kuri terefone; uwo mukeba ntibyamuteye ubwoba ahubwo yatangiye kumutera ubwoba amubwira ko azamurasa. Ntibyatinze, umugore ageze kwa Jones amurasa inshuro 17 mbere yo guhunga.

    Jone w'imyaka 25 yashyizwe muri koma muminsi 4 abaganga bamubwiye ko atazongera kugenda nyuma yo kumurasa amaguru ndetse ni bikomere byinshi ku maguru. Mu buryo bw'igitangaza, yatangiye kugenda nyuma y'ibyumweru byinshi arashwe ubwo yari muri rehabu(rehab) kwitabwaho.

    Amashusho ye amaze gukwirakwira ndetse ikagenda isangizwa ku mbuga nkoranyambaga kandi ikarebwa na bantu barenga miliyoni 1.7 ku rubuga rwa Instagram rwa @HashTagOurStories( urubuga rwagenewe gusangiza inkuru zabantu badasanzwe batsinze ingorane)

    AMAKURU / MU MAHANGA / UBUTABERA / UBUZIMA / UTUNTU N'UTUNDI
    Umugore warashwe inshuro 17 n'inshoreke y'umugabo we akaba akiri muzima.Inkuru irambuye
    September 13, 2021 – by Dusabimana Faustin – Leave a Comment

    Umugore wo muri Amerika bivugwa ko yarashwe inshuro 17 n'undi mukunzi w'umugabo we bivugwa ko yafunguye akagaragaza ibyerekeranye n'iraswa rye

    Nicole Jones mugihe cy'icyumweru gishize yasangije ubuhamya bwe ku rubuga rwagenewe gusangiza inkuru zabantu badasanzwe batsinze ingorane(Hashtagourstories ) ku rukuta twa insitagaramu(instagram). Mu gihe cyo kwicara, bise 'Shot 17 Times,' Jones yasobanuye uburyo umubano we n'umukunzi we wahindutse nabi igihe yamenyaga ko abona undi mugore hafi umwaka umwe mu mibanire yabo. Uyu mukobwa ukiri muto avuga ko bitatinze mbere yuko undi mugore aba 'inzozi nzima ze.'

    Jones yavuze ko uyu mugore wakundaga guhamagara telefone akamwereka iwe igihe icyo ari cyo cyose ari kumwe n'umukunzi we igihe kinini basangira . Jones yemera ko umugabo we yahoraga abakinisha, ababeshya bombi kuburyo bungana ati 'yagaburiraga buri mugore ibinyoma bimwe.' Nyuma yo kwihanganira ikinamico igihe gito, umwe mu bahanga ku bujyanye n'ubuzima yaje kubasura agerageza kubagira inama yuko batandukana bagahagarika umubano wabo.

    Nyuma ngo yo kwitabira ibirori by'imyambarire, yaterefonye nu mujinya mwinshi ya nshoreke nyuma yo ku menya ko uyu yirirwanye n' umugabo be bishimana ijoro ryose. Gusa mbere yo kuva kuri terefone; uwo mukeba ntibyamuteye ubwoba ahubwo yatangiye kumutera ubwoba amubwira ko azamurasa. Ntibyatinze, umugore ageze kwa Jones amurasa inshuro 17 mbere yo guhunga.

    Jone w'imyaka 25 yashyizwe muri koma muminsi 4 abaganga bamubwiye ko atazongera kugenda nyuma yo kumurasa amaguru ndetse ni bikomere byinshi ku maguru. Mu buryo bw'igitangaza, yatangiye kugenda nyuma y'ibyumweru byinshi arashwe ubwo yari muri rehabu(rehab) kwitabwaho.

    Amashusho ye amaze gukwirakwira ndetse ikagenda isangizwa ku mbuga nkoranyambaga kandi ikarebwa na bantu barenga miliyoni 1.7 ku rubuga rwa Instagram rwa @HashTagOurStories( urubuga rwagenewe gusangiza inkuru zabantu badasanzwe batsinze ingorane)

    Source : https://umuryango.rw/ubuzima-115/udushya/article/ubuhamya-bubabaje-bw-umugore-warashwe-inshuro-17-n-inshoreke-y-umugabo-we

  • BullDogg yavuze ubuzima yabanyemo na Jay Polly #Rwanda #RwOT via @kigalitoday #rwanda #RwOT

    BullDogg na Jay Polly bari inshuti kuva kera
    BullDogg na Jay Polly bari inshuti kuva kera

    Abitabiriye uyu muhango bahuriye aho yari atuye i Kibagabaga bamusabira ku Mana.
    Benshi mu bafashe ijambo muri uyu muhango, bagarutse ku mateka ya Jay Polly bamushimira ibikorwa yakoze akiri ku Isi ari nako bamusabira kuruhukira aheza.

    Uwera Jean Maurice mukuru wa Jay Polly , yashimiye buri muntu wese wabatabaye kuko byabafashije kumuherekeza mu cyubahiro.

    Jean Maurice yahaye abana ba nyakwigendera inyemezabwishyu y’umwaka wose w’ishuri mu mafaranga yaturutse mu bakunzi ba Jay Polly.

    Mu ijambo umuhanzi BullDogg yavuze nk’umuntu batangiranye itsinda rya Tuff Gang, yasabye ko ibihangano bye byabungabungwa, amafaranga azakomeza kuvamo akazafasha umuryango we n’abana be.

    BullDogg yasabye ko abakunzi be bakwiye gukomeza gutanga umusanzu mu rwego rwo gufasha umuryango n’abana be kugeza bakuze.

    Bikurikire uko yabisobanuye muri iyi video:

    source : https://ift.tt/2Xek8pY