Tag: Trending

  • Gatsibo: Abanyeshuri 15 batawe muri yombi ikigo cyose kirafungwa kubera imyigaragambyo – #rwanda #RwOT

    Ni imyigaragambyo yabaye kuwa Gatandatu tariki ya 6 Gashyantare 2021 nyuma yaho umwe mu banyeshuri uturuka mu nkambi ya Nyabiheke yirukanwe azizwa imyitwarire mibi yakunze kumuranga.

    Amakuru agera kuri IGIHE ni uko uyu munyeshuri yakunze gusohoka ikigo mu buryo butemewe akanakunda kurwana n'abarimu, kuwa Gatandatu ngo ubuyobozi bw'ishuri bwitabaje Polisi iza kumukura mu kigo kuko yari yanze gusohoka ubwo yasohorwaga abandi banyeshuri batera amabuye imodoka ya Polisi.

    Byarangiye Polisi ngo itwaye uyu munyeshuri abandi banga kurya no kuryama ahubwo bamena ibirahure by'amashuri n'aho barara. Ni imyigaragambyo yakomeje ku cyumweru bigeze kuwa mbere abanyeshuri bose banga kwiga kugeza ubwo ubuyobozi bw'Akarere bugirireyo hafatwa umwanzuro wo gufunga iki kigo abanyeshuri bose bagataha.

    Umuyobozi w'Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, yabwiye IGIHE ko abanyeshuri bose babaye bagiye mu rugo bakazategereza umwanzuro uzafatwa na Minisiteri y'Uburezi.

    Ati ' Nibyo abana batashye ikigo twagifunze, igihe bazamara mu rugo ntitwakimenya kubera ko twabyumvikanye na Minisiteri y'Uburezi ko bagomba gutaha ababigizemo uruhare bagafatwa bagakurikiranwa, hafashwe abanyeshuri 15 bateguye iyo myigaragambyo ubu bari mu maboko ya RIB.'

    Meya Gasana yavuze ko kugira iyo myigaragambyo yatewe n'umwana w'umunyeshuri wakundaga gukora amakosa atandukanye mu kigo biba ngombwa ko asezererwa.

    Ati 'Nyuma yo kwihanganirwa kenshi no kumutuma ababyeyi kenshi yakomeje kugira amakosa menshi arimo gusohoka mu kigo, rimwe na rimwe akanagaruka yasinze abandi bari mu masomo, kurwanya abarimu, umuvuzeho wese agashaka ko kumurwanya, nibwo komite y'imyitwarire yemeje ko yirukanwa.'

    Yakomeje avuga ko nyuma yo kumusezerera hatumweho ababyeyi be banga kuza biba ngombwa ko hitabazwa ubuyobozi bw'Umurenge na Polisi asohorwa ku ngufu, uyu mwana ngo yari yasabye bagenzi be kumushyigikira, ubwo yasohorwaga rero ngo bashatse kumutabara ntibyabakundira kuko yambitswe amapingu.

    Meya Gasana yavuze ko abanyeshuri bahise batera imodoka ya Polisi amabuye bayimena ikirahure, banasigara bamena ibirahure by'amashuri bigiragamo. Iby'aho barara ndetse n'ibyo ku biro by'ikigo.

    Ati 'Ejo twagiyeyo banze kujya mu ishuri tubabaza uko babyumva batubwira ko bashaka gutaha ngo kuko bayobowe nabi, twaje kubigenzura rero dusanga ni urwitwazo kuko muri icyo kigo abanyeshuri benshi bakirimo ni abaturuka mu nkambi ya Nyabiheke na Gihembe mu banyeshuri 372 abagera kuri 288 ni abanyeshuri b'impunzi.'

    Yavuze ko bahise bagisha inama Minisiteri y'Uburezi idusaba kugifunga kuko abanyeshuri bose nta n'umwe wigeze yitandukanya n'imyigaragambyo, leta akaba ariyo yashatse imodoka zicyura abanyeshuri bose aho byarangiye kuri uyu wa kabiri.

    Ku babyeyi bafite impungenge z'abana babo bazakora ibizamini bya leta, Meya Gasana yavuze ko ahubwo bakagize impungenge ku myitwarire y'abana babo kuruta uko bagira impungenge ku kuba barangiza ishuri, yavuze ko Minisiteri y'Uburezi ariyo izafata umwanzuro niba iki kigo gifungura cyangwa niba kizafungwa burundu.


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/gatsibo-abanyeshuri-15-batawe-muri-yombi-ikigo-cyose-kirafungwa-kubera

  • Restaurant z'i Kigali ziratabaza kubera ibihombo – #rwanda #RwOT

    Aba bacuruza Restaurant bagaragaje izi mpungenge mu ibaruwa bandikiye Umuyobozi Mukuru w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Clare Akamanzi, ndetse banatanga kopi yayo mu Biro bya Minisitiri w'Intebe ndetse no muri Minisiteri y'Ubucuruzi n'Inganda, MINICOM.

    Icyifuzo nyamukuru cy'aba bacuruzi, ni uko Leta yadohoro ku ngamba yashyizeo zo kwirinda Coronavirus, ku buryo aho gufunga saa kumi n'ebyiri z'umugoroba, nk'uko amabwiriza yashyizweho abiteganya muri ibi bihe bya Guma mu Rugo mu Mujyi wa Kigali, nibura bo bakwemererwa gufunga saa tatu z'ijoro, bagakomeza gutanga serivise zabo ku bazikenera mu masaha ya nijoro, ari na yo abamo icyashara cyinshi muri ubwo bucuruzi.

    Mu nyandiko yabo, bagize bati “turandika dusaba ubufasha bwa Goverinoma y'u Rwanda, bwo kwemerera Restaurant z'i Kigali gukomeza gukora muri ibi bihe bya Guma mu Rugo. Amabwiriza yashyizweho yo guhangana n'icyorezo cya Coronavirus yaduteye ibibazo bikomeye, asenya ubushobozi bwacu bwo gutanga serivise ndetse adushyira mu kaga gakomeye ko gufunga burundu no guhomba”.

    Aba bacuruzi ba Restaurant bavuga ko ibihe by'icyorezo byagize ingaruka zikomeye ku bucuruzi bwabo, kuko bushingiye ku ngendo no gusabana kandi ibyo bikabarizwa mu bikorwa byakumiriwe, cyangwa bikagabanywa kuko ari bimwe mu bishobora gukwirakwiza icyorezo cya Coronavirus.

    Bongeyeho ko ubwo bufasha bukenewe bwangu nk'uko byagenze muri Guma mu Rugo yabaye mu mwaka ushize, hagati ya Werurwe na GIcurasi.

    Bagize bati “muri Guma mu Rugo ya mbere, ibikorwa byo gukomeza kugemurira abakiliya bacu byemerewe gukomeza gukora kugeza saa tatu z'ijoro. Ariko amabwiriza yashyizweho ubu asaba ko ibikorwa by'ubucuruzi bifungwa saa kumi n'ebyiri. Ingaruka z'aya mabwiriza ni uko tugomba gufunga saa kumi z'umugoroba kugira ngo abakozi bacu babone uko bataha”.

    “Kubera izo mpamvu rero, ntidushobora gutanga serivise mu masaha y'umugoroba na nijoro, kandi ari bwo ubucuruzi bwacu buba buri kugenda neza cyane, ndetse ari na bwo twinjiza agatubutse. Uko bihagaze kuri ubu, Restaurant zacu zimaze gutakaza amafaranga yinjizwaga ari hagati ya 40% na 50% ku mpuzandengo, kandi aya mabwiriza mashya [atubuza kugemurira abakiliya bacu] ashobora kugabanyaho hagati ya 50% na 60% ku mafaranga yinjiraga”.

    Bongeyeho ko usibye n'ubucuruzi bwabo, aya mabwiriza mashya anabangamiye cyane abantu badashobora kubona uko bajya ku masoko guhaha kuko asigaye afunga kare, bati “kubera gufunga saa kumi n'ebyiri, ntidushobora gutanga amafunguro ya nijoro ku bakiliya bacu bagaragaje ko bakeneye izi serivise – cyane cyane abakozi batabona umwanya wo guhaha n'ababyeyi bigishiriza abana mu rugo ntibabone uko bajya guhaha mu masaha y'umunsi”.

    Mu gihe baramuka bahawe uburenganzira bwo gukomeza imirimo yabo, aba bacuruzi basezeranyije ko bazubahiriza amabwiriza yo kwirinda Coronavirus ndetse ko bazakorana n'ibigo byemewe byo gutwara abantu ku buryo bizajya bicyura abakozi babo.

    Mu gihe nta gikozwe, aba bacuruzi bavuze ko bashobora kuzahomba burundu bagafunga imiryango, kandi bikaba byagira ingaruka ku bukungu bw'igihugu muri rusange kuko byakongera abashomeri, ndetse bikanatuma abahinzi, n'abandi bafatanyabikorwa bungukiraga muri ubu bucurizi bwa Restaurant zabo bahomba.

    Hagati aho, aba bacuruzi basobanura ko bumva neza impamvu z'amabwiriza yashyizweho yo guhangana na Coronavirus, kandi ko icyifuzo cyabo kitazayabangamira, ahubwo ko kizuzanya no kurengera ubuzima bw'abantu, kurinda ibura ry'akazi ndetse n'izindi ngamba za Leta zo kwirinda Coronavirus.

    RDB ari nayo yari yandikiwe, yaje gusubiza ubutumwa bw'iyi baruwa ku rubuga rwa Twitter, bavuga ko “iki cyifuzo cyakiriwe kandi cyaganiriweho n'inzego bireba, gusa icyemezo cyafashwe ni icyo gukomeza kubahiriza amasaha yo gufunga ibikorwa yashyizweho bitewe n'uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu Mujyi wa Kigali”.

    Gahunda ya Guma mu Rugo yashyizweho mu Mujyi wa Kigali ku wa 7 Gashyantare.

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Support Kigali’s restaurants! Restaurants are going bankrupt & people cant buy dinner after 4:45. Please consider our request from last week to return food delivery hours to 9:00 so we can stay in business #supportKGLstaurants🙏😷@RDBrwanda @RwandaTrade @UrugwiroVillage pic.twitter.com/vJ8BVpEQ0e

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Food delivery is an essential service for busy workers who don’t have time to cook, especially now with children home from school. It’s difficult for people to get dinner when they cannot buy food after 4:45pm

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    We’re not asking for a return to full capacity and crowds – just a return to the 9pm delivery times that helped us during the original successful lockdown. Murakoze!

    — Andrew Kent (@Afrikent) February 5, 2021

    Hi Andrew.

    This request was received and considered by the national COVID-19 taskforce, however, a decision was made to maintain current curfew due to the COVID-19 situation in Kigali. We take note of this and will present it in the coming days & will keep you posted.Thank you

    — Rwanda Development Board (@RDBrwanda) February 5, 2021

    The end of delivery at 5pm is very complicated for our industry. In April, it´s thanks to the late delivery that we were able to make it. dinner time from 6 to 8 is a critical time bracket for our businesses . @vubavubarw

    — Nathalie Jolitropisme (@NJolitropisme) February 5, 2021

    The situation is even worse with the coffee https://t.co/STkCt0fEoK order something,or you manage to reach the place physically,you just can’t get anything,beyond 14:00 hours,for the management of these coffee shops,are busy,transporting their staff back home

    — Frank SHUMBUSHO (@Frasishu) February 5, 2021

    Resitora zirasaba ko zakwemererwa gukomeza gukora nyuma y’amasaha yo gufunga kw’ibindi bikorwa


    Source : http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/resitora-z-i-kigali-ziratabaza-kubera-ibihombo

  • Diplomate arashimangira ko CoronaVirus ari umugambi mubisha w'abazungu bashaka kurimbura bamwe mu batuye isi – YEGOB #rwanda #RwOT

    Diplomate ni umuhanzi nyarwanda usanzwe azwiho kugira amagambo asa n'inyigisho mu ndirimbo ze zitandukanye yagiye ashyira ahagaragara, aho kenshi yagiye avuga ku bihe bikomeye bya politike byagiye biranga isi ncyari kibyishihe inyuma. Uyu mugabo rero ukunda gusoma ibitabo cyane akaba mu busesenguzi bwe asanga CoronaVirus (Covid19) itarapfuye kugwirira isi gutyo gusa ahubwo ari umugambi mubisha wateguwe n'abazungu kuva kera.

    Kuva umwaka ushize mu kwezi kwa Werurwe ubwo Corona yari imaze gukwira ku isi yose, Diplomate yakomeje kugenda ashyira ubutumwa butandukanye kuri Instagram agaragaza ko CoronaVirus yaje mu nyungu z'abazungu babaherwe ku isi by'umwihariko ku mugabo Bill Gates.

    Kugeza na n'uyu munsi rero Diplomate akaba agashimangira ko iki cyorezo cyugarije isi, cyaje mu nyungu z'abazungu ndetse ko izi nkigo ziri gukwirakwizwa hirya no hino ku isi, ba nyirazo bafite indi mugambi itari myiza nabusa yihishe inyuma yabyo. Ibi akaba abashimangira yifashishije imibare ikomeza kwiyongera y'abantu bapfa nyuma y'iminsi mike bamaze kwiteza urukingo wa Covid19.

    Ndetse kandi kuri we kuba Bill Gates ndetse n'abandi baherwe bakomeye bakomeza gushora imari mu bigo bikora inkingo n'imiti akaba asanga nta keza kabyo, aho yemeza ko ntakabuza hari ikibyihishe inyuma.

     

     

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/diplomate-arashimangira-ko-coronavirus-ari-umugambi-mubisha-wabazungu-bashaka-kurimbura-bamwe-mu-batuye-isi/

  • Hagaragajwe ko COVID-19 yongereye ibibazo by’ihungabana mu barokotse Jenoside – #rwanda #RwOT

    Mu bibazo byo mu mutwe abarokotse Jenoside bakunze guhura nabyo harimo kwigunga, agahinda gakabije, kurwara umutwe, kugira ubwoba. Ababakurikiranira hafi bemeza ko ibi bibazo byarushije kwiyongera muri iki gihe u Rwanda kimwe n’Isi yose bihanganye n’icyorezo cya COVID-19.

    Umuyobozi ushinzwe ibikorwa by’isanamutima mu Muryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), Aimée-Josiane Umulisa yabwiye The New Times ko ingamba zashyizweho mu kwirinda ikwirakwira rya COVID-19 zatumye bamwe mu barokotse Jenoside barushaho kwigunga, guhangayika no kugira ubwoba.

    Umulisa yavuze ko abagize amatsinda y’abarokotse Jenoside bakorana usanga bafite ibibazo by’agahinda gakabije, ihungabana n’ubusinzi. GAERG ikorana n’abarokotse Jenoside 2500 bibumbiye mu matsinda 168 ari mu turere 25 two hirya no hino mu gihugu. Muri aba abageza kuri 70% bafite ibibazo by’ihungabana basigiwe na Jenoside.

    Umulisa yavuze ko muri iki gihe bari guhura n’ikibazo cy’ukwiyongera kw’iri hungabana mu barokotse Jenoside bakorana nabo, akemeza ko ryiganje mu bafite imyaka iri hagati ya 60 na 80 aho bagira ibibazo byo kubura ibitotsi, guhangayika no kurwara umutwe, ngo ndetse hari bamwe biheba bumva ko bagiye gupfa.

    Yavuze ko ibi bibazo babiterwa ahanini no kuba batakibasha guhura ngo basabane. Ati “Imbogamizi ihari ubu ni uko badashobora guhura mu matsinda yabo aho bahumurizanya binyuze mu kuganira na bagenzi babo. Ibi bishatse kuvuga ko ubu bari guhangana no kuba bonyine kandi bikunze kuganisha ku bindi bibazo by’ubuzima.”

    Umulisa yavuze ko bashyizeho uburyo bushobora kugera kuri aba baturage bakoresheje telefone ariko akemeza ko nabwo burimo imbogamizi.

    Ati “Hari abantu dukorana nabo batuye mu bice by’icyaro aho badafite telefone ariko dufite abajyanama 200 bakorera mu giturage n’inzobere 20 mu by’ubuzima bwo mu mutwe zibana nabo aho batuye, aho bashobora kubageraho igihe hari ugize ikibazo.”

    Iby’uko ubuzima bwo mu mutwe bw’abarokotse Jenoside bwahungabanyijwe cyane na COVID-19 byemezwa n’Umuhuzabikorwa mu muryango ubumbiye hamwe abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi (AVEGA Agahozo), Louise Bajeneza.

    Bajeneza yavuze ko abarokotse Jenoside bari basanganywe ibibazo by’ihungabana, COVID-19 iza irushaho kubashegesha. Abenshi mu bakorana na Avega ngo bafite ibibazo byo guhangayika gukabije ahanini biturutse ku kuba COVID-19 yarahagaritse ibikorwa bakoraga.

    Ati “Ubu turi kumwe n’abantu batubwira ko bari gutekereza cyane kubera ko babashaga gutunga imiryango yabo igihe bakoze. Ntibari kubasha gukora kubera impinduka zazanywe na Covid-19, bamwe batakaje imirimo yabo neza neza kandi bishobora guhangayikisha.”

    Mu rwego rwo gufasha aba barokotse Jenoside, inzobere mu buzima bwo mu mutwe zigaragaza ko bikwiye ko hagira ubaba hafi kandi abafite ibibazo by’amikoro bagafashwa ngo kuko imibereho mibi iri mu byatuma barushaho kumererwa nabi.

    Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC igaragaza ko ikibazo cy’agahinda gakabije mu Banyarwand kiri ku kigero cya 11,9%, muri aba bagera kuri 35,6% ni abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bivuze ko umwe muri batatu aba afite ikibazo cy’ihungabana.

    Abakorana bya hafi n’imiryango yita ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bavuga ko COVID-19 yarushijeho kubongerera ibibazo by’ihungabana

    source http://igihe.com/amakuru/u-rwanda/article/hagaragajwe-ko-covid-19-yongereye-ibibazo-by-ihungabana-byarushijeho-mu

  • Tanzania izakomeza kwitwararika ku birebana na Covid-19 ariko nta Guma mu Rugo uzumva adashaka gusohoka niwe uzaguma mu rugo ku bushake bwe #rwanda #RwOT

    Ibi byatangajwe n'umuvugizi wa Guverinoma ya Tanzania, Dr Hassan Abbas, mu kiganiro yagiranye n'itangazamakuru ku wa 1 Mutarama 2021 asobanura imishinga ya Guverinoma.

    Yavuze ko aho Tanzania ihagaze ku birebana no kwirinda COVID-19 ikomeje gukaza umurego hirya no hino ku isi, ari ibyo Perezida Magufuli ahora avuga ko abaturage bakwiye kwirinda bya ngombwa gusa.

    Yagize ati 'Perezida yahamirije isi ko icyorezo gikomeje guhangayikisha abaturage bitewe n'imigenderanire hagati yacu n'ibindi bihugu, niyo mpamvu tugomba kwitwararika. Tanzania izakomeza kwitwararika bya ngombwa, ariko ntizaba inzirakarengane ya gahunda z'abandi.'

    Dr Abbas yakomeje ahamya ko Tanzania itazagira igikorwa ikora cyahungabanya ubukungu bwayo, nko gushyiraho Guma mu rugo cyangwa guhagarika ibindi bikorwa by'iterambere.

    Ati 'Tanzania ntizigera ishyiraho Guma mu rugo. Ibikorwa bizakomeza bisanzwe, byaba ibikorwa by'imyidagaduro, ibya siporo, ibyo mu biro, ubuhinzi n'ibindi. Ariko niba wumva udashaka kujya hanze ngo ukore ikingirane mu nzu ugume iwawe, ariko aho leta ihagaze ni uko nta Guma mu rugo izigera ibaho.'

    Kuva Coronavirus yaza, Tanzania yakomeje kuvuga ko itazigera ishyiraho ingamba zo kwirinda. Perezida Magufuli yumvikanye kenshi avuga ko amasengesho y'Abanya-Tanzania yatumye bayitsinda, abasaba gukomeza gukora ibikorwa byose bisanzwe kuko Coronavirus bayitsinze.

    Cyakora imiryango mpuzamahanga, harimo n'ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), ntiyahwemye kuburira Tanzania ko idakwiye gusuzugura icyorezo, ahubwo ko ikwiye gushyiraho ingamba zihamye zo kwirinda nk'izashyizweho mu bindi bihugu, ndetse no gukurikiza amabwiriza asanzwe arimo guhana intera, kwambara udupdukamunwa, gukaraba intoki kenshi n'ibindi.

    Source : http://umuryango.rw/amakuru/mu-mahanga/article/tanzania-izakomeza-kwitwararika-ku-birebana-na-covid-19-ariko-nta-guma-mu-rugo

  • Uburakari bukomeye muri FC Barcelona kubera amasezerano ya Lionel Messi yagiye hanze #rwanda #RwOT

    Iyi kipe yahakanye “uruhare rwayo urwo ari rwo rwose mu gutangaza inyandiko y'aya masezerano”.

    El Mundo ivuga ko amasezerano ya Messi y'imyaka ine azatuma ahembwa miliyoni $674 kugeza tariki 30 z'ukwezi kwa gatandatu 2021.

    Ibi bivuze ko uyu mukinnyi w'imyaka 33 ahembwa hafi miliyoni $170 ku mwaka umwe w'imikino.

    Mu itangazo ryasohowe na Barcelona, iyi kipe ivuga ko “ibabajwe” no kuba iyi kontaro yatangajwe. Yongeraho iti:

    “FC Barcelona irahakana yivuye inyuma ko nta ruhare urwo arirwo rwose yagize mu gutangaza iyo nyandiko, kandi izafata ingamba zikwiye mu mategeko ku kinyamakuru El Mundo, ku ngaruka zose uku gutangaza kwatera.”

    Barcelona yongeraho ko “ishyigikiye Lionel Messi, mu gikorwa cyose cyaba kigamije kwangiza izina rye, no kwangiza imibanire ye n'urwego yakoreye akaba umukinnyi wa mbere ku isi no mu mateka y'umupira w'amaguru”.

    Umutoza Ronald Koeman waraye atoje umukino Lionel Messi yatsinzemo igitego cya 650 uyu mukinnyi yatsindiye FC Barcelona,yasabye ko uwashyize hanze aya masezerano yashakishwa akirukanwa.

    Yagize ati “Yakoze byinshi mu mupira wa Espagne.Hari abantu bashaka kubabaza Barcelona na Messi.Abaye ari umuntu uri imbere mu ikipe byaba ari bibi cyane akwiriye kugira ahazaza muri iyi kipe.”

    Messi wageze muri Barcelona afite imyaka 13, mu kwezi kwa munani umwaka ushize yasabye iyi kipe ko yamureka akajya ahandi.

    Haracyibazwa niba azaguma muri iyi kipe amasezerano ye narangira mu mpeshyi y'uyu mwaka.

    Messi niwe ufite umuhigo wo gutsindira iyi kipe ibitego byinshi, yatwaranye nayo ibikombe 10 bya La Liga, na UEFA Champions League enye, kandi amaze kuba umukinnyi warushije abandi ku isi inshuro esheshatu.

    Gusaba ko ava muri iyi kipe, byari bikurikiwe n'ubushyamirane yagiranye na perezida wayo Josep Maria Bartomeu, waje guhita yegura mu kwezi kwa cumi.

    Mu kwezi kwa 12, Messi yagize ati: “Sindamenya icyo nzakora.”

    Messi aheruka kugirana amasezerano na FC Barcelona mu mwaka wa 2017, ariko muri iyi myaka mike basinyanye iki gihangange cyo muri Argentina kizabasha kwinjiza akayabo ka miliyoni 555 z'mayero (£492m) narangira mu mpeshyi y'uyu mwaka.

    Ikinyamakuru El Mundo Deportivo cyavuze ko aya masezerano ya Messi azasenya FC Barcelona,arimo ibice bitandukanye yaba umushahara,ibyo kwamamaza,n'ibindi bitandukanye birimo n'imisoro.

    Messi ngo yahabwaga miliyoni138 z'amayero (£122m) buri mwaka nk'umushahara we.Yahawe miliyoni 115 z'amayero (£102m) kubera ko yemeye kongera amasezerano.Yanahawe miliyoni 79 z'amayero (£69m) z'uko yemeye kuba indahemuka akaguma I Camp Nou.

    BBC

    Source : http://umuryango.rw/imyidagaduro/imikino/article/uburakari-bukomeye-muri-fc-barcelona-kubera-amasezerano-ya-lionel-messi-yagiye

  • Umusore wari wambaye isume (essuie main) ubwo yishimiraga intsinzi y'Amavubi yabaye agatobero ku mbuga nkoranyambaga – YEGOB #rwanda #RwOT

    Tariki ya 26/01/2021 ubwo Amavubi yatsindaga Togo ibitego 3 kuri 2 akanakatisha iticye yo gukina imikino yo muri 1/4 cy'irangiza mu mikino ya CHAN 2020, hagaragaye umubare munini w'abanyarwanda bagiye kwishimira intsinzi y'Amavubi. Umwe mu bagaragaye mu bafana bagiye kwishimira intsinzi y'Amavubi wanasekeje abantu benshi, ni umusore wagiye yambaye isume (essuie main) ndetse na boda boda bigaragara ko intsinzi y'Amavubi ishobora kuba yaramutunguye yari aryamye aho abyukiye akabaduka afata isume ahita ajyana n'abandi mu muhanda aho bagiye kubyinira bishimira intsinzi. Ifoto y'uyu musore ikomeje kugenda iba agatobero ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye by'umwihariko urubuga rwa Twitter aho abantu benshi batandukanye barimo kugenda bayikoresha uko bishakiye mu rwego rwo kwishimisha aho bamwe bagaragaje ko ariyo myambarire iri buze kubaranga mu kwishimira intsinzi y'Amavubi mu gihe araza kuba atsinze ikipe ya Guinée ku mukino wo kuri uyu mugoroba.

    Nubwo ibi bijyanye no kuza kwishimira intsinzi y'Amavubi mu gihe yaba atsinze Guinée birimo kuvugwa ariko ubuyobozi bw'umujyi wa Kigali bwihanangirije abatuye umujyi wa Kigali bubabwira ko intsinzi y'Amavubi niboneka bategetswe kuyishimira bari mu ngo zabo bakirinda kujya mu mihanda no guhura n'abandi mu matsinda mu rwego rwo kwirinda ikwirakwizwa ry'icyorezo cya Covid-19.

    Like this:

    Like Loading…

    Source : https://yegob.rw/umusore-wari-wambaye-isume-essuie-main-ubwo-yishimiraga-intsinzi-yamavubi-yabaye-agatobero-ku-mbuga-nkoranyambaga/

  • EXCLUSIVE: Wife of ‘perfectly healthy’ Miami doctor, 56, who died of a blood disorder 16 days after getting Pfizer Covid-19 vaccine #RwOT

    The grieving wife of a leading Florida doctor has told DailyMail.com how her ‘perfect’ husband died from a mystery blood disorder – just days after getting the Pfizer Covid-19 vaccine.

    Heidi Neckelmann says obstetrician Gregory Michael, 56 – her ‘best friend’ and partner of 28 years – was active, healthy and had no pre-existing conditions before getting the jab on December 18.

    However he died from a stroke Sunday morning after suddenly developing a rare autoimmune illness that causes the body to destroy its own platelets, the tiny fragments that help blood to clot.

    Distraught Heidi, 58, thinks the groundbreaking Pfizer-BioNtech vaccine may have somehow been the trigger.

    ‘In my mind his death was 100 percent linked to the vaccine. There is no other explanation,’ she told DailyMail.com, fighting back tears.

    ‘He was in very good health. He didn’t smoke, he drank alcohol once in a while but only socially. He worked out, we had kayaks, he was a deep sea fisherman.

    ‘They tested him for everything you can imagine afterwards, even cancer, and there was absolutely nothing else wrong with him.’

    Pfizer told DailyMail.com Wednesday that it was aware of Dr. Michael’s ‘highly unusual’ death and was investigating further.

    However a spokesman cautioned: ‘We don’t believe at this time that there is any direct connection to the vaccine.’

    Heidi Neckelmann says obstetrician Gregory Michael, 58, was completely healthy until he had the jab on December 18 at Mount Sinai Medical Center, where he works in Miami Beach

    Heidi Neckelmann says obstetrician Gregory Michael, 58, was completely healthy until he had the jab on December 18 at Mount Sinai Medical Center, where he works in Miami Beach

    The mother-of-one said: 'In my mind his death was 100 percent linked to the vaccine. There is no other explanation.'  Pictured: Dr. Michael with his wife Heidi and daughter

    The mother-of-one said: ‘In my mind his death was 100 percent linked to the vaccine. There is no other explanation.’  Pictured: Dr. Michael with his wife Heidi and daughter 

    If his death is linked directly to the vaccine, Dr. Michael would be the first known case in the world of a person dying after having it. A spokesman for Pfizer told DailyMail.com the firm was looking into his death but they did not believe it had any link to the vaccine

    If his death is linked directly to the vaccine, Dr. Michael would be the first known case in the world of a person dying after having it. A spokesman for Pfizer told DailyMail.com the firm was looking into his death but they did not believe it had any link to the vaccine 

    Dad-of-one Gregory suffered no immediate reaction to the injection but three days later he was taking a shower and noticed petechiae – spots of red that indicate bleeding beneath the skin – on his feet and hands.

    When he checked himself into Mount Sinai Medical Center in Miami Beach, the hospital where he works and had the groundbreaking vaccine, medics discovered he was suffering from an acute lack of platelets.

    ‘All the blood results came back normal except for the platelets which came back as zero,’ Heidi said.

    ‘At first they thought it must be a mistake. So they did the test again and this time did a manual count which is supposed to be more accurate. This time it showed just one platelet.

    ‘He felt 100 percent, he was normal, energetic, happy. But they said you cannot go home, this is incredibly dangerous, you could suffer a brain bleed and die.’

    Normally doctors would expect a range of between 150,000 to 450,000 platelets per microliter of blood.

    Their primary function is to help the blood clot and prevent bleeding.

    Heidi says doctors tried frantically to reverse what they diagnosed as an acute immune disorder known as ITP – idiopathic thrombocytopenic purpura.

    In people with ITP, also known as severe thrombocytopenia, the immune system mistakes platelets for foreign objects and instructs the spleen to destroy them.

    It can be acute or chronic, lasting six months or more, striking on its own or in conjunction with other autoimmune conditions, certain cancers or during pregnancy.

    Kids can get ITP after a viral infection such as the flu or mumps, while in adults, triggers can include HIV, hepatitis or H. pylori, a type of bacteria that causes stomach ulcers.

    Gregory’s wife insists, however, that had he none of these illnesses.

    One solution to ITP is to remove the spleen but Heidi says he wasn’t a candidate because his blood wasn’t able to clot, making the operation too dangerous.

    According to a harrowing account posted on his wife's Facebook, blood tests revealed the popular medic has a platelet count of zero

    According to a harrowing account posted on his wife’s Facebook, blood tests revealed the popular medic has a platelet count of zero

    Neckelmann did not disclose any allergies or pre-existing conditions which may have contributed to her husband's death

    Neckelmann did not disclose any allergies or pre-existing conditions which may have contributed to her husband’s death

    After two weeks of infusions and experimental treatments that failed to raise Gregory’s platelet count, doctors decided they had no choice.

    However he died from a hemorrhagic stroke – when blood from an artery bleeds into the brain – before he could undergo the surgery.

    ‘They gave him medicine. They gave him an incredible amount of platelet infusions, I’m told all the platelets in Miami Dade County,’ Heidi said.

    ‘But no matter what they did, nothing helped. The blood tests came back with zero platelets every time.

    ‘My husband had conversations with the doctors who said it was highly probable that the vaccine was the cause.

    ‘It seems possible to me that somehow it instructed his body to attack the wrong thing, the platelets.’

    If Gregory’s fatal condition is traced directly back to the groundbreaking Pfizer-BioNtech vaccine, it would be the first known death linked to it.

    The jab was heralded as an extraordinary breakthrough in the fight against Covid-19 after it was analyzed by global health bodies in record time and cleared for use in the US one week before Gregory had it.

    Instead of a live virus, it uses mRNA, or messenger RNA, which is essentially a set of instructions which tells cells how to produce a spike protein, the same protein which is found on the surface of the coronavirus.

    Dr. Gregory Michael was active, healthy and had no pre-existing conditions before getting the jab on December 18

    Dr. Gregory Michael was active, healthy and had no pre-existing conditions before getting the jab on December 18

    This triggers the immune system to make antibodies against the spike protein so that if the real coronavirus enters the body it can be recognized and destroyed.

    ‘My husband had a few questions but he’s certainly not anti-vaccine,’ Heidi said. ‘He wanted to protect his patients and his family from Covid. He believed it would be safe.’

    She met her husband 28 years ago when they were neighbors and he was in pre-med, about to embark on a successful career as an obstetrician.

    Heidi was so smitten she immediately told friends ‘this is the man I’m going to marry.’

    ‘That’s exactly what happened, we fell in love, we were married for 21 years,’ she recalled, fighting back tears.

    ‘It was exactly as you see it in the movies, only that doesn’t normally happen in real life. I’m not just saying this because he is dead, but it was the perfect marriage. I cannot think of a time that we fought.

    ‘He was adored and loved by his patients. He delivered hundreds of healthy, beautiful babies. You have no idea how many texts I have received and the number of people calling me crying. He was just a special soul.’

    Heidi said the couple’s 15-year-old daughter is struggling to comprehend that her doting father is gone.

    ‘They were both musicians. They would play the guitar together. They had the greatest connection ever,’ she added.

    ‘There is no way I am letting my daughter or anyone else in my family have the vaccine now, not until we know they have ironed out all the bugs and ensured that it’s safe.

    ‘I don’t want people to get sick from Covid and I’m not against vaccines but we need to slow things down.

    ‘They are giving this vaccine to some of the most important people, the doctors and nurses that take care of us, as well as the elderly, the most vulnerable.

    ‘As a doctor my husband would not have wanted anyone to take something that was not safe.’

    Pfizer’s jab was licensed on December 11 for anyone aged 16 or older.

    The FDA website warns of possible side effects lasting several days, including pain at the injection site, tiredness, headache, muscle pain, chills, joint pain, and fever.

    Pfizer’s jab and another from Moderna are the only vaccines cleared for use in US and so far roughly 4.8 million doses have been administered.

    Heidi said the couple's 15-year-old daughter is struggling to comprehend that her doting father is gone. 'They were both musicians. They would play the guitar together. They had the greatest connection ever,' she added. 'There is no way I am letting my daughter or anyone else in my family have the vaccine now, not until we know they have ironed out all the bugs and ensured that it's safe.'

    Heidi said the couple’s 15-year-old daughter is struggling to comprehend that her doting father is gone. ‘They were both musicians. They would play the guitar together. They had the greatest connection ever,’ she added. ‘There is no way I am letting my daughter or anyone else in my family have the vaccine now, not until we know they have ironed out all the bugs and ensured that it’s safe.’ 

    The Centers for Disease Control and Prevention says that, to date, only 21 people have suffered severe allergic reactions.

    All of those patients are said to have recovered, thanks largely to emergency injections of epinephrine, often given via an EpiPen.

    ‘Right now, the known and potential benefits of the current Covid-19 vaccines outweigh the known and potential risks of getting Covid-19,’ Dr. Nancy Messonnier, head of the CDC’s National Center for Immunization and Respiratory Diseases, told reporters Wednesday.

    A spokesman for Pfizer said the company’s immediate thoughts were with the bereaved family.

    ‘Pfizer and BioNTech are aware of the death of a healthcare professional sixteen days after receiving a first dose of BNT162b2,’ the spokesman said.

    ‘It is a highly unusual clinical case of severe thrombocytopenia, a condition that decreases the body’s ability to clot blood and stop internal bleeding.

    When Dr. Michael checked himself into Mount Sinai Medical Center in Miami Beach, the hospital where he works and had the groundbreaking vaccine, medics discovered he was suffering from an acute lack of platelets

    When Dr. Michael checked himself into Mount Sinai Medical Center in Miami Beach, the hospital where he works and had the groundbreaking vaccine, medics discovered he was suffering from an acute lack of platelets

    ‘We are actively investigating this case, but we don’t believe at this time that there is any direct connection to the vaccine.

    ‘There have been no related safety signals identified in our clinical trials, the post-marketing experience thus far or with the mRNA vaccine platform.

    ‘To date, millions of people have been vaccinated and we are closely monitoring all adverse events in individuals receiving our vaccine.

    ‘It is important to note that serious adverse events, including deaths that are unrelated to the vaccine are unfortunately likely to occur at a similar rate as they would in the general population.’

    A spokeswoman for Mount Sinai Medical Center said it was not possible to discuss individual patients.

    ‘Mount Sinai follows all protocols, guidelines and regulations from all governing agencies and strictly adheres to patient privacy laws and HIPAA guidelines. We cannot confirm or deny information about any patient,’ she said in a statement.

    ‘To the extent that we are aware of an incident involving any patient, the appropriate agencies are contacted immediately and have our full cooperation. 

    source : https://www.dailymail.co.uk/news/article-9119431/Miami-doctor-58-dies-three-weeks-receiving-Pfizer-Covid-19-vaccine.html?fbclid=IwAR2EVnzRmkOBZ2JYbdl95nJAcvTqcAPwcPl6FG-W1BnuC5c7Mi_uEwftb7s

  • Donald Trump yahagaritswe gukoresha Twitter na Facebook #rwanda #RwOT

    Donald Trump yahagaritswe by'agateganyo gukoresha imbuga za Twittter na Facebook nyuma yo kwandikaho ashyigikiye abigaragambya bateye Inteko ishingamategeko ya Amerika.

    Mu butumwa bw'amashusho yashyize ku mbuga nkoranyambaga yagize ati: 'Ndabakunda', mbere yo kubabwira ngo batahe. Yasubiyemo kandi ibirego bidafite ibihamya ko yibwe amajwi.

    Twitter ivuga yasabye ko bavanaho ubutumwa butatu yari yanditse kubera 'kurenga bikabije amabwiriza y'imboneragihugu'. Ubutumwa bwahise buvanwaho.

    Iyi kompanyi ivuga ko 'kurenga ku mabwiriza ya Twitter mu gihe kizaza…bizavamo gufunga burundu konti ya @realDonaldTrump'.

    Trump azwiho kudaha agaciro amabwiriza agenga abakoresha Twitter, ibi bishobora gutuma konti ye izafungwa.

    Hagati aho Facebook naho yahagatitse konti ya Trump mu gihe cy'amasaha 24. YouTube nayo yavanyeho iriya video.

    Facebook yavuze ko: 'Twayivanyeho kuko yongera aho kugabanya umuvuduko w'imigumuko y'urugomo iri kuba.'

    Abamushyigikiye bateye inteko ishingamategeko binjira ku ngufu bituma hapfa abantu bane.

    Iyi myigaragambyo yatumye ibiganiro byari bihuje imitwe yombi y'inteko ku ntsinzi ya Joe Biden bihagarara.

    Mbere y'imigumuko, Perezida Trump yari yabwiye abantu i Washington ko amatora yibwe.

    Hashize amasaha, ubwo imyigaragambyo yari itangiye hanze y'inteko ishingamategeko, yahise atangaza video asubiramo ibirego bye bidafite gihamya. Yabwiye abigarambya ati: 'Ndabakunda' ndetse avuga ko abateye kuri iyi nzu y'inteko ari 'abakunda igihugu'.

    Twitter ntabwo yahise ikuraho iyo video, ahubwo yabanje gukuraho uburyo bwo kuyisakaza, kuyikunda no kuyivugaho (retweet, like, comment).

    Gusa nyuma baje kuyivanaho ndetse bahagarika by'agateganyo konti ya Trump ubu akaba adashobora kuyikoresha nubwo itafunzwe.

    Facebook yo yavuze ko ubu iri gushaka uko ivanaho ibintu byose byateje cyangwa bishyigikiye imyigaragambyo yabaye ku nteko ishingamategeko.

    Iyi myigaragambyo yateguriwe kuri internet, hakoreshejwe amatsinda y'abantu kuri Facebook no kuri konti zabo bwite.


    Donald Trump ageza ijambo ku bigaragambya mu butumwa bwa Video bwahise bukurwa ku mbuga nkoranyambaga yabushyizeho
    Inkuru dukesha BBC

    Source : https://impanuro.rw/2021/01/07/donald-trump-yahagaritswe-gukoresha-twitter-na-facebook/

  • Woman was fatally shot by Capitol Police, officials say. #RWOT #Rwanda

     

    A woman who was fatally shot inside the Capitol after it was overrun by a pro-Trump mob was struck by gunfire from a Capitol Police officer, a police official said Wednesday night.

    Chief Robert J. Contee of the Metropolitan Police Department told reporters that the woman had been shot by a police officer on Wednesday afternoon as plainclothes police officers confronted the mob. She later died in a hospital, he said, and the shooting is being investigated.

    Chief Contee said that three other deaths were reported on Wednesday — one woman and two men — from the area around the Capitol. He said, without elaborating, that the three people appeared to have “suffered from separate medical emergencies which resulted in their deaths.”

    At least 14 Capitol Police officers were been injured during the demonstrations on Wednesday, Chief Contee said, including two who were hospitalized.

    A video posted to Twitter earlier on Wednesday appeared to show a shooting in the Capitol.

    The woman in the video appeared to climb onto a small ledge next to a doorway inside the building immediately before a single loud bang is heard. The woman, draped in a flag, fell to the ground at the top of a stairwell. A man with a helmet and a military-style rifle stood next to her after she fell, and shouts of “police” could be heard as a man in a suit approached the woman and crouched next to her.

    “Where’s she hit?” people yelled as blood streamed around her mouth.

    Source : https://www.nytimes.com/2021/01/06/us/politics/woman-who-was-shot-in-the-capitol-has-died.html