Tag: Sport

  • Umukinnyi watsinze ibitego byinshi mu gikombe cya Africa uyu mwaka yahagaritswe mu mupira kugeza igihe kitazwi. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umukinnyi w'ikipe y'igihugu ya Guinea Equatorial n'ikipe ya CF Intercity
    yo muri Esipanye Emilio Nsue López w'imyaka 34 yahagaritswe n'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Guinea Equatorial Kubera imyifatire idahwitse.

    Ikinyamaku 'The Athletic' cyanditse ko Emilio Nsue ashinjwa kugaragara mu bintu byinshi bitandukanye n'ikinyabupfura gicye ubwo basezererwaga na Guinée ibatsinze igitego 1-0, ibi byanatumye na police yo muri Ivory coast ibyinjiramo ibi bikiyongeraho no kuba yaratindije bagenzi guhaguruka ku kibuga ngo batahe.

    Emilio Nsue niwe mukinnyi umaze gutsindira Ikipe ya Guinea Equatorial ibitego byinshi 2022.

    aya makosa rero akaba ariyo yatumye Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru muri Guinea Equatorial ( FEGUIFUT) rimuhagarika.

     

     

    Source : https://yegob.rw/umukinnyi-watsinze-ibitego-byinshi-mu-gikombe-cya-africa-uyu-mwaka-yahagaritswe-mu-mupira-kugeza-igihe-kitazwi/

  • Umutoza wa APR FC yongeye kunenga abakinnyi be mu buryo bukomeye – YEGOB #rwanda #RwOT

    Umutoza wa APR FC yongeye kunenga abakinnya be mu buryo bukomeye.

    Umutoza wa APR FC yemeza ko abakinnyi be bakinnye na GASOGI nta ntego bafite.

    Umutoza wa APR FC, Thierry Froger, yanenze imikinire y'abakinnyi be mu mukino banganyijemo na Gasogi United 0-0 ku mugoroba wo ku wa Gatatu.

    Ku mugoroba wo ku munsi w'ejo hashize nibwo ikipe ya APR FC yanganyaga na GASOGI mu mukino w'igikombe cy'Amahoro.

    Nyuma y'uwo mukino umutoza mukuru wa APR FC, Thierry Froger yanenze abakinnyi be bari bamaze kunanirwa gutsinda ikipe ya GASOGI.

    Imbere ya kamera z'abanyamakuru, Thierry Froger yagize ati: ' uyu munsi abakinnyi bacu bakinnye nk'abadashaka gutsinda.'

    Source : https://yegob.rw/umutoza-wa-apr-fc-yongeye-kunenga-abakinnya-be-mu-buryo-bukomeye/

  • Police FC yareze umusifuzi wabasifuriye bakina na Rayon sports ivuga ko yayibye. – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ubuyobozi bw'ikipe ya Police FC bwandikiye Ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda ( FERWAFA) ruyiregera umusifuzi Uwikunda Samuel bashinja kwanga gutanga penaliti, gutera ubwoba abakinnyi ba police FC no gutuma Ikipe ya Rayon sports ibatsinda bidasobanutse

    Hari ku mukino w'umunsi 20 wa shampiyona waberaga kuri Kigali Pele stadium wahuzaga police FC na Rayon sports waje kurangira Rayon sports itahukanye itsinzi y'ibitego bibiri kuri kimwe.

     

    Source : https://yegob.rw/police-fc-yareze-umusifuzi-wabasifuriye-bakina-na-rayon-sports-ivuga-ko-yayibye/

  • Rayon Sports yitandukanyije na Luvumbu #rwanda #RwOT

    Rayon Sports yitandukanyije Heritier Nzinga Luvumbu ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kubera uburyo yishimiyemo igitego yaraye atsinze Police FC bwatunguye benshi.

    Hari mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 20 Rayon Sports yaraye itsinzemo Police FC 2-1. Igitego cya mbere cyatsinzwe na Luvumbu.

    Mu buryo bwo kwishimira iki gitego, Luvumbu yishimiye iki gitego mu buryo bwatunguye benshi ndetse bufitanye isano na politiki kandi bitemewe kuiyivanga na ruhago.

    Uyu mukinnyi yakoze nk’ibyo Ikipe y’Igihugu ya DR Congo yakoze ku mukino wa ½ cy’Igikombe cy’Afurika bakinnye na Ivory Coast. Aba bakinnyi bifashe ku munwa n’ukuboko kumwe ni mu gihe ukundi urutoki ruba rutunze ku gahanga (bimeze nk’imbunda itunzweho), gusa aya mashusho bahise bayakuraho.

    Ibi ni byo Luvumbu yaraye akoze yishimira igitego cye yari atsindiye Rayon Sports. Bikaba byatunguye abantu aho byafashwe nk’ubushotoranye ndetse bamwe batangira gukeka ko ashobora kuba hari abamutumye.

    Iyi 'Geste’ ikaba yarazanywe na Leta ya Congo (yamamajwe cyane na Patrick Muyaya umuvugizi wa Guverinoma ya Congo) aho basobanuye ko Imiryango Mpuzamahanga ndetse n’Isi yose yacecetse, irebera ubwicanyi buri muri DR Congo, Leta y’iki gihugu yabigeretse ku Rwanda ariko rwo rukabyamaganira kure.

    Nyuma y’umukino urangiye, Luvumbu yongeye kubisubiramo ndetse ashanwa n’abantu bamubuzaga kongera kubisubiramo.

    Amakuru ISIMBI yamenye ni uko nyuma y’uyu mukino umunyamabanga wa Rayon Sports, Patrick Namenye yaganiriye n’uyu mukinnyi amubwira ko ibyo yakoze atari ndetse atakagombye kuba yabikoze.

    Byagaragate ko ibyo yakoze yari yabiteguye kubera ko nyuma y’uyu mukino, Luvumbu yagiye ku rukuta rwe rwa Instagram ashyiraho amashusho ye arimo gukora iyo 'geste’ maze iherekezwa n’amagambo agira ati 'dukuneye amahoro hagati y’ibihugu byombi.'

    Rayon Sports ikaba imaze gusohora itangazo yitandukanya n’uyu mukinnyi uri mu mezi 6 ya nyuma y’amasezerano ye muri Rayon Sports.

    Iti 'Umuryango wa Rayon Sports witandukanyije n’imyitwarire mibi yagaragajwe n’umukinnyi wa yo Héritier Luvumbu Nzinga ku mukino wa Shampiyona wahuje Rayon Sports na Police FC tariki 11 Gashyantare 2024 kuri Kigali Pele Stadium. Tuboneyeho kwibutsa abakinnyi b’amakipe yacu kurangwa na 'Discipline’ ku bibuga no hanze ya byo.'

    Amakuru kandi ISIMBI yamenye ni uko FERWAFA yamaze gutumizaho uyu mukinnyi kugira ngo agire ibyo asobanura bijyanye n’imyitwarire yagaragaje kuri uyu mukino.

    rayon Sports itandukanyije na Nzinga Luvumbu

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yitandukanyije-na-luvumbu

  • Umutoza wa APR FC yifatiye ku gahanga ubuyobozi bw’iyi kipe #rwanda #RwOT

    Umutoza wa APR FC, umufaransa Thierry Froger ntabwo yumva ukuntu ubuyobozi bw’iyi kipe bwaryumyeho ntibugire icyo buvuga ku magambo yatangajwe n’uwari umukinnyi w’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu avuga kuri Khouda Karim umwungirije.

    Tariki ya 7 Gashyantare 2024 ni bwo APR FC yasezeye kuri myugariro mpuzamahanga w’umunya-Cameroun wayikiniraga, Salomon Bienvenue Banga Bindjeme Charles II werekeje muri Al Shorta SC yo muri Iraq.

    Kugenda kwe ntabwo byavuzweho rumwe aho abakunzi b’iyi kipe batumva uburyo yagenda kandi ari umukinnyi mwiza cyane ko n’umwanya yahawe yakinnye neza ahubwo bakavuga ko ahubwo ashobora kuba umutoza atamwiyumvamo.

    Mbere yo kugenda, Salomon Banga yashyize umucyo ku kumujyanye aho yavuze ko ikibazo ari umutoza wungirije Khouda Karim, ari we watumye adakina.

    Nyuma yo gutsinda Sunrise FC mu mukino w’umunsi wa 20, umutoza wa APR FC, Thierry Froger yavuze ko atumva ukuntu Bindjeme yise umwungiriza we umuntu mubi ahubwo ko ari we mubi.

    Ati 'Salomon aravuga ko umwungiriza wanjye ari mubi, ni gute uvuga ko umuntu ari mubi ukanarenzaho ukavuga inkomoko ye, akanongeraho ko iyo aza kumwegera yari kumukubita ikofi, ubwo ni we muntu mwiza? Ndibaza ko ari we muntu mubi ahubwo. Kugira ngo umukinnyi agende ni uko we n’ikipe baba babyumvikanyeho, ni ko byagenze, ndibaza ko impande zombi zari zishimye.'

    Yakomeje avuga ko yatangajwe no kuba ubuyobozi bwa APR FC bwariturije ntibugire ikintu buvuga kuri ibi byavuzwe ku mukozi wa bwo kandi ari umukozi mwiza wubaha akazi ke.

    Ati 'Igitangaje ni uko mu ikipe yacu nta muntu n’umwe wigeze arengera umutoza wungirije, ese muzi ko njye na we tugera isaha imwe mbere y’imyitozo i Shyorongi aho dukorera imyitozo, tugategura imyitozo muzaze murebe imiryango iba ifunguye, saa 14h30′ aba yageze ku kibuga, turakora cyane, rero birantangaza kubona umuntu utari mu ikipe akavuga amagambo nk’ariya ku mukozi ntihagire umuntu umuvuganira mu ikipe, mbona bibabaje.'

    Thierry Froger kandi yavuze ko mu mezi 7 yamaranye na Salomon nta rimwe yigeze amwegera ngo amubwire ikibazo afite, ngo iyo aba umukinnyi ukomeye yari kuhagumama agahatana.

    Ati 'Salomon twamaranye amezi 7, nta rimwe yigeze aza kumbwira ikibazo afite kandi ninjye uhitamo abakinnyi, iyo aza kuba akomeye yari kuhaguma, agahangana, agahatana ntatwarwe umwanya n’umwana w’imyaka 21 w’umunyarwanda, ikindi mwibuke ko ari twe dufite ubwugarizi bwiza, yaragiye ariko ntibikuraho kugira ikinyabupfura no kubaha abantu.'

    Nubwo avuga ibi ariko abakinnyi benshi ba APR FC ntabwo biyumvamo uyu mugabo kuko ngo ababwira amagambo mabi abaca intege.

    Bindjeme yavuze ko kimwe mu bibazo APR FC ifite ari Khouda Karim

    Ngo ntiyumva ukuntu nta kintu ubuyobozi bwa APR FC bwigeze buvuga ku magambo Bindjeme yatangaje

    Thierry Froger abona Bindjeme ari we mubi bitewe n’ibyo yatangaje

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/umutoza-wa-apr-fc-yifatiye-ku-gahanga-ubuyobozi-bw-iyi-kipe

  • Impamvu abayoboye umupira w’u Rwanda bavaho b… – #rwanda #RwOT

    Ubundi ubusanzwe bimenyerewe ko umuntu ayobora icyo akunda ariko byakugora kubona uwabaye umuyobozi w'ishyirahamwe ry'umupira w'amaguru mu Rwanda ,FERWAFA ari kuri sitade areba umukino runaka cyangwa ari mu bindi bikorwa bijyanye n'umupira w'amaguru nyuma yo kuva kuri izi nshingano.

    Dufashe urugero rwo guhera muri 2011,Ntangungira Celistin 'Abega' wayoboye FERWAFA guhera muri 2011 kugeza muri 2013 ntabwo ajya agaragara kuri Siitade,Nzabamwita Vincent De Gaulle wayiyoboye guhera muri 2014 kugeza 2017,Rtd Brig Gen Sekemana Jean Damascene wayiyoboye guhera muri 2018 kugeza muri 2021 ndetse na Nizeyimana Mugabo Olivier wayiyoboye guhera muri 2021 kugeza muri 2023 nabo ni uko.

    Tuvuye ku bayoboye FERWAFA tukajya mu bayoboye amakipe atandukanye arimo Rayon Sports nabo ni uko. Abarimo Muvunyi Paul,Murenzi Abdallah,Gacinya Chance Denis ndetse n'abandi kubabona baje kureba imikino cyangwa bagiye mu bindi bikorwa bya Murera biba bigoranye.  

    Mu babaye abayobozi ba Rayon Sports nibura uwakomeje kuyikurikirana nk'umuntu wayikunze mbere yo kuyiyobora ni Munyakazi Sadate.

    Ntabwo ari muri Rayon Sports no mu yandi makipe nka Kiyovu Sports niko bimeze dore ko na Ndorimana Jean Francois'General' uherutse kwegura ku mwanya wo kuyibera Perezida we yitangarije ko nta bindi bikorwa by'umupira w'amaguru azongera kugaragaramo.

    Kugira ngo tumenye impamvu yaba ituma ababaye abayobozi mu mupira w'amaguru iyo bavuye ku nshingano zo kuwuyobora bahita baburirwa irengero twaganiriye n'abamwe mu banyamakuru b'imikino bakomeye mu Rwanda kandi b'inararibonye batubwira impamvu zaba zibitera.

    Kwizigira Jean Claude ukorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru(RBA)yagize ati'  Hari impamvu nyinshi:

    1. Hari benshi baza mu mupira baje kuwuyobora gusa ariko mbere yo gutorerwa inshingano cyangwa gushyirwa mu nshingano akaba atari asanzwe akunda umupira cyangwa anawureba akaza nk'inshingano, iyo azambuwe asubira aho yahoze ni ukuvuga ko yongera kuba wa wundi udakunda umupira.

    2. ⁠Uburyo wambuwe inshingano;

    Hari benshi baba barahawe inshingano cyangwa barazitorewe bakaba babona inyungu mu kuyobora ‘Fédération’ cyangwa ikipe.

    Iyo beguye cyangwa batakarijwe icyizere bakamburwa inshingano bibaviramo kwiheba no kuzinukwa umupira 

    3. Umupira Urahenda kandi mu Rwanda nturatangira kwinjiza amafaranga, bisaba kwigomwa ugashora ayawe iyo uri umuyobozi. Iyo birangiye ubivuyemo umupira uwufata nka kimwe mu bya kudindinje cyangwa byaguhombeje bityo bikakuviramo kuwuheba”.

    Sam Karenzi ukorera Fine FM yavuze impamvu 3 z’ingenzi agira ati'1. Baza batabikunda ahubwo bakurikiye izindi nyungu zabo bwite. Iyo rero igihe cyabo kirangiye bakazibura barahurwa,  bakagenda kuko ntabwo baba barabijemo bafite umuhamagaro wabyo bityo bakisubirira mu byo bahozemo kuko nibyo baba biyumvamo.

    2. Batinya ko byitwa ko bavangiye ababasimbuye , akenshi abo basimbuye baza badashaka kubakira ku byo abo basimbuye bakoze ahubwo bakabisenya bagatangira bushya ari nabyo bidindiza umupira wacu, uwo wasimbuye haba mw'ikipe cyangwa  muri ‘Federation’ umubona nk'umwanzi cyangwa ukurwanya bigatuma nawe yiheza kugira ngo bititwa ko yakunanije kugera ku ntego zawe.

    3.Kuko siporo yacu itaraba ‘business ‘yunguka, akenshi abayiyobora bibasaba gukoresha amafaranga yabo bwite cyangwa y'umuryango wabo, ibyo rero bituma bayihomberamo bakayivamo bameze nk’abaruhutse umutwaro, bakayigendera kure kubera ibyo baba barahuriyemo nabyo.

    Nizeyimana Mugabo Olivier nyuma yo kureka kuyobora FERWAFA ntabwo arongera kugaragara mu bikorwa bya ruhago 

    Nzamwita Vincent Degaulle  umwe mu bayoboye FERWAFA ariko nawe akaba atakigaragara mu bikorwa by’umupira 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139616/impamvu-abayoboye-umupira-wu-rwanda-bavaho-bakaburirwa-irengerero-mu-mboni-za-sam-karenzi–139616.html

  • “Ikintu cyambere Rayon Sport igomba gukora ni ukwitandukanya na Ruvumbu bikiri mu maguru mashya” KNC arasabira Ruvumbi kwirukanwa nyuma yibyo yakoze – YEGOB #rwanda #RwOT

    Ku mukino waraye uhuje Rayon Sport na Polisi Fc ukaza kurangira Rayon Sport itsinze 2 : 1, Ruvumbu yagaragaje imyitwarire itashimishije benshi ubwo yishimiraga igitego yatsinze Polisi.

    Kuri ubu umuyobozi wa Gasogi United, KNC arasabira Ruvumbu kwirukanwa kuko ibyo yagaragaje bisa nka politike mu mupira. ndetse avuga ko ibyo yakoze, uri Umunyarwanda utajya muri Congo ngo ubikore.

    Nyamara bamwe mu bafana bavuga ko ibyo yakoze ntakibazo kibirimo ngo kuko bisa nko gutabariza igihugu cye kubera inambara ikirimo. Reba videwo

    Source : https://yegob.rw/ikintu-cyambere-rayon-sport-igomba-gukora-ni-ukwitandukanya-na-ruvumbu-bikiri-mu-maguru-mashya-knc-arasabira-ruvumbi-kwirukanwa-nyuma-yibyo-yakoze/

  • Amezi abaye 4 abakinnyi ba Kiyovu Sports batazi ikitwa ‘umushahara’ #rwanda #RwOT

    Inzara iranuma mu ikipe ya Kiyovu Sports, ni nyuma y’uko abakinnyi bamaze amezi ane badahembwa.

    Nubwo ikipe irimo itsinda muri iyi minsi ariko ntabwo ibintu byifashe neza mu ikipe yambara ibara ry’Icyatsi n’umweru kuko ubukene buyigeze habi.

    Amakuru ISIMBI yamenye ubu ikipe ya Kiyovu Sports yinjiye mu kwezi kwa Kane itarahembwa umushahara wa bo.

    Aba bakinnyi bakaba baheruka umushahara w’ukwezi k’Ukwakira 2023, bivuze ko binjye mu kwezi kwa kane, ubu abakinnyi b’iyi kipe bakaba bataka ubukene bukomeye.

    Mu mpera za Mutarama 2024 ni bwo uwari perezida wa Kiyovu Sports, Ndorimana Jean Francois Regis yeguye ahanini bitewe n’ubukene buvugwa muri iyi kipe aho yavuze ko abakunzi b’iyi kipe ntacyo bafasha ubuyobozi.

    Nyuma y’umunsi wa 20, ubu Kiyovu Sports iri ku mwanya wa 6 n’amanota 27 ni mu gihe APR FC ya mbere ifite 45.

    Muri Kiyovu Sports inzara iranuma

    Source : http://isimbi.rw/siporo/article/amezi-abaye-4-abakinnyi-ba-kiyovu-sports-batazi-ikitwa-umushahara

  • Nzeri, Ukwezi kuzagaragaramo Ballon dOr 3 i… – #rwanda #RwOT

    Nyuma y’uko ku ikubituro hatangajwe abakinnyi 30 bazitabira iyi mikino y'igikombe cy'Isi cy'abakanyujijeho kizaba gikinwa ku nshuro ya mbere ,ku wa Gatanu w'iki cyumweru tariki 9 Gashyantare hatangajwe abandi 70.

    Uyu muhango wo kubatangaza wabereye mu murwa mukuru wa Cote d'Ivoire,Abidjan.  Muri aba bakinnyi 70 batangajwe harimo abanyabigwi 2 batwaye Ballon d'Or aribo Umwongereza,Michael Owen na George Weah ukomoka muri Liberia.

    Michael Owen yavutse taliki 12 Ukuboza 1979 avukira mu Bwongereza. Yatangiye gukina ruhago ahereye mu ikipe ya Liverpool mu 1996, nyuma yerekeza mu makipe nka Real Madrid,Newcastle United,Manchester United ndetse na Stoke City.

    Michael yanakiniye ikipe y'igihugu y'u Bwongereza imikino 89 ayitsindira ibitego 40. Muri 2001 nibwo yegukanye igihembo cya Ballon d'Or ahanganye n'abarimo Raul,Oliver Kahn ,David Beckham ndetse n'abandi. Uyu munyabigwi wakinaga nka rutahizamu kuva yasezera kuri ruhago yahise aba umunyamakuru w'imikino.

    George Weah uherutse gusimburwa ku mwanya wa Perezida wa Liberia yakinnye mu makipe akomeye ko ku Mugabane w'u Burayi nka Chelsea,Manchester City,Marseille ,Paris Saint-Germain ndetse na AC Milan.

    Uyu munyabigwi kandi yanakiniye ikipe ye y'igihugu ya Liberia imikino 75 atsindamo ibitego 18. Mu 1995 nibwo yegukanye igihembo cya Ballon d'Or  aho yaragihanganiye n'abarimo Jurgen Klinsmann, ahita aba umukinnyi wa mbere ukomoka ku mugabane w'Afurika utwaye Ballon d'Or ndetse no kugeza ubu nta wundi wari wabikora.

    Aba banyabigwi 2 baje biyongera kuri Ronaldinho nawe watwaye Ballon d'Or muri 2005 ndetse akaba yari yaratangajwe bwa mbere mu banyabigwi  30 bazitabira igikombe cy'Isi cy'abakanyujijeho. Ubwo bivuze ko  i Kigali hagomba kuzaba hari Ballon d'Or 3.

    Muri rusange abakinnyi bazakitabira ni 150 ubwo bivuze ko hasigaye abandi 50 bo bakazatangazwa muri Gicurasi. Biteganyijwe ko iyi mikino izakinwa guhera guhera tariki ya 1 Nzeri  kugeza tariki  Ukwakira 2024.

    Ronaldinho uzaba ari i Kigali mu mikino y’igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho

    Michael Owen aza ari i Kigali muri Nzeri

    George Weah uri mu banyabigwi bazitabira imikino y’igikombe cy’Isi cy’abakanyujijeho 

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139577/nzeri-ukwezi-kuzagaragaramo-ballon-dor-3-i-kigali-139577.html

  • Umutoza wa APR FC yavuze ko ibyo Salomon Bind… – #rwanda #RwOT

    Kuri uyu wa Gatandatu tariki 10 Gashyantare, nibwo ikipe ya APR FC yakinnye na Sunrise FC mu mukino w’umunsi wa 20 wa shampiyona. 

    Ni umukino watangiye ku Isaha ya Saa 18:00 PM urangira APR FC itsinze Sunrise FC igitego 1-0 cyatsinzwe na Shaiboub ku munota wa 10.

    Nyuma y’uyu mukino umutoza Thierry Froger yavuze ko ibyo Salomon Bindjeme yavuze ku munota wungirije Karim Khouda ko ari umutoza mubi, atari byo ahubwo ariwe mubi.

    Yagize ati” Reka tugaruke kuri Salomon wavuze ko umutoza wungirije ari umuntu mubi. Umutoza wungirije yarambajije ngo mubwire niba hatabayeho kwibeshya mu kumwita umuntu mubi.

    Ni gute umuntu yita undi mubi, yavuze ububi bw’umuntu kugera no kuri kavukire ye. Ese ni byiza? Yavuze ko iyo aramuka amwegereye yari kumutera ingumi, ese ubwo we ni mwiza? 

    Murabizi umutoza wungirije ni nkanjye agera ku kazi mbere y’imyitozo, kandi dutegura imyitozo twese turi kumwe, none umuntu utanakiba mu ikipe akaza akamwadukida? 

    Ndaceka ko ibyo yavuze ari utuntu two kwirengera ariko ntabwo tuvuze ko buri kimwe ari ukuri. Kwicara ukavuga umuntu mu bintu bitari byo navuga ko ari nk’irondaruhu.”

    Muri iki cyumweru hagati ubwo APR FC yari imaze gutsinda Marine FC, nibwo habaye umuhango wo gusezera kuri Salomon Bindjeme werekeje muri Iraq.

    Uyu mukinnyi akaba yaravuze ko mu bitumye ava muri APR FC harimo no kuba umutoza wa APR FC wungirije yaramubereye umuntu mubi.

    Thierry Froger yatamaje Salomon Bindjeme avuga ko ahubwo ari we mubi

    Salomon Bindjeme yasezeye muri APR FC ashagawe n’abafana benshi

    Source : https://inyarwanda.com/inkuru/139572/umutoza-wa-apr-fc-yavuze-ko-ibyo-salomon-bindjeme-yavuze-ku-mutoza-wungirije-ari-nkirondar-139572.html