Tag: news

  • Sudani y’Epfo: Intumwa z’u Rwanda n’Abapolisi barwo bari mu butumwa bw’amahoro batangiye gupimwa Covid-19

    Guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Kamena 2020 nibwo Minisiteri y’ubuzima mu Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusuzuma icyorezo cya COVID-19 mu banyarwanda bari mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Ni igikorwa cyatangiriye ahitwa Malakal, basuzuma abapolisi bagera kuri 239 bariyo (bagombye kuba 240 ariko umwe yabavuyemo). Ni nyuma yuko tariki ya 02 Kamena 2020 PC Mbabazi Enid, umwe mu bapolisi bari muri aka gace ahitanywe n’icyorezo cya COVID-19.

    Umuyobozi w’itsinda ry’abapolisi bari i Malakal, Senior Superintendent of Police (SSP) Fabien Musinguzi yavuze ko n’ubwo bakiri mu kababaro ka mugenzi wabo bakomeje gushyira mu bikorwa inshingano zabo zo kubungabunga amahoro muri kiriya gihugu.

    Yagize ati “Dukomeje kuzuza inshingano zacu zo kubungabunga amahoro hano n’ubwo tukiri mu kababaro ka mugenzi wacu PC Mbabazi Enid. Yapfiriye mu gikorwa cy’amahoro n’umutekano, tuzakomeza gutanga umusanzu w’ibyo yaharaniraga ariko tunazirikana amabwiriza y’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO).”

    SSP Musinguzi, avuga ko bubahiriza amabwiriza ajyanye no guhana intera hagati y’umuntu n’undi aho bari hose, kwambara agapfumukanwa, gukaraba mu ntoki kenshi gashoboka bakoresheje amazi meza n’isabune ndetse birinda gusuhuzanya bakoranaho.

    Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) John Bosco Kabera avuga ko igikorwa cyo gusuzuma cyatangiriye i Malakal ariko kikazakomereza n’ahandi hari abanyarwanda bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Yagize ati “Igikorwa cyo gusuzuma abapolisi bari i Malakal cyarangiye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2020 ariko kizakomereza no mu bandi bari i Juba naho ni muri Sudani y’Epfo”.

    Usibye abapolisi b’u Rwanda, urubuga rwa Polisi dukesha iyi nkuru rutangaza ko Minisiteri y’ubuzima inasuzuma abagize urwego rw’imfungwa n’abagororwa ndetse n’abasirikare bose bahagarariye u Rwanda mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri iki gihugu cya Sudani y’Epfo.

    Gahunda yo gusuzuma intumwa z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu mahanga iri mu ngamba zafashwe n’u Rwanda mu rwego rwo kurinda abaturage barwo icyorezo cya Koronavirusi. Ibi kandi bikiyongera ku kubakangurira kwambara udupfukamunwa aho bari hose, gukaraba mu ntoki n’amazi meza n’isabune no gukaraba umuti w’isuku( Hand Sanitizer).

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/sudani-yepfo-intumwa-zu-rwanda-nabapolisi-barwo-bari-mu-butumwa-bwamahoro-batangiye-gupimwa-covid-19/

  • Iragire Saidi wa Rayon Sports mu mayira abiri

    Myugariro w’ikipe ya Rayon Sports, Iragire Saidi avuga ko atarafata umwanzuro wo gukomezanya cyangwa gutandukana n’iyi kipe, gusa ngo mu gihe itaba yubahirije ibiganiro baherutse kugirana nta kabuza ko na we agomba gusesa amasezerano n’iyi kipe akaba yakwerekeza ahandi.

    Mu minsi ishize ni bwo uyu musore yasabye iyi kipe ko yamurekura akaba yajya gushakira ahandi, ni mu gihe yavugaga ko itubahirije amasezerano bagiranye.

    Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ISIMBI, avuga ko yabaye yitonze kuko yahise agirana inama n’ubuyobozi bw’iyi kipe akaba ategereje niba ibyo bavuganye bizashyirwa mu bikorwa.

    Yagize ati“ndacyari umukinnyi wa Rayon Sports n’ubwo ibibazo bitaracyemuka, n’ubwo baduhaye icyizere ko ibibazo bigeye gukemuka, turacyategereje ko bikemuka nk’aba nakomezanya na yo nyikorera.”

    Avuga ko ku giti cye yifuza gukomezanya n’iyi kipe ariko ni mu gihe yaba yujuje ibyo isabwa, ariko mu gihe itarabyuzuza ngo ntazatekereza kabiri kuba yatandukana na yo.

    “Ntabwo ibibazo byanjye birakemuka, ndacyatagereje nk’abandi bakinnyi bose. Sindafata umwanzuro wo gukomezanya na Rayon Sports ariko ni icyifuzo cyanjye kubera ko hari ibitarimo kuzuzwa mu masezerano twagiranye, nibikomeza gutya ntibabyuzuze, nta kabuza ko amasezerano twayasesa.” Iragire Saidi

    Iragire Saidi yinjiye muri Rayon Sports umwaka ushize wa 2019 avuye muri Mukura VS, akaba yishyuza Rayon Sports miliyoni 2 zasigaye ku mafaranga yaguzwe, umushahara w’ukwezi kwa 3 ndetse n’uduhimbazamusyi tw’imikino atabonye.

    Iragire Saidi ngo ntarafata umwanzuro wo gukomezanya na Rayon Sports

    source http://isimbi.rw/siporo/article/iragire-saidi-wa-rayon-sports-mu-mayira-abiri

  • Muhadjiri yavuze ku byo gukinira Rayon Sports cyangwa gusanga mukuru we muri Tanzania

    Nyuma yo gusesa amasezerano n’ikipe ya Emirates Club yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Hakizimana Muhadjiri yashimangiye ko nta kipe yo mu Rwanda baragirana ibiganiro, ngo afite amakipe menshi amushaka arimo n’ayo muri Tanzania aho mukuru we Haruna Niyonzima akina.

    Hakizimana Muhadjiri yasheshe amasezerano na Emirates Club nyuma y’umwaka umwe akinira iyi kipe mu myaka 3 yari yayisinyiye, hari nyuma yo kutishimira uburyo yakinishwagamo kuko atabonaga umwanya uhagije wo gukina.

    Mu kiganiro na radio Rwanda, Muhadjiri yavuze ko yamaze gutandukana n’iyi kipe, gusa ngo nta kipe yo mu Rwanda baravugana, ngo ashaka kuza akabanza agatuza.

    Yagize ati“Amakuru ndayakurikirana ariko nta kipe n’imwe ndavugana nayo yo mu Rwanda, ariko iyamvugisha tukumvikana nayikinira. Kugaruka mu rugo ntibivuze ko nje gukina muri Rayon Sports, niba ikipe nakiniraga twasheshe amasezerano ngomba kugaruka mu rugo, ngomba kubanza ngatuza.”

    Akomeza avuga ko amakipe ahari amwifuza ariko atapfa kuvuga ngo iyi cyangwa iyi cyane muri ibi bihe bya COVID-19, ariko harimo amwe yo muri Tanzania amwifuza.

    Yagize ati“hari menshi tuvugana, ariko ntabwo nk’umukinnyi watangaza ngo uzajya muri iyi kipe kuko turi muri COVID-19, hari amakipe tuvugana mu Barabu, muri Tanzania, Turikiya n’ahandi.”

    Hakizimana yinjiye muri iyi kipe avuye muri APR FC yari amazemo imyaka 3, hari nyuma yo kuva muri Mukura VS ayimazemo imyaka 2, yakiniye kandi amakipe nka Etincelles na Kiyovu Sports.

    Ngo nta kipe yo mu Rwanda baravugana

    source http://isimbi.rw/siporo/article/muhadjiri-yavuze-ku-byo-gukinira-rayon-sports-cyangwa-gusanga-mukuru-we-muri-tanzania

  • Umugore wa Nyakwigendera Petero Nkurunziza yagarutse mu gihugu nyuma y’ibyumweru hafi 2

    Denise Bucumi Nkurunziza, umugore wa Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana kuri uyu wa Mbere Tariki 08 kamena 2020, yagarutse mu gihugu cy’u Burundi avuye mu bitaro i Nairobi muri Kenya aho yari amaze hafi ibyumweru bibiri arwaye indwara yakomeje kugirwa ibanga.

    Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo, yemereye BBC dukesha iyi nkuru ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri tariki 09 Kamena 2020 ni mugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

    Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 Gicurasi 2020 ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

    Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ko ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye“.

    Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye. Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

    Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’Igihugu cy’u Burundi watabarutse. Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo hashize kuwa kabiri ubwo hatangajwe iby’urupfu rwe.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/umugore-wa-nyakwigendera-petero-nkurunziza-yagarutse-mu-gihugu-nyuma-yibyumweru-hafi-2/

  • Tuniziya yanze gusabwa imbabazi n’Ubufaransa ku bw’Ubugome bw’Igihe cy’Ubukoroni

    Inteko ishinga amategeko ya Tuniziya yanze kwemeza umwanzuro w’uko Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi iki gihugu kubera ubukoloni. Ubufaransa bwigaruriye Tuniziya, buyimarana imyaka 75, kuva mu 1881 kugera mu 1956, ubwo Tuniziya yabonye ubwigenge. Ariko abasilikali b’Ubufaransa ba nyuma bavuye muri Tuniziya mu 1963.

    Ishyaka ryitwa Al Karama, rifite abadepite 19 kuri 217 bagize inteko ishinga amategeko, ni ryo ryatanze umushinga w’umwanzuro uvuga ko “Ubufaransa bugomba gusaba imbabazi z’amabi/ubugome bwakoze icyo gihe cyose na nyuma yaho, kugera ku butegetsi bwa perezida Zine el Abidine Ben Ali” kugera akuwe ku butegetsi na revolisiyo ya rubanda mu 2011.

    Iri shyaka ryitwa Al Karama ryashakaga kandi ko Ubufaransa butanga n’indishyi z’akababaro. Yemeza ko Abafaransa bakoze ibyaha bw’ubuhotoza, gufata abagore ku ngufu, kohera abanyapolitiki batavugaga rumwe n’ubutegetsi bw’abakoloni, no gusahura umutungo kamere w’igihugu.

    Nyuma y’impaka zishyushye cyane mu masaha arenga 14, ijwi rya Amerika dukesha iyi nkuru ritangaza ko abadepite banze umwanzuro ku bwiganze busesuye.

    Abadepite barwanije uyu mwanzuro, bavuga ko wakwangiriza cyane Tuniziya mu rwego rw’ubukungu. Ubufaransa ni bwo gihugu cya mbere gihahirana kandi gishora imali nyinshi muri Tuniziya, kandi bucumbikiye abimukira b’Abanyatuniziya barenga miliyoni.

    Munyaneza Theogene / intyoza.com

    source http://www.intyoza.com/tuniziya-yanze-gusabwa-imbabazi-nubufaransa-ku-bwubugome-bwigihe-cyubukoroni/

  • AKA NAKUMIRO!! DORE UBURYO AMERICA YASHIZEHO BWO GUKORA IMIBONANO KWIRINDA COVID19:SOMA INKURU>>

    Ishami rishinzwe ubuzima mu Mujyi wa New York, ryasohoye amabwiriza mashya yo kwirinda Coronavirus, rishishikariza abantu guhanga udushya dutuma bakora imibonano mpuzabitsina mu buryo butekanye muri iki gihe.

    Iri shami rivuga ko imibonano mpuzabitsina ari igice cy’ubuzima bwa muntu kandi buri gihe kuyikora biba bigomba kwemerwa. Iyi akaba ari yo mpamvu yasohoye amabwiriza afasha abantu kuyikora ariko bidateye ibyago byo kwandura Coronavirus.

    Rivuga ko aya mabwiriza yashingiye ku kuba bitaramenyekana niba Coronavirus ishobora gukwirakwira binyuze mu mibonano mpuzabitsina ikorewe mu gitsina cyangwa mu kibuno.

    Ibwiriza rya mbere rikangurira abantu kwikinisha kuko uburyo bwiza bwo kubonera ibyishimo mu mibonano mpuzabitsina buri ku muntu ubwe.

    Riti “Kwikinisha ntabwo bikwirakwiza Coronavirus, by’umwihariko iyo wakarabye intoki cyangwa igikoresho cyo kwikinisha ukoresheje isabune n’amazi nibura iminota 20 mbere na nyuma”.

    Iri shami kandi rishishikariza abantu gukorana imibonano mpuzabitsina n’abo begeranye. Hari ukwirinda gukorana imibonano mpuzabitsina n’uwo hanze y’urugo byanabaho ugahitamo umwe wizera mukabanza kuganira ku byago byo kwandura Coronavirus nk’uko bikorwa haganirwa ku gakingirizo.

    Abantu kandi banabujijwe gusomana kuko bishobora gukwirakwiza Coronavirus vuba.

    Bitewe n’uko Coronavirus yandura binyuze mu matembabuzi aturuka mu myanya y’ubuhumekero, iri shami ryagiriye abantu inama yo gukora imibonano mpuzabitsina bambaye ibintu bibakingira mu isura cyangwa agapfukamunwa.

    Ibi ngo bizatuma badahumekeranaho ku buryo niyo umwe yaba yaranduye adashobora kwanduza undi. Hari kandi gukoresha agakingirizo, gukaraba mbere na nyuma ndetse no kwirinda imibonano mpuzabitsina mu gihe umwe atameze neza.

    Iri shami ryagiriye abantu inama yo kuguma mu rugo cyane uko bishoboka kandi bakagabanya guhura n’abandi mu kugabanya ibyago byo gukwirakwira kwa Coronavirus.

    Ku bantu bashaka gukorera imibonano mpuzabitsina mu buryo bw’iyakure [ikoranabuhanga], bagirwa inama yo gukoresha uburyo bwa Zoom cyangwa ubundi bwifashishwa mu guteretana ku ikoranabuhanga ry’amashusho.

    Ku bashaka gusohoka bakajya gukora imibonano mpuzabitsina, basabwe kubanza kureba ibimenyetso ndetse no gupimwa Coronavirus buri kwezi cyangwa mu minsi hagati y’itanu n’irindwi nyuma yo kuva kuyikora.

    Muri Washington D.C naho abantu bigeze kugirwa inama yo gukora imibonano mpuzabitsina igihe bumva bameze neza, bakarabye cyangwa basukuye ibibafasha kwishimisha.

    Kuba Coronavirus yakwandura binyuze mu mibonano mpuzabitsina nta nyigo irabikorwaho. Abahanga bagaragaje gusa ko ishobora kwandurira mu mwanda umuntu yitumye ndetse no mu masohoro y’umugabo niyo yaba yatangiye gukira Coronavirus.

    Ibi bisobanuye ko bishoboka ko Coronavirus yakwandurira mu mibonano mpuzabitsina ariko ntabwo biramenyekana neza ndetse bamwe mu bahanga bavuga ko hari amahirwe menshi ko bitashoboka.

    POSTED BY KABANDA JOSEPH KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     18 total views,  18 views today

    The post AKA NAKUMIRO!! DORE UBURYO AMERICA YASHIZEHO BWO GUKORA IMIBONANO KWIRINDA COVID19:SOMA INKURU>> appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/10/aka-nakumiro-dore-uburyo-america-yashizeho-bwo-gukora-imibonano-kwirinda-covid19soma-inkuru/

  • Denise Bucumi Nkurunziza,Madam wa Perezida Pierre Nkurunziza yavuye mubitaro Asubira i Burundi:INKURU

    Denise Bucumi Nkurunziza, umugore wa Perezida Pierre Nkurunziza watabarutse kuwa mbere, yasubiye mu gihugu avuye mu bitaro i Nairobi muri Kenya aho yari arwariye.

    Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo yemereye BBC ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri nimugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

    Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 z’ukwezi gushize kwa gatanu ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

    Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye”.

    Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye.

    Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

    Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’igihugu cy’u Burundi watabarutse.

    Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo kuwa kabiri ubwo hatangajwe urupfu rwe.

    POSTED BY EMMY KURI RWANDAPAPARAZZI.RW/TV

     36 total views,  36 views today

    The post Denise Bucumi Nkurunziza,Madam wa Perezida Pierre Nkurunziza yavuye mubitaro Asubira i Burundi:INKURU appeared first on Rwanda Paparazzi.

    source https://rwandapaparazzi.rw/2020/06/10/denise-bucumi-nkurunzizamadam-wa-perezida-pierre-nkurunziza-yavuye-mubitaro-asubira-i-burundiinkuru/

  • Jacques Marius waretse ubupadiri kubera umuziki yahinduye izina anashyira hanze indirimbo nshya

    Ubundi Marius Bison (Jacques Marius Kamana) ni umuririmbyi, umwanditsi w’indirimbo n’umucuranzi w’ibikoresho bitandukanye bya muzika birimo Gitari n’inanga [Piano] akaba ndetse umwarimu n’umuyobozi w’indirimbo mu makorari yo mu Kiriziya Gatolika.

    Yatangiye umuziki igihe yigaga mu mashuri yisumbuye aho yize mu iseminari nto ariho benshi mu bitegura kuba abapadiri bahera maze urukundo rwe rwa muzika rukavuka ubwo.

    Arangije mu iseminari ntoya yakomeje mu iseminari nkuru aho yifuzaga kuzaba Padiri ariko bitewe n’urukundo rwa muzika ndetse n’inshingano abapadiri baba bafite asanga atazashobora kubibangikanya byombi maze ahitamo kwiyegurira muzika ibyo kuba Padiri aba abiteye umugongo atyo.

    Reba hano amashusho y’indirimbo nshya na Marius Bison

    Amazina yiswe n’ababyeyi ni Kamana Jacques Marius none ubu akaba yahisemo gufata izina ry’ubuhanzi rya Marius Bison.

    Tuganira nawe yatubwiye ko yahisemo guhitamo ayo mazina kugirango byorohere abakunzi be kuvuga izina rye bitabagoye.

    Yavuze ko “Nahisemo ayo mazina kugirango norohereze abakunzi banjye uburyo bwo kuvuga amazina yanjye cyane ko Marius riri mu mazina niswe n’ababyeyi naho Bison bisobanuye (Imbogo) rikaba ari izina rya Gisukuti(Totem).”

    Yakomeje avuga ko “Niswe cyera kandi nkaba ndikunda cyane; iyo rero ni yo mpamvu nyamukuru nahisemo kwitwa “Marius Bison” nk’izina ry’ubuhanzi.”

    Marius Bison avuga ko aje muri muzika aje kandi ashaka kugaragariza Abanyarwanda icyo ashoboye mu muziki ari nayo mpamvu abasaba kumutera inkunga no kumushyigikira.

    Marius Bison azwi mu ndirimbo zigiye zitandukanye zirimo Kuba umugabo, Mbahaye itegeko, Turwanye Corona, Umuhamya, Mu nzu yawe, Iyo nusanze , Amahoro yuzuye n’izindi.

    Kuri ubu rero yakoze indirimbo yitwa “Mbaye uwawe”mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Producer David naho m’uburyo bw’amashusho itunganywa na Papa Emile.

    Mbaye uwawe n’indirimbo ifite ubutumwa bw’ingenzi bugira buti “N’ubwo Imana yanga icyaha ikunda umunyabyaha wemera guhinduka, ivuga kandi muri make kugarukira Imana tukava mu bibi.”

    Reba hano amashusho y’indirimbo nshya na Marius Bison

    source http://www.ukwezi.rw/Imyidagaduro/article/Jacques-Marius-waretse-ubupadiri-kubera-umuziki-yahinduye-izina-anashyira-hanze-indirimbo-nshya

  • Umugore wa Perezida Nkurunziza yavuye mu bitaro asubira mu Burundi

    Umwe mu bakozi b’ibitaro yari arwariyemo yemereye BBC ko Madamu Nkurunziza yabivuyemo ejo kuwa kabiri nimugoroba, akava mu gihugu atwawe n’indege ya kompanyi yigenga yamuzanye.

    Uyu ntiyashimye gutangaza ibigendanye n’ubuzima bwe. Madamu Nkurunziza yajyanywe i Nairobi tariki 28 z’ukwezi gushize kwa gatanu ashyirwa mu bitaro, nta makuru yatangajwe ku ndwara yari arwaye.

    Mu mpera z’icyumweru gishize humvikanye ubutumwa bw’amajwi bivugwa ari ubwo yoherereje abasengana na we i Burundi, abamenyesha ko “amaze gutora mitende kubera ko bamusengeye”.

    Muri ubwo butumwa ntavuga aho yari ari cyangwa indwara yari arwaye.

    Umunyamakuru ukorera mu Burundi yabwiye BBC ko yavuganye n’abegereye Madamu Nkurunziza bakamubwira ko yaraye ageze mu gihugu mu ijoro ryacyeye.

    Ntiharamenyekana amakuru arambuye ajyanye no gusezera no gushyingura umukuru w’igihugu cy’u Burundi watabarutse.

    Guverinoma y’u Burundi yatangaje icyunamo cy’iminsi irindwi uhereye ejo kuwa kabiri ubwo hatangajwe urupfu rwe.

    source http://www.ukwezi.rw/Mu-mahanga/Ubuzima/article/Umugore-wa-Perezida-Nkurunziza-yavuye-mu-bitaro-asubira-mu-Burundi

  • Intego ya APR FC mu mwaka w’imikino utaha

    Nyuma y’uko APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona umwaka w’imikino wa 2019-2020 idatsinzwe umukino n’umwe, kuri ubu intego ni ukugera mu matsinda y’imikino nyafurika ya CAF Champions League.

    Tariki ya 13 Werurwe 2020 ni bwo shampiyona yasubitswe igeze ku munsi wa 23 kubera icyorezo cya COVID-19, hari hamaze gukinwa imikino 23 muri 30, iki cyorezo cyaje gutuma shampiyona umwaka w’imikino isorezwa aho yari igeze maze tariki ya 22 Gicurasi 2020, ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ‘FERWAFA’ ritangaza ko APR FC yari iya mbere ku rutonde ari yo yegukanye igikombe cya shampiyona 2019-2020.

    Iyi kipe yari iyoboye urutonde itaratsindwa umukino n’umwe, kegukana igikombe bivuze ko ari yo izahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika ya CAF Champions League.

    Umuvugizi w’iyi kipe, Kazungu Claver yabwiye Radio10 ko intego ya APR FC nta y’indi ari ukugera mu matsinda ya CAF Champions League.

    Yagize ati“ubu intego nta y’indi ni ukugera mu matsinda ya Champions League, ni yo ntego ikurikiyeho kandi birashoboka. Mu bushobozi bwa APR FC turitegura nk’abantu bazakina Champions League kandi tukagera kure, ntabwo tuzipasa muremure.”

    Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika CAF, iherutse gusohora itangazo rivuga ko amakipe azakina imikino nyafurika agomba kuba yatanze urutonde rw’abakinnyi azifashisha bitarenze Nzeri 2020.

    Nyuma yo kwegukana igikombe badatsinzwe, intego ni ukugera mu matsinda ya CAF Champions League

    source http://isimbi.rw/siporo/article/intego-ya-apr-fc-mu-mwaka-w-imikino-utaha