Tag: news
-
Uko RDF yatumye Leta izigama miliyari hafi 9 Frw mu mishinga yahinduye imibereho y’Abanyarwanda #rwanda #RwOT
Buri mwaka mu gihe u Rwanda ruba rwizihiza umunsi wo Kwibohora, Ingabo z’u Rwanda zishyira mu bikorwa imishinga itandukanye muri gahunda yazo yo kwegera abaturage, zigakora imirimo itanga umusanzu mu iterambere n’imibereho myiza. -
Rusizi: Yafatanywe moto yibye umuturage akajya kuyihisha mu wundi murenge #rwanda #RwOT
Polisi ikorera mu karere ka Rusizi kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 yafashe umugabo w’imyaka 29 nyuma yo kwiba moto y’umuturage. -
Bruce Melody yakoreye ibitangaza umunyamakuru murindahabi amubajije umukobwa yateye inda #rwanda #RwOT

Bruce Melody ni umwe mu bahanzi nyarwanda bakomeye cyane kandi bakunzwe n’abantu batari bake muri iki gihe, uyu musore rero kimwe mu bintu bituma abafana bamukunda akaba ari udukoryo dukunze ku muranga cyane cyane muri interview zitandukanye agenda akora.
Ku munsi w’ejo ubwo yaganiraga na Isibo Tv, Umunyamakuru wayo ariwe Irene ikaba yaramubajije ikibazo gikakaye ku mukobwa wigeze kumushinja ku mutera inda mu mwaka wa 2015 ndetse amubaza niba hari amakuru afite ku mwana uwo mukobwa yamushinjaga ko ari se.

Mu kumusubiza, Bruce akaba yabanje atumiza list y’abanyamakuru akorana nabo nuko maze Irene agira ubwoba aziko agiye guhita amumerera nabi cyane, gusa List ihageze Bruce akaba yayifashe areba aho Irene yanditse n’amafaranga ahembwa maze asaba ko yakongezwa ibihumbi 50 (50 000Frw) ku mushahara we.
Hagti aho Bruce akaba yemeza ko uwo mukobwa yamubeshye ndetse ko yamusabye ko bakora ibizamini byo kwa muganga bizwi nka DNA Test maze uwo mukobwa akanga.
-
Reba Impamvu Davido na Wizkid Birengagije Burna Boy Ku Isabukuru ye y’amavuko. #rwanda #RwOT
Byagaragaye ko Wizkid na Davido birengagije igihangange nyafurika ku isabukuru ye y’amavuko kuko nta n’umwe muri bo wigeze yifashisha imbuga nkoranyambaga ngo amwifurize.
Nubwo Davido yerekeje ku mbuga nkoranyambaga ashimira Burna Boy igihe yatsindaga igihembo cya BET Awards cyarangiye, yirengagije isabukuru ya Burna Boy. Burna Boy wujuje imyaka 29 muminsi yashize yabonye imbuga nkoranyambaga zuzuyemo ubutumwa bwamavuko namasengesho yatanzwe nabakunzi nimiryango.
Icyakora habaye guceceka kwa Wizkid na Davido mugihe cy’amavuko ya Burna Boy. Twibuke ko Davido yashyizeho ifoto ye na Wizkid kuru kuta rwa instagram yanditseho ubutumwa bugira buti: “ukomeye muri bose”. Ibi byabyaye intandaro hagati ya Davido na Burnaboy mugihe bajyanye kurubuga rwabo kugirango batere amagambo
Nubwo Wizkid atigeze asubiza Burna Boy, biragaragara ko Wizkid afite inzika uwatsindiye igihembo cya BET kuko yamwirengagije ku isabukuru ye. Davido kandi yirengagije Burna Boy kuko yanditse ukwezi gushize ko akeneye kwezwa nabantu bose, bityo akitandukanya nimbuga nkoranyambaga.
src ghgossip.com
-
AOS Ltd: celebrating Liberation with intensified efforts of turning Rwanda into an IT hub #rwanda #RwOT

AOS Ltd Management and staff wish all Rwandans a Happy Liberation Day as we celebrate 26 years of liberation. This is a day when friends of Rwanda and Rwandans across the world come together to reflect on the time when the 1994 Genocide against the Tutsi was stopped and to celebrate the transformation journey.
AOS Ltd started its operation in 2014 and has contributed to the development of the ICT sector in Rwanda; developed and deployed various systems for both the public and private sectors. We have developed and deployed the electronic procurement system (e-Procurement) of Rwanda called “Umucyo” in collaboration with Minecofin and RPPA which has increased accountability, transparency, and efficiency in the public procurement process.
AOS also deployed the public surveillance CCTV and vehicle enforcement system in collaboration with Rwanda National Police that contributes to the safety and security of Rwandans by providing real-time accurate information.
The company has been managing and operating the National Data Center of Rwanda hosting both the public and private sector offering various hosting services including cloud computing, server colocation, web, and email hosting, Backup as a service and disaster recovery services to suit customer needs and improve the way they are doing business.
AOS has implemented the Government smart administration system in collaboration with RISA to improve the collaboration system and ensure paperless communication between Government institutions and private customers. The project is ongoing.
There are ways AOS use to minimize the cost of hosting websites locally.
AOS are minimizing the cost of acquisition by using customized homegrown solutions and growing customer base to capitalize on the volume of sales and not on the price. The company has made a significant drop in service charges for hosting websites locally with the lowest option being Rwf2,025 per month (24,300 Rwf annually) and for cloud computing services for the private sector.AOS Ltd aims to provide good quality of service at an affordable price and will continue to offer better affordable rates to its customers.
AOS says there are several benefits of local web hosting.
“Hosting locally contributes to the development of the economy by employing the Rwandan workforce and promoting made in Rwanda solutions. End users hosted locally will have a better experience reducing the network latency, therefore, enjoying faster browsing, more website uptime, and better loading time while accessing their data especially if the data hosted is mostly accessed by users in Rwanda,” indicates a statement from the top-notch IT company.
“Another advantage is that users hosted locally can get better support from the local hosting provider when needed at any time using our home language Kinyarwanda. There’s also a security aspect knowing that your data is locally hosted especially sensitive data for Rwandans.”
According to AOS Ltd, they see an increase in web and mail hosting customers over the years in the private sector. Customers look for good quality of service, good support at an affordable price. The price reduction has also contributed to attract more people to host locally but there’s still more to be done to bring back local content in Rwanda and AOS Ltd is committed to provide the best service at good rates and to contribute in the growth of the private sector in Rwanda.
AOS services are sharpening Rwanda’s vision of becoming an ICT Hub.
“We are contributing to make Rwanda an ICT hub by providing Data Center services not only to local customers but also to regional as we have been targeting the EAC market and international customers.
“As of September 2018, the World Bank officially acknowledged that Rwanda e-procurement system “Umucyo” is the first successful case in Africa. The system has attracted interest from various African countries that would like to have a similar system in their countries.”
Back in 2018, several websites went down in the country including some of the government-owned websites. The interviewer asked AOS what are the measures that have been taken to get this issue answered once and for all.
“We have reviewed policies and procedures in place to avoid incidents or technical problems and we have put in place a mitigation plan to the issues that were noticed,” AOS assures.
In the level of the continent when it comes to its mission of bringing ICT solutions and services that will transform Africa, AOS place themselves as an ICT provider company with expertise and experience in Data Center operations, solution development, systems integration that can be exported to other African countries. They are challengers on the market and believe to be competitive in the EAC market.
AOS Ltd has initiatives to help Rwanda to turn into a high-tech hub as well as channels that will foster their targets.
“We need to develop more homegrown solutions. In the beginning, we start developing our solutions with the support from others with more expertise which will increase the knowledge and skills of our local engineers in various aspects and enhance our understanding of the end-users.
Then, there will be more local engagement for other solutions and at the end, we will be able to successfully deliver ourselves by given the focus to the people who are engaged in these efforts such as software developers, network and security engineers, sales and marketing experts who interact with end-users.
“We need to keep them and give them the tools that they need so that they can build their experience and build their know-how. Finally, knowledge sharing and training should be done. We also plan to have an ICT academy to teach various IT skills to Rwandans.”
They will also export those successful solutions to other African countries as Made in Rwanda products, therefore, boost the economy and turn Rwanda into an ICT hub.
Manzi Olivier Rwaka is the Chief Marketing Officer at AOS LtdIGIHE
-
Coronavirus : Umunsi wa mbere wo gufungura utubari mu Bwongereza waranzwe n’udushya gusa [AMAFOTO] #rwanda #RwOT

Byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020, umunsi wiswe ‘supper Saturday’, umunsi Ubwongereza bwongeye gufunguriraho utubari nyuma y’amezi 3 utubari dufunze.
Utubari dufite amazina azwi tw’ahitwa Lincoln n’ahitwa Nottinghamshire twafunze hakiri karere nyuma y’uko Polisi yarimo ifungwa abanywi batubahirije intera ya metero.
Metro yatangaje ko ku tubari hagaragaye imirongo miremire y’abanywi ku buryo hari abanywi bamaze isaha ku miryango y’utubario bategereje guhabwa inzoga.
Umuyobozi wa Polisi muri Nottinghamshire Craig Berry yavuze ko bataye muri yombi abantu bane bazira kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19. Ngo nta kabari polisi yigeze itegeka gufunga utubari twafunze twabikoze ku bufashake bwatwo.

Umuturage witwa Dreek yashyize ifoto ku mbuga nkoranyambaga yafatiye mu mujyi wa Londres ahitwa Soho yandikaho ati “Bwari ubusazi.Iminsi 100 nta kujya mu kabari”.
Uburyo Abongereza bitwaye ku munsi wa mbere bafunguye utubari, bica amarenga ko bishobora kongerera umuvuduko iki cyorezo muri iki gihugu.
Gusa n’ubwo byagenze bitya Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Boris Johnson mbere y’uko utubari dufungura yahanje kwihanangiriza abaturage abasaba kudatezuka ku ngamba zo kwirinda covid-19.
Ati “Icyatugejeje kuri iyi ntambwe yo gufungura ibikorwa ni uko abaturage bakoranye neza na guverinoma muri guma mu rugo. Kugira ngo ibikorwa byafunguwe bikomeze bikora birasaba ko abaturage bakomeza gutanga umusanzu wabo ntibigire ntibindeba kuko icyorezo kiracyari muri twe”.
Hari ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu bakize coronavirus baba bafite ibyago byo kuzongera kuyandura.
Mu Bwongereza abamaze kwandura coronavirus ni ibihumbi 284, abo imaze kwica ni ibihumbi 44, mu gihe ubwongereza butuwe na miliyoni 67.
Ku rwego rw’Isi abamaze kwandura ni miliyoni 11, abapfuye ni ibihumbi 533, abakize ni miliyoni zirenga 6.














-
Mu mafoto irebere ubwiza bwa Miss Kayibanda Mutesi Aurore #rwanda #RwOT
Miss Kayibanda Mutesi Aurore ni umwe muri Ba Miss Rwanda beza u Rwanda rwagize ndetse abenshi banavuga ko uyu mukobwa ariwe Miss w’ibihe byose babihereye ku bwiza bw’uyu mukobwa. Kuri ubu Miss Aurore ntakibarizwa i Rwanda asigaye yibera muri leta zunze ubumwe za Amerika. Hano twabakusanyirije amafoto 10 agaragaza ubwiza bw’uyu Nyampinga wambitswe ikamba ry’ubwiza, ubwenge n’umuco nyarwanda mu mwaka wa 2012.










-
Reba ibintu bisekeje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane. #rwanda #RwOT

Gutandukana n’umuntu akundaga by’ukuri ni kimwe mu bintu biremereye umuntu ashobora guhura nabyo, nyamara abakobwa boroha umutima kurusha abasore. Niyo mpamvu umukobwa iyo ababajwe n’umusore bagatandukana ari nawe ubabara bikomeye bigatuma akora ibintu umuntu yavuga ko bisekeje mu gihe atari yabyakira.
N’ubwo benshi bagerageza kubihisha, abakobwa benshi usanga iyo batandukanye n’umuntu bakundaga by’ukuri bahinduka cyane, yaba mu mibereho yabo, imivugire n’ibindi bitandukanye ugasanga ntibari bo ubwabo bitewe n’uko ubuzima bwababeraga bwiza buhindutse mu buryo butunguranye bakumva nta byishimo bizakurikiraho nyuma yaho.
Reba bimwe mu bintu bisekeje cyangwa bitangaje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane.
1.Gusiba nimero ya telefoni y’uwo bakundanaga
Iki ni kimwe mu bintu bikorwa n’abakobwa benshi iyo batari babasha kwakira igikomere cyo gutandukana n’umuntu ubahemukiye bamukundaga cyane, nyamara akenshi usanga izo nimero aba asiba muri telefoni ye azizi mu mutwe cyangwa afite ubundi buryo bworoshye adashobora kuzitakaza, byanagera igihe bikamurambira akaba yahamagara wa muntu yasibiye nimero.
2. Kumva yarabaye inzobere mu by’urukundo
Umukobwa ukimara gutandukana n’umusore yakundaga cyane ahita yumva abijyanye n’urukundo byose abisobanukiwe ku buryo yanagiramo impamyabumenyi y’ikirenga ndetse icyiciro waba urimo cyose akaba yumva yabasha kuguha inama zikwiye ku bijyanye n’urukundo kuko aba yumva byose yarabinyuzemo.
3. Kongera gukunda Imana cyane
Umukobwa umaze kubabazwa mu rukundo akenshi hari igihe yongera kumva ko akeneye kwiyegereza Imana, ndetse n’umwe utari usanzwe asenga ahita atangira kwiyegereza Imana kugirango imushumbushe undi musore ufite urukundo nyarwo, nyamara iyo amaze kubona undi musore umufatisha ibyo gusenga yongera akabishyira ku ruhande.
4. Utugambo tugaragaza gukomera mu mutima
Akenshi ibi bigaragarira ku mbuga nkoranyambaga, ugasanga umukobwa ibintu ashyira ku mbuga ze bigaragaza ko ari umunyembaraga, adakeneye umugabo cyangwa umusore kugira ngo yibonemo imbaraga, mbese ibintu bigaragaza ko ari umuntu ufite umutima ukomeye, nyamara ugasanga ahubwo muri icyo gihe nibwo umutima woroshye cyane ndetse anifuza kuba yaba ari kumwe n’uwo batandukanye.
5.Bumva cyane indirimbo zituje
Hari indirimbo zivuga ku rukundo ariko zivuga guhemukirana n’ibindi bibabaje, akenshi zikunze kuba zigenda gahoro. Izi ndirimbo zihinduka umusego kuri bamwe mu bakobwa iyo bakimara gutandukana n’umusore, uturirimbo nka Someone Like You ya Adele tuzana amarira n’amwe yibera mu ndiba y’umutima akameneka.
6. Kubwira mu buryo butaziguye uwo bakundanaga ku mbuga nkoranyambaga
Hari bamwe batandukana n’abakunzi babo ugasanga banditse amagambo akenshi adashobora gusigurwa na buri wese uretse uwo babiziranyeho, cyane cyane uwo bakundanaga wamubabaje. Ibi hari n’igihe ntacyo bitanga kuko hari n’igihe uwo muntu aba atabyitayeho ahubwo abandi bitareba ugasanga nibo basaba nyir’ukubishyira ku mbuga nkoranyambaga ibisobanuro.
7. Gutangira gusohoka kenshi
Iyo umukobwa afite umukunzi, akenshi aba yumva yasohoka ari uko bari kumwe. Umukobwa umaze gutandukana n’umusore yakundaga usanga yishimira noneho kwirekura no gusohoka aho abonye hose kabone n’ubwo yaba atabiteganyije, hari n’ababa bumva ari bwo buryo bwiza bwo kugerageza kongera kubona umukunzi.
8. Kwihutira kujya mu rukundo rushya
Bamwe mu bakobwa bakoresha ubu buryo ngo biyibagize umuntu bakundaga cyane, bakaba babijyamo bataniteguye.
The post Reba ibintu bisekeje abakobwa bakora iyo bakimara gutandukana n’abakunzi babo bakundaga cyane. appeared first on KASUKU MEDIA.
-
Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal. #rwanda #RwOT

Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal
Arsenal iri mu biganiro na Pierre-Emerick Aubameyang ngo barebe ko bamwongerera amasezerano nkuko amakuru dukesha ibitangazamakuru byo ku mugane w’Uburayi abitugezaho.
Nkuko James Olley wandikira ESPN yabitangaje, ibiganiro hagati ya Arsenal na Aubameyang bigeze kure aho uyu rutahizamu ukomoka muri Gabon ashaka ibihumbi £250 nk’umushahara. Nubwo bataremeranya, ibiganiro biri kugenda neza.
Arsenal ikomeje kugenda yongerera amasezerano bamwe mu bakinnyi bayo harimo nka Bukayo Saka uherutse gusinya amasezerano y’igihe kirekire na Gabriel Martinelli wayasinye kuwa Gatanu.
Biteganyijwe ko amasezerano ya Pierre-Emerick Aubameyang azaba agana ku musozo mu mpeshyi y’umwaka utaha butuma hari amakipe atandukanye ari kumushaka harimo Inter Milan na FC Barcelona nkuko bigenda bitangazwa.
Julien Laurens yatangaje ko ibiganiro biru kugenda neza. Aubameyang ashaka kuguma muri Arsenal kandi na Arsenal ishaka ku mugumana. Ibimenyetso biragaragaza ko uyu rutahizamu umazw gutsinda ibitego 19 muri Premier League ashobora kongera amasezerano.
Arsenal ifite abandi bakinnyi iri gushaka kugura harimo Thomas Partey wa Atletico Madrid nkuko byemezwa n’ibitangazamakuru byo muri Espanye.
Arsenal izamuha amafaranga ashaka?
Hari aba gushidikanya ko Arsenal itazamuaha amasezerano y’imyaka itatu n’umushahara w’ibihumbi £250k nkuko ari kubisaba ku myaka 31 y’amavuko bitewe nibyabaye kuri Mesut Ozil.
Kubwanjye, nshobora kwemera ko bazayamuha kuko Aubameyang ntabwo akunda kuvunika cyane aho yasibye imikino 14 ya shampiona kuva yagera muri Arsenal nkuko tubikesha transfermarkt.
Kandi ikindi niwe umaze gutsinda ibitego byinshi muri Premier League kugeza ubu aho yatsinze ibitego 19. Uburyo atsindamo ibitego ubona ko ari umuntu ukenewe cyane muri Arsenal.
The post Arsenal mu biganiro na Aubameyang: Ibyo akeneye ngo yongere amasezerano muri Arsenal. appeared first on KASUKU MEDIA.
-
Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League. #rwanda #RwOT

Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League
Arsenal yongeye kwitwara neza muri Premier League aho itsinze Wolves ibitego 2-1 amahirwe yo kuza mu makipe atandatu ya mbere ku rutonde rwa shampiyona ariyongera.
Wolves yatangiye igira amahirwe yar avuyemo igitego cya mbere aho Adama Traore yahushije uburyo bwiza bwakabaye bwabyaye igitego.
Arsenal yaje gufungura amazamu ku gitego cyatsinzwe na Bukayo Saka wari utsinze igitego cye cya mbere muri Premier League. Wolves yinjijwe igitego nyuma y’iminota 448 itinjizwa igitego muri shampiyona.
Alexander Lacazette wari umaze amezi 18 adatsinda igitego cyo hanze yajw guterekamo igitego cya kabiri cya Arsenal – yaranzwe no kugarira neza muri uyu mukino – nyuma y’umupira mwiza yahawe na Joe Willock.
Manchester United yanyagiye Bournemouth mu mukino wagaragayemo ibitego byinshi
Manchester United yitwaye neza nanone aho yatsinze Bournemouth ibitego 5-2 kuri Old Traffold mu mukino wagaragayemo penaliti ebyiri.
Bournemouth itari ihagaze neza yatangiye neza umukino aho Junior Stanislas yafunguye amazamu ku gitego cyiza cyane nyuma y’amakosa ya Harry Maguire ariko ntabwo byatwaye umwanya munini kugira ngo Mason Greenwood akishyure ku ishoti rikomeye yarekuye nyuma y’umupira yaru ahawe na Bruno Fernandes.
Igice cya mbere cy’umukino cyarangiye Manchester United ifite ibitego 3-1 kuko Marcus Rashford yaje guterekamo igiteho cya kabiri kuri penaliti mu gihe Anthony Martial yateretsemo igitego cya gatatu ku ishoti yarekuye inyuma y’urubuga rw’amahina.
Mu gice cya kabiri amakipe yagarutse ahanganye nuko nyuma yuko Eric Bailly wari winjiyemo asimbuye akoze umupira, Joshua King yatsinze igitego cya kabiri ari nacyo cya nyuma cya Bournemouth muri uyu mukino.
Mason Greenwood wigaragaje cyane yaje guterekamo igitego cya kane cya Manchester United nyuma y’umupira yahawe na Nemanja Matic mbere yuko Bruno Fernandes aterekamo agashinguracumu kuri coup-franc nuko umukino urangira Manchester United itsinze ibitego 5-2 ikomeza inzira igana mu makipe ane ya mbere.
Leicester City yatsinze nyuma y’imikino myinshi na Brighton yitwara neza
Jamie Vardy utaherukaga gutsinda igitego muri Premier League yongeye kugaruka ku rupapuro rw’abatsinze ibitego mu mukino wa Leicester City na Crystal Palace warangiye Foxes itsinze ibitego 3-0 mu rugo.
Wari umukino w’ingenzi cyane ku ruhande rw’abasore ba Brendan Rodgers bari bakeneye kuguma mu makipe ahatanira kuza mu makipe ane ya mbere muri Premier League.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe anganyije 0-0 ariko mu gice cya kabiri byahinduye isura aho Kelechi Iheanacho yafunguye amazamu ku makosa yakozwe na Vicent Guaita nyuma y’umupira wahinduwe na Youri Tielemans.
Igitego cya mbere cyakurikiwe n’ibindi bibiri bya Jamie Vardy watsindaga igitego cye cya 100 na 101 muri Premier League nuko Leicester City yegukana amanota atatu bari bakeneye cyane.
Ku mukino wabanjirije iyindi uyu munsi, Brighton and Hove Albion yatsinze Norwich City igitego 1-0 cyatsinzwe na Leandro Trossard ikomeza gushaka uburyo yaguma mu kiciro cya mbere.
The post Leicester City, Man United & Arsenal: Ibyaranze imikino yo kuwa Gatandatu muri Premier League. appeared first on KASUKU MEDIA.