Tag: news

  • Rayon Sports yishyuye umutoza wa mbere mu bo ifitiye umwenda #rwanda #RwOT

    Mu batoza babiri Rayon Sports ifitiye umwenda ari bo Javier Martinez Espinoza na Ivan Jacky Minnaert bose kubera kubirukana binyuranyije n’amategeko, yamaze kwishyura Espinoza ikaba isigaje Minnaert.

    Rayon Sports ikaba yishyuye uyu mutoza amafaranga angana n’ibihumbi 5 by’amadorali, ni nyuma y’uko uyu mugabo yari yareze iyi kipe muri FIFA.

    Nyuma yo gutsindwa na APR FC muri shampiyona ibitego 2-0 tariki ya 21 Ukuboza 2019, tariki ya 24 Ukuboza, Rayon Sports yafashe umwanzuro wo kwirukana uyu mutoza.

    N’ubwo yamwirukanye ariko ikaba itarubahirije ibyari bikubiye mu masezerano bagiranye harimo ko iyi kipe nimwirukana izamwishyura ukwezi kumwe na we yashaka kugenda akakwishyura.

    Uyu mutoza utarahawe ibyo yagombwaga, akaba yarahise arega iyi kipe muri FIFA maze FIFA na yo yandikira Rayon Sports iyimenyesha ko igomba gukemura ikibazo cy’uyu mutoza.

    Ku munsi w’ejo hashize ku wa 4 Nyakanga, Rayon Sports yamenyesheje uyu mutoza ko bitewe n’uko batazi aho ari kandi akaba atarimo no kwitaba cyangwa ngo asubize ubutumwa bugufi yandikirwa, amafaranga ye angana n’ibihumbi 5 by’amadorali yamaze kwishyurwa kuri konti ye yahemberwagaho muri Rayon Sports.

    Rayon Sports yishyuye aya mafaranga mu gihe iherutse kumenyeshwa na FERWAFA ko ifite iminsi 60 yo kuba yamaze kwishyura umutoza Ivan Jacky Minnaert kubera kumwirukana binyuranyije n’amategeko, itabikora ikazafatirwa ibihano.

    Javier Martinez Espinoza yamaze kwishyurwa umwenda we

    source http://isimbi.rw/siporo/article/rayon-sports-yishyuye-umutoza-wa-mbere-mu-bo-ifitiye-umwenda

  • Coronavirus: Perezida wa Ghana yishyize mu kato #rwanda #RwOT

    Perezida wa Ghana, Nana Akufo-Addo yishyize mu kato k’iminsi 14 kubera inama yagiriwe n’abaganga nyuma yo guhura n’umuntu wanduye Coronavirus.

    source https://igihe.com/amakuru/muri-afurika/article/coronavirus-perezida-wa-ghana-yishyize-mu-kato

  • Coronavirus ku wa 05 Nyakanga: Amerika irasatira kugira abantu miliyoni eshatu banduye #rwanda #RwOT

    Leta Zunze Ubumwe za Amerika ni cyo gihugu gikomeje kugira ubwandu bwinshi bwa Coronavirus, aho kugeza ubu abanduye bamaze kuba 2,935,770 mu gihe abapfuye bo ari 132,318.

    source https://igihe.com/ubuzima/coronavirus/article/coronavirus-ku-wa-05-nyakanga-amerika-irasatira-kugira-abantu-miliyoni-eshatu

  • Kwiyoroshya, imyitwarire ishimisha Imana ikazanira umugisha nyirayo #rwanda #RwOT

    Kwiyoroshya ni imwe mu ndangagaciro ziranga imfura mu muco w’Abanyarwanda. Uwiyoroshya yakirana buri wese urugwiro, ntiyirata, ntiyikuza, ntashaka ibyubahiro, ashyira mu gaciro, kandi atega amatwi ibitekerezo bya buri wese.

    source https://igihe.com/iyobokamana/article/kwiyoroshya-imyitwarire-ishimisha-imana-ikazanira-umugisha-nyirayo

  • Intore Massamba n’Itorero ry’Igihugu basusurukije abakurikiranye igitaramo cya Iwacu Muzika Festival #rwanda #RwOT

    Iwacu Muzika Festival iri kuba ku nshuro yayo ya kabiri. Kuri uyu wa Gatandatu tariki 4 Nyakanga 2020 hari hatahiwe Intore Massamba n’Itorero ry’Igihugu Urukerereza mu gitaramo cyahuriranye n’umunsi wo Kwibohora ku nshuro ya 26.

    source https://igihe.com/imyidagaduro/article/intore-massamba-n-itorero-ry-igihugu-basusurukije-abakurikiranye-igitaramo-cya

  • Clarisse Karasira yahaye impano Jules Sentore amaranye umwaka #rwanda #RwOT

    Ubwo yakoraga igitaramo ‘Inganzo yaratabaye’, igitaramo cyabaga ku nshuro ya kabiri, Jules Sentore yaje gutungurwa n’umuhanzi Clarisse Karasira bafatanyije muri iki gitaramo amuha impano.

    Inganzo yaratabaye ni igitaramo Jules Sentore yiyemeje kujya akora buri tariki ya 4 Nyakanga, ubu kikaba cyaraye kibaye ku nshuro ya kabiri.

    Iki gitaramo cyanyuze kuri televiziyo Rwanda, bakaba bacurangiwe na Kesho Band.

    Clarisse Karasira wabanje ku rubyiniro, yaririmbye indirimbo 2. Yahise atungura uyu muhanzi amubwira ko afite impano yifuza kumuha mu rwego rwo kumushimira ko yakomeye ku muco nyarwanda binyuze mu bihangano bye.

    Yavuze ko iyi mpano amuhaye yari ayimaranye umwaka kuko yari kuyimuha umwaka ushize ariko igitaramo ntiyakibonekamo.

    Yagize ati“ umwaka ushize mu gitaramo cya mbere cya Sentore nari nzi ko ndi bugeyo, nashakaga kumushimira ariko nza kurwara, hari impano nari namugeneye kandi n’ubu ngifite. Ni umwe mu rubyiruko rwaharaniye gukomera ku muco cyane bigafasha n’abandi. Ndashaka kukwereka ko ibyo ukora bidukomeza cyane.”

    Iyi mpano yageneye Jules Sentore akaba ari ifoto yanditseho amagambo agira ati“ ni ukukwibutsa ko inganzo yawe ikomeje injishi z’umuco wacu, ikubaka benshi, turagushyigikiye.”

    Impano Jules Sentore yahaye Clarisse Karasira

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/clarisse-karasira-yahaye-impano-jules-sentore-amaranye-umwaka

  • Uwahoze ari umugore Katauti yavuze akaga arimo ahurira nako kuri murandasi muri iyi minsi #rwanda #RwOT

    Irene Uwoya [Oprah], wahoze ari umugore wa nyakwigendera Ndikumana Hamadi Katauti wakiniraga Amavubi, avuga ko abantu muri iyi bamubangamiye cyane kuri murandasi bitewe n’amagambo amukomeretsa bakomeje kumubwira.

    Ibi yabitanaje ubwo yaganiraga n’ikinyamakuru IJUMAA cyo muri Tanzania, aho uyu mukinnyi wa filime muri Tanzania avuga ko bantu muri iyi minsi bamutangaza cyane kuko ngo hari abatuma abaha agaciro bitewe n’amagambo ababaje bakomeza kumubwira.

    Yagize ati“abantu benshi muri iyi minsi barambabaza pe! Baba bavuga ngo mfite amagambo menshi. Ukuri ni bo banyigishije kuvuga kuko nta myitwarire yo kuvuga ku bantu nagiraga, bahora bankurikirana kuko bazi ubwoko bwanjye, uko nteye ko nibamvuga ntari buceceke. Birambabaza cyane mu nukuri.”

    Irene Uwoya akaba avuga ko yafashe umwanzuro wo kutazigira ikintu na kimwe yongera kuvuga, n’ubwo yajyaga avuga bitewe n’uko yacokojwe, ariko ngo uko byaba bimeze kose ubu yafashwe umwmanzuro wo kwicecekera.

    Irene Uwoya yahisemo guceceka

    source http://isimbi.rw/imyidagaduro/article/uwahoze-ari-umugore-katauti-yavuze-akaga-arimo-ahurira-nako-kuri-murandasi-muri-iyi-minsi

  • Rusizi: Polisi yagaruje Moto yari yibwe umuturage >>>Inkuru irambuye #rwanda #RwOT

    Polisi ikorera mu karere ka Rusizi  kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 yafashe uwitwa Ngabonziza Daniel w’imyaka 29, yafashwe nyuma yo kwiba moto yo mu bwoko bwa AG100 ifite ibirango RC129C ya Habineza Zabron.

    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Bonaventure Karekezi avuga ko Ngabonziza Moto  yayibye mu gasantire ahitwa ku biturusu  mu kagari ka Kigenge mu murenge wa  Nzahaha akajya kuyihisha mu wundi murenge wa Muganza nawo wo mu karere ka Rusizi.

    Yagize ati  “Ngabonziza yari yaracurishije imfunguzo z’ahantu habikwaga iyo moto kuko nyirayo atari akiyikoresha muri ibi bihe bya guma mu rugo mu karere ka Rusizi.  Tariki ya 02 Nyakanga yitwikiriye ijoro akingura inzu yari irimo arayitwara.”

    CIP Karekezi yakomeje avuga ko bwakeye Habineza Zebron aza gutanga ikirego asaba ko Polisi yamufasha kubona moto ye, hatangiye iperereza abaturage baza gutanga amakuru y’aho iri.

    CIP Karekezi ati   “Ubwo twari mu iperereza nibwo abaturage b’aho yayibikije baduhaye amakuru batubwira ko Ngabonziza ariwe waje kuyibitsa muri urwo rugo, twasanze koko ari iya Habineza.”

     

    Ngabonziza Daniel.

    Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba yashimiye abaturage batanze amakuru ariko agaya abantu barimo kwitikira ijoro bakajya kwiba abandi nyamara akarere kose kari muri gahunda ya guma mu rugo.”

    Ati  “Birababaje kuba Leta yarashyizeho gahunda ya guma mu rugo mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19, ariko hakaba hari abantu babirengaho bagasohoka bagiye gukora ibyaha. Turashimira abaturage banze guhishira umunyacyaha.”

    Ngabonziza yahise ashyikirizwa urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Gashonga kugira ngo hakorwe iperereza.

    Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange mu ngingo ya 166 havuga ko Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2) ,ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

    The post Rusizi: Polisi yagaruje Moto yari yibwe umuturage >>>Inkuru irambuye appeared first on KASUKU MEDIA.

    source https://kasukumedia.com/rusizi-polisi-yagaruje-moto-yari-yibwe-umuturage-inkuru-irambuye/

  • Dore ibintu 10 bitazwi kuri Billie Eilish. #rwanda #RwOT

    Billie Eilish yafashe isi yose muburyo bwe budasanzwe hamwe nijwi ryabahanga. Ariko, haracyari ibintu bimwe na bimwe tutamuziho.

    Billie Eilish yamenyekanye cyane ubwo yashyiraga ahagaragara indirimbo ye “Ocean Eyes” muri Soundcloud mu 2015 kandi uyu munsi azwi ku isi yose kubera imyambarire idasanzwe, impano y’ijwi ridasanzwe, ndetse no kuba umwe mu ba star bashya bakiri bato bari munsi y’imyaka 18 i Hollywood. Yashishikarije urubyiruko rwinshi kwisi kuba wenyine kandi bakabona amahoro muri bo binyuze mumagambo ye ndetse nuburyo bwe!

    Ariko kubera ko akiri muto kandi akunzwe cyane hari ibintu byinshi isi itamuziho. Hano twashyizeho urutonde 10 rutazwi kubyerekeye umuririmbyi uzwi!

    10.Yatangiye Kwandika Umuziki Afite Imyaka 11

    Kuba umuhanga mu kwandika indirimbo ntabwo arikintu gishobora kubaho ijoro ryose, biragaragara ko  Billie Eilish yatangiye kwandika afite imyaka 11 nyuma yo kwinjira muri Korali y’abana ya Los Angeles.

    Mu kiganiro na Vogue yavuze ko kwinjira muri korari byamwigishije kuririmba atangiza ijwi rye ndetse no kuririmba bivuye ku mutima bigatuma yandika umuziki we bwite!

    9.Afite Indwara Ya Syndrome

    Kuba mubitekerezo ntibishobora kuba umurimo woroshye kumuntu ukuze, kereka umwe ufite ibibazo bye bwite badashobora kubihisha byoroshye. Mu mashusho yindirimbo za Billie, abayireba benshi batangiye kubona ko yaba afite amatiku mato ningendo zidasanzwe bigatuma amaherezo bamusebya.

    Amaze kumenya ibijyanye n’ibitekerezo yaje imbere abwira isi ko afite Syndrome ya Tourette kandi ko buri munsi yiga byinshi bijyanye no kubirwanya.

    8.Yize Mu Rugo iwabo

    Nubwo Billie yinjiye muri korari LA afite imyaka 11, biragaragara ko we na murumuna we Finneas bigishijwe murugo nababyeyi babo bombi bakura. Bize amasomo y’ibanze yose, ariko ababyeyi babo bibanze cyane kubijyanye numuziki kuruta abandi!

    Billie yasangiye na Vogue ko hamwe no kwiga mu rugo, we na murumuna we bagize igihe kinini cyo kwibanda ku muziki n’izindi nyungu zabo- byanze bikunze byagize akamaro bombi bombi mu gihe kirekire.

    7.Murumuna We Nawe Ni Umucuranzi & Akenshi Amufasha Kwandika Umuziki

    Murumuna wa Billie Finneas ntabwo ari umwe mu nshuti ze magara gusa ahubwo ni n’umusanzu ukomeye muri muzika yose itangaje tumuha! Finneas yanditse indirimbo ze hafi ya zose kandi ahora aririmbana nawe mubitaramo bye no mubitaramo.

    Yanditse kandi asohora indirimbo 14 zose ziri kuri alubumu ya Billie yise “Iyo dusinziriye, tujya he?” kandi akunda kwandika indirimbo zizagera kuri byinshi byiyumvo bya Billie kuruta ibye!

    6.Yambara Imyenda Ya Baggy Kugirango Yirinde Gukora Imibonano Mpuzabitsina

    Muri iki gihe, isoni z’umubiri no gukora imibonano mpuzabitsina nicyo kintu gisanzwe cyo gukora mugihe umuhanzi mushya  yazamutse  kuri scene kandi iki nikintu Billie yari asanzwe azi kuza mubikorwa bya muzika.

    Usibye kugira ijwi ryo kuririmba ryabasazi azwi cyane cyane kumyambarire ye idasanzwe kandi yuzuye imifuka, ariko mubyukuri biragaragara ko yambara imyenda ye yose idasanzwe kugirango yirinde gukora imibonano mpuzabitsina no kubuza abantu kumufata nkabandi bose mubitekerezo.

    5.Ni Umufana Ukomeye Wa Justin Bieber

    Umuntu wese yari “Umwizera” mugihe kimwe mubuzima bwe, sibyo? Nibyiza, Billie yari umufana ukomeye wa  Justin Bieber  kandi aracyamukurikira kuva akiri muto cyane. Yafunguye kubyerekeranye numuririmbyi we biragaragara ko we na Justin ari inshuti magara bidasanzwe ubu!

    Justin yanasangiye ikiganiro kuri radiyo na Zane Lowe ko yumva arinze cyane Billie kandi ko hari icyo yakora kugira ngo amurinde umutekano kandi amurinde- ibyo biryoshye bite?

    4.Yanga Kumwenyura

    Niba utarigeze ubona ko ari gake cyane kubona ifoto hamwe na Billie amwenyura keretse byanze bikunze, arasetsa mukiganiro, ariko ntutegereze kubona inseko imuturuka mugihe cyo gufotora cyangwa ubwoko ubwo aribwo bwose .

    Billie yavuze ko kumwenyura bituma yumva afite  intege nke kandi ko adafite imbaraga – ibyo bikaba byumvikana rwose uhereye kuri Hollywood.

    3.Ni Ibikomoka Ku Bimera

    Ntibitangaje cyane ko ku isi no ikimera nini kandi ukunda inyamaswa nka Billie Eilish byaba ari vegan . Byaragaragaye ko yabaye inyamanswa yuzuye kuva mu 2014 kandi yanze kurya ikintu cyose gifite inyama cyangwa ibikomoka ku nyama.

    Ndetse yari no mubice bya Hot Ones aho ibyamamare bigerageza amababa yinkoko hamwe na sosi zishyushye zishyushye kwisi kuri bo, ariko Billie ahubwo yariye inkoko mpimbano zishingiye kuri soya!

    2.Afite Ubugenzuzi Bwuzuye Mubuzima Bwe & Imbuga Nkoranyambaga

    Kuba intangarugero nini kwisi kwisi ukiri muto birashobora rwose guhubuka no kugenzura niba uhisemo kureka abayobozi bawe bakayobora ubuzima bwawe hamwe na konte mbuga nkoranyambaga. Ariko kuri Billie, yahisemo kumugaragaro gukoresha konte zose zimbuga nkoranyambaga kandi ntawe asubiza.

    Hamwe nabayoboke bagera kuri miliyoni 64 kuri  Instagram  kandi akura, agerageza gukora inyandiko zizagera kubamuteze amatwi kandi abamenyeshe ko ameze nkabo!

    1.Akunda “Ibiro”

    Hamwe numuntu wijimye wa Billie nuburyo yitwara, birasa nkaho igitaramo akunda cyaba ari ikintu cyijimye kandi kidasanzwe, ariko igitangaje nuko igitaramo akunda mubyukuri ari serivise ikundwa The Office .

    Ndetse yakoresheje imirongo hamwe nicyitegererezo cyo mu gihembwe cya 7 yise “Threat Level Midnight” mu ndirimbo ye “My Strange Addiction” yerekana ko yari umusinzi kandi ko ari umufana ukomeye w’uruhererekane!

    source https://www.hillywood.rw/?p=74555